Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 7:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Ntibajya batekereza na rimwe ko nibuka ubugome bwabo! None ibikorwa byabo birabagose, kandi biri imbere yanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Kandi mu mitima yabo ntibatekereza ko nibuka gukiranirwa kwabo kose. Noneho imigirire yabo mibi irabagose kandi iri no mu maso yanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Ntibajya bibwira ko nzirikana ibicumuro byabo byose, nyamara ibibi bakora birabazengurutse, nta na kimwe ntabona.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Ntibajya bibwira ko nzirikana ibicumuro byabo byose, nyamara ibibi bakora birabazengurutse, nta na kimwe ntabona.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 7:2
33 Iomraidhean Croise  

Koko rero, amaso ye ayahoza ku bantu, akabona aho banyuze hose;


yibwira ati «Imana ntibyitaho, yahishe uruhanga rwayo, nta cyo yigera ibona.»


Ntiwite ku byaha n’amafuti nakoze nkiri muto, ahubwo unyiteho ukurikije impuhwe zawe, ugirire ubuntu bwawe, Uhoraho.


Murumvireho namwe, abiha kwirengagiza Imana, ejo ntazabashwanyaguza, ntimubone ubatabara.


Amahanga yaguye mu rwobo yari yacukuye, amaguru yabo afatirwa mu mutego bari bateze.


Ibyaha byacu ubishyira ahagaragara, urumuri rwawe rutahura amabanga yacu.


Ikimasa kimenya nyiracyo, n’indogobe ikamenya aho irira kwa shebuja, ariko Israheli yo nta cyo izi, umuryango wanjye nta cyo witaho.


Mu mubabaro wacu twarakwirukiye, igihe uduhannye turagutakambira.


Nta n’umwe ugarura umutima, ngo yumve, anasesengure ku buryo yagira ati «Igice kimwe nakimariye mu muriro, nteka umugati ku makara, notsa inyama maze ndazirya; none igisigaye singiye kugikoramo ishyano, ngo nuname imbere y’ingeri y’igiti !»


Ubusinzi bwabo buherekezwa n’inanga, iningiri, ingoma n’umwirongi, nyamara ntibite ku byo Uhoraho akora, ngo bitegereze igikorwa cy’ibiganza bye.


Uhoraho abwiye atya uwo muryango: Koko bakunda kubungera, ntibitondere ingendo zabo. Kubera ko badashimisha Uhoraho, ubu arabibutsa ububi bwabo, akabahanira amakosa yabo.


Amaso yanjye aritegereza imyifatire yabo yose, nta kincika. Ubugome bwabo ntibushobora kwihisha amaso yanjye.


Icyaha cya Yuda cyandikishijwe ikaramu y’icyuma ifite umusyi wa diyama; cyanditswe mu mitima yabo no ku mahembe y’intambiro zabo,


Uragahanirwa ubugome bwawe, maze ubugambanyi bwawe uburyozwe! Iyumvishe ukuntu ari bibi kandi bibabaje kuba warihakanye Uhoraho Imana yawe, maze wangera imbere ntuhinde umushyitsi! Uwo ni Nyagasani, Uhoraho Umugaba w’ingabo, ubivuze.


Imigambi yawe irahebuje kandi urangwa n’ibikorwa bikomeye. Witegereza imyifatire ya buri muntu, maze buri wese ukamuhemba ibihwanye n’imyifatire ye, mbese ibikwiranye n’ibikorwa bye!


Imyifatire yawe n’ibikorwa byawe, ni byo byagukururiye ibyo byose. Ngicyo igihano cyawe, wumve n’uko gikarishye, ndetse n’ukuntu kigushegesha umutima! (Yeremiya:)


«Imibavu mwatwikiye mu migi ya Yuda no mu mayira ya Yeruzalemu, ari mwebwe, abasokuruza banyu, abami banyu, abatware banyu n’imbaga yose, aho none si yo Uhoraho abibutsa akayibahanira?


Ni cyo gitumye Nyagasani Uhoraho avuga ati ’Kubera ko mukomeza kunyibutsa ibyaha byanyu mumpemukira ku mugaragaro, mukagaragaza amafuti yanyu mu byo mukora byose, muzajyanwa bunyago kuko mutabinyibagije.’


Efurayimu itungwa n’umuyaga, buri munsi ikiruka inyuma y’umuyaga w’iburasirazuba, bityo ikagwiza ibinyoma n’urugomo: igirana amasezerano na Ashuru, ikagemura amavuta mu Misiri.


Uko bizagendekera umuherezabitambo, bizagenda bityo no kuri rubanda; nzabaryoza imyifatire yabo, mbahanire n’ibikorwa byabo.


Nyuma y’iminsi ibiri azaba yaduhembuye, ku munsi wa gatatu aduhagurutse, maze twibanire.


Bakunda kuntura ibitambo, no kurya inyama zabyo, nyamara jye Uhoraho, ntibinshimisha. Kuva ubu nzakomeza kwibuka amakosa yabo, mbaryoze ibyaha byabo, basubire mu Misiri.


Ububi bwabo bwose bwigaragarije i Giligali, ari na ho nahereye nkabanga urunuka. Nzabirukana mu nzu yanjye, mbahoye ububi bw’ibikorwa byabo, sinzongera kubakunda ukundi, bo n’abatware babo b’abahemu.


Barihumanyije bikabije, nko mu gihe cy’i Gibeya, ariko Imana izibuka ibicumuro byabo, ibaryoze ibyaha bakoze.


Uhoraho abirahije ikuzo rya Yakobo, ati «Sinzibagirwa na kimwe mu bikorwa byabo.»


«Haguruka ujye i Ninivi, umugi mugari, maze uyimenyeshe ko ubukozi bw’ibibi bwabo bwangezeho!»


Ariko nimutagenza mutyo, muzaba mucumuriye Uhoraho; kandi mumenye ko icyaha cyanyu cyabakurikirana.


Arongera ati «Nta kintu gihishe kitazagaragara, nta n’igihishiriwe kitazamenyekana.


Namwe rero ntimugace imanza igihe kitaragera, mutegereze ko Nyagasani azaza, agashyira ahabona ibihishwe mu mwijima, akanatangaza ibyo umutima ubundikiye. Ubwo ni bwo Imana izaha buri wese ishimwe rimukwiye.


Iyo baba abanyabwenge bari gusobanukirwa na byo, bakamenya ibibafitiye akamaro mu gihe kiri imbere:


Nta kiremwa na kimwe kiribera intaboneka, ahubwo byose biratamuruye kandi biritaragaje mu maso y’Uwo tuzagomba kumurikira ibyacu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan