Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 8:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Nimuvuze ihembe ! Icyago kiguye nka kagoma hejuru y’inzu y’Uhoraho, kuko bishe Isezerano ryanjye kandi bagahemuka ku mategeko yanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 “Shyira impanda mu kanwa! Azaza nk'igisiga agwire urusengero rw'Uwiteka, kuko bishe isezerano ryanjye, bakica n'amategeko yanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 “Vuza ihembe uburire abantu! Dore abanzi bateye igihugu cyanjye, bameze nk'ikizu kigiye gukacira umuhīgo. Koko Abisiraheli bishe Isezerano ryanjye, banze gukurikiza Amategeko yanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 “Vuza ihembe uburire abantu! Dore abanzi bateye igihugu cyanjye, bameze nk'ikizu kigiye gukacira umuhīgo. Koko Abisiraheli bishe Isezerano ryanjye, banze gukurikiza Amategeko yanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 8:1
34 Iomraidhean Croise  

Umufasha w’ingando arabasubiza ati «Ubwo se murabona ko aya magambo, databuja yantumye kuba ari mwe nyabwira na shobuja wanyu gusa? Ntiyantumye ahubwo kuri aba bantu bicaye ku rukuta, bagiye kurya amabyi yabo bakarenzaho inkari zabo kimwe namwe?»


Yemwe, bantu batuye isi mwese, ubwo ikimenyetso kizigaragaza ku musozi, muzacyitegereze ! Naho ihembe nirivuga, muzatege amatwi.


Isi yahindanyijwe n’abayituye, kuko baciye ku mategeko, baciye ku mabwiriza, bica isezerano ry’iteka bagiranye n’Uhoraho.


Shyira ejuru, uhamagare ubutizigama, urangurure ijwi nk’iry’akarumbeti, umenyeshe umuryango wanjye ibicumuro byawo, n’inzu ya Yakobo, amakosa yayo.


Rizaba ritandukanye n’iryo nagiranye n’abasekuruza babo, igihe nabafataga ukuboko nkabakura mu gihugu cya Misiri. Bo bishe Isezerano ryanjye — uwo ni Uhoraho ubivuze — ariko jye nakomeje kubabera umutegetsi.


Naho abo bantu barenze ku ndahiro bangiriye, nzabatererana, kuko batakurikije amagambo y’isezerano twagiranye, igihe basaturaga cya kimasa mo kabiri bakanyura hagati yacyo.


Dore umwanzi atwahutsemo nk’ibicu biyagara, amagari ye y’intambara ni nk’ishuheri y’umuyaga, naho amafarasi ye araguruka kurusha kagoma. Turagatoye! Turashize! (Uhoraho:)


Nimubitangaze muri Yuda, mubyamamaze muri Yeruzalemu, nimuvuze ihembe hose mu gihugu, murangurure amajwi muti «Nimukoranire hamwe mwese, twinjire mu bigo bikomeye.


Uhoraho avuze atya: Ni nka kagoma ije iguruka, ikaramburira amababa yayo kuri Mowabu.


Bizamera nka kagoma igurutse, ikorosa amababa yayo kuri Bosora, maze kuri uwo munsi, umutima w’intwari zo muri Edomu uzadihe nk’uw’umugore uramutswe.


Nimuzamure ibendera ku isi, muvuze ihembe mu mahanga! Nimukoranye amahanga ayirwanye, muyiteze ibihugu bya Ararati, Mini n’Ashikenazi. Mushyireho n’abatware b’ingabo, muzane amafarasi menshi acukiranye nk’inzige.


Nimuve i Yeruzalemu, mwebwe bene Benyamini, mujye gushakira ubuhungiro ahandi. Nimuvugirize ihembe i Tekowa, kuri Betikeremu muhashinge ibendera: mu misozi yo mu majyaruguru, hari icyago kibubikiye, ishyano ry’icyorezo!


Ni cyo gituma rero, mwana w’umuntu, ugomba guhanura ibiberekeyeho.»


Nuko rero, Nyagasani Uhoraho aravuze ati ’Nzakugenzereza nk’uko wangenje, wowe warenze ku ndahiro ukageza n’aho wica amasezerano.


Ubabwire uti ’Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze: Kagoma nini cyane, ifite amababa manini kandi maremare, ikagira n’ubwoya bwinshi bw’amabara anyuranye yaje muri Libani, itwara ishami ryo mu bushorishori bw’isederi.


Ngaha bavugije akarumbeti, n’ibyangombwa byose byateguwe, ariko nta muntu n’umwe wo kujya ku rugamba, kuko umujinya wanjye waziye ubukungu bw’igihugu cyose.


Umuryango wanjye urarimbutse kuko utamenye! None rero kubera ko wanze kumenya, ndaguhigitse ntuzongera kumbera umuherezabitambo; kuko wirengagije amategeko y’Imana yawe, nanjye nzirengagiza abana bawe.


Nimuvugirize ihembe i Gibeya, i Rama havugire akarumbeti, muvugirize induru i Betaveni, muti «Benyamini we, ngaho baguturutse inyuma!»


Ariko bo bishe isezerano bakiri i Adama, ari na ho bampemukiriye.


Ububi bwabo bwose bwigaragarije i Giligali, ari na ho nahereye nkabanga urunuka. Nzabirukana mu nzu yanjye, mbahoye ububi bw’ibikorwa byabo, sinzongera kubakunda ukundi, bo n’abatware babo b’abahemu.


Nimuvugirize ihembe i Siyoni, muvugirize induru ku musozi mutagatifu! Abatuye igihugu bose nibakangarane, kuko Uhoraho aje, nguyu umunsi we uregereje!


Nimuvugirize ihembe i Siyoni, mutangaze hose igisibo gitagatifu, kandi mutumize bose mu iteraniro.


Ihembe se ryo, ryavugira mu mugi, abantu ntibaryamire amajanja? Hari ubwo se ibyago byatera mu mugi, atari Uhoraho ubiteye?


Uwo munsi mu ngoro bazaririmba indirimbo z’amaganya, uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze, intumbi zizaba nyinshi, aho bazazijugunya, bose bazumirwa.»


Nuko mbona Nyagasani ahagaze ku rutambiro, avuga ati «Kubita inkingi yo ku muryango, inkomanizo zizanyeganyega; byose bisenyukire ku bari imbere bose, naho abasigaye nzabicisha inkota; nta n’umwe uzashobora guhunga, nta n’umwe uzacika ku icumu.


Amafarasi yabo yihuta kurusha ingwe, akarusha ibirura bya nijoro kunyaruka. Abanyamafarasi babo bariho barasimbuka, ngabo baturutse kure baguruka nka kagoma yihutira gufata icyo irya.


umunsi w’urusaku rw’ihembe n’induru y’intambara, kuko ari bwo bazatera imigi ikomeye n’iminara miremire yo ku nkike zayo.


Libani we, kingura amarembo yawe, maze umuriro utwike amasederi yawe.


Uhoraho azabagwa gitumo, umwambi we ubatungure nk’umurabyo. Uhoraho Imana azavuza akarumbeti, aze agendera mu nkubi y’umuyaga wo mu majyepfo.


Aho intumbi izaba iri hose, ni ho inkongoro zizakoranira.


mu kanya gato, nk’uhumbije ijisho, akarumbeti k’imperuka kavuze. Koko akarumbeti kazavuga maze abapfuye bazukire kudashanguka, nuko natwe duhindurwe ukundi.


Uhoraho azaguteza ihanga riturutse kure cyane, ku mpera z’isi, rize riguruka nk’ikizu: rizaza ari ihanga rivuga ntiwumve,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan