Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 8:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Babibye umuyaga, bazasarura serwakira; bameze nk’ingano zitagira amahundo, ntizivemo n’ifu, n'aho kandi yabonekamo yaribwa n’abanyamahanga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Babibye umuyaga bazasarura serwakira. Nta masaka azeza, ishaka ntirizavamo ifu, kandi naho yavamo abanyamahanga ni bo bazayiyongobereza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Abisiraheli babibye umuyaga, bazasarura serwakira. Bameze nk'ingano zidafite amahundo, nta fu zigira. Nubwo bakweza imyaka, abanyamahanga bazayibanyaga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Abisiraheli babibye umuyaga, bazasarura serwakira. Bameze nk'ingano zidafite amahundo, nta fu zigira. Nubwo bakweza imyaka, abanyamahanga bazayibanyaga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 8:7
22 Iomraidhean Croise  

Ngiye kubona, mbona andi mahundo arindwi y’iminambe, yumishijwe n’umuyaga uturuka iburasirazuba, na yo akurikiraho arakura.


Pulu, umwami w’Abanyashuru, atera igihugu, ariko Menahemu amuhongera amatalenta igihumbi ya feza, kugira ngo amutize amaboko maze ubwami bwe bukomere.


Ku ngoma ya Peka, umwami wa Israheli, ni bwo Tegalati‐Falazari, umwami w’Abanyashuru, yateye imigi ya Iyoni, Abeli‐Betimaka, Yaniwa, Kedeshi, Hasori; atera na Gilihadi, Galileya n’igihugu cyose cya Nefutali. Aho hose arahigarurira, abaturage b’aho abajyana bunyago muri Ashuru.


Jye nzi ko abahinga ikibi, bakabiba agahinda, ari byo basarura;


Ubiba ubuhemu asarura ibyago, kandi azahazwa n’ingaruka z’ubugome bwe.


Ubundi kandi imibereho ye irangwa n’umwijima, agahinda, indwara n’impungenge nyinshi.


Uwo munsi uzitera, ubona zirakuze, bucyeye bw’aho, ubona zitangiye kuzana imbuto, ariko igihe cy’isarura, umusaruro urabura, ayo makuba kandi akaba atagira umuti.


Kuki mwatagaguza feza yanyu ku biribwa bitari byo, n’imari yanyu mukayitanga ku bidashobora kubahaza? Nimutege amatwi rero munyumve, kandi murye ikiri cyiza; muronkere ibyishimo byanyu mu biribwa biryohereye.


Dore Uhoraho aje mu muriro rwagati; amagare ye ni nk’inkubi y’umuyaga, kugira ngo uburakari bwe abumarire mu mujinya, n’imiburo ye isimburwe n’indimi z’umuriro.


Barabiba ingano, bagasarura amahwa; baragoka ariko nta cyo bageraho. Nimukozwe isoni rero n’ibyo musaruye, bitewe n’uburakari bugurumana bw’Uhoraho.


Umurage wacu wigaruriwe n’abanyamahanga, amazu yacu agabizwa abantu tutazi.


Aziruka inyuma y’amacuti ye, ariko ntazayashyikira, azayashakashake yoye kuyabona, maze azavuge ati «Ngiye gusubira ku mugabo wanjye wa mbere, kuko nari merewe neza kuruta ubu ngubu.»


Abanyamahanga barayinyunyuza imitsi, ariko yo nta cyo ibiziho! Ndetse n’umutwe wayo wameze imvi, nyamara yo ntibimenya!


Efurayimu yarafashwe none imizi yayo yarumagatanye, ntibazongera kwera imbuto ukundi. Ndetse nibanabyara, nzabagomwa ibyo byiza bibarutse.


Uhoraho atinda kurakara, n’ubwo afite imbaraga nyinshi; ariko amaherezo akazahana umugira nabi. Agenda mu muyaga no mu muhengeri, ibicu bikaba umukungugu utumurwa n’ibirenge bye.


Mwabibye byinshi ariko musarura bike; murarya ariko ntimwijuta; muranywa ariko inyota ikaba yose; murambara ariko ntimushire imbeho! Koko uwakoze yarahembwe, ariko inyungu ayibika mu mufuka utobotse!


Ntimuzibeshye: Imana ntireregwa. Icyo umuntu azaba yarabibye ni cyo azasarura.


Ubibira umubiri, azawusaruraho urupfu. Naho ubibira roho, azayisaruraho ubugingo bw’iteka.


Imyaka yo ku butaka bwawe n’ibindi bikuvuye mu maboko byose bizaribwa n’undi muryango utazi, nuko uzahore uri umuntu unyunyuzwa imitsi kandi ushikamiwe iteka.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan