Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 7:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Igihe nshatse gukiza Israheli, amafuti ya Efurayimu n’ubugome bwa Samariya ni bwo byigaragaje; ni koko ibyo bakora ni ibinyoma: umujura arinjira mu nzu, agatsiko k’abambuzi kagaca ibintu ku gasozi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 “Igihe nashakaga gukiza Isirayeli, gukiranirwa kwa Efurayimu kwahereyeko kurahishurwa, n'ubugome bw'i Samariya na bwo, kuko bakora iby'ibinyoma, umujura yinjira mu cyuho, kandi igitero cy'abambuzi kikamburira ku gasozi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 “iyo nshatse gukiza Abefurayimu ari bo Bisiraheli, ibicumuro byabo birigaragaza, ibibi bakorera i Samariya na byo birigaragaza. Dore nawe buri muntu ariganya mugenzi we, ibisambo bimena amazu bikiba, abambuzi na bo bakambura abantu ku mugaragaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 “iyo nshatse gukiza Abefurayimu ari bo Bisiraheli, ibicumuro byabo birigaragaza, ibibi bakorera i Samariya na byo birigaragaza. Dore nawe buri muntu ariganya mugenzi we, ibisambo bimena amazu bikiba, abambuzi na bo bakambura abantu ku mugaragaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 7:1
30 Iomraidhean Croise  

Uragowe! Wowe kamba ry’ubwibone bw’abasinzi b’i Efurayimu. Uzabona ishyano, wowe wubatswe hejuru y’ikibaya kirumbuka, kuko umeze nk’indabyo zumiranye, zitatse ku mutwe w’abazahajwe na divayi.


Koko ibicumuro byacu ni byinshi imbere yawe, ibyaha byacu biradushinja. Ni koko, ubugome bwacu turabuhorana, ubugiranabi bwacu turabuzi neza:


kwivumbagatanya, kuryarya Uhoraho, kwihakana Imana yacu, guhimba inama z’ubujura n’ubwambuzi, gutekereza no kuvuga ibinyoma, tubikuye ku mutima.


Bityo, agakiza tukagasubiza inyuma, ubuntu bukihagararira kure, kuko ukuri kwaguye ku karubanda, ubutabera ntibuhabone umwanya,


Twagerageje gukiza Yeruzalemu, ariko ntishobora gukizwa. Nimuyivemo, buri wese atahe mu gihugu cye, kuko ibyago byayo byasumbye ijuru, bikaba byakoze ku bicu.


Mukuru wawe w’uburiza ni Samariya, utuye ibumoso bwawe n’abakobwa be; murumuna wawe w’umuhererezi akaba Sodoma, utuye iburyo bwawe n’abakobwa be.


Dore amazina y’abo bakobwa: uw’uburiza yitwaga Ohola, naho murumuna we akitwa Oholiba; nuko bombi baba abanjye bambyarira abahungu n’abakobwa. Dore rero icyo amazina yabo asobanura: Ohola ni we Samariya, Oholiba akaba Yeruzalemu.


Ubwandure bwawe ubuterwa n’ibibi ukora, kuko nashatse kuguhumanura ariko ukaba warabyanze. Ntuteze rero guhumanurwa kugeza ko nkumariraho uburakari bwanjye.


Abaturage b’i Samariya barahinda umushyitsi kubera ikimasa cy’i Betaveni; koko rero, imbaga yose ikibereye mu cyunamo, kimwe n’abaherezabitambo bacyo. Ngaho nibakomeze barate ikuzo ryacyo, kandi ryamaze kuyoyoka!


Efurayimu, nabasha nte kugutererana, Israheli, nayigabiza nte? Nakugira se nka Adama, cyangwa nkakugenza uko nagenje Seboyimu? Mu mutima wanjye nisubiyeho, impuhwe zanjye zirangurumanamo.


Efurayimu irantangatanga n’ibinyoma, inzu ya Israheli ikabigirisha uburiganya. (Ariko inzu ya Yuda yo iracyari kumwe n’Imana, ntihemukira Nyir’ubutagatifu.)


Efurayimu itungwa n’umuyaga, buri munsi ikiruka inyuma y’umuyaga w’iburasirazuba, bityo ikagwiza ibinyoma n’urugomo: igirana amasezerano na Ashuru, ikagemura amavuta mu Misiri.


Efurayimu yo yisunze ibigirwamana, nimuyireke!


ahubwo bararahira ibinyoma bakabeshya, baricana bakiba, barasambana kandi bakagira urugomo; amaraso amenwe agasimburwa n’andi!


Baherezabitambo, nimwumve ibi ngibi, nimubitege amatwi namwe, ab’inzu ya Israheli, namwe abo ku rurembo rw’ibwami, mubyumve! Ni mwebwe mwashinzwe guca imanza, nyamara i Misipa mwabereye inkomyi umuryango wanjye, munawubere umutego ku musozi wa Taboru.


— Yewe Efurayimu, nkugenze nte koko? Nawe Yuda, rwose nkugire nte? Urukundo rwanyu ni nk’igihu cya mu gitondo, cyangwa ikime cyumuka ako kanya.


Nibagushe ishyano kuko bampunze, barimbuke kuko banyigometseho! Nanjye se naba uwo kubacungura, kandi bambwira ibinyoma?


Samariya rero, ikimasa cyawe ndagihigitse ! (Koko, uburakari bwanjye bwabagurumaniye : mbese bazanga gusukurwa kugeza ryari ?)


bitewe n’uko bazamutse bakajya muri Ashuru, ya ndogobe y’ishyamba yibera yonyine, Efurayimu ikagurira amacuti!


Ntibazi gukora ibitunganye, bashimishwa n’urugomo no gusahura.» Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Nimubyamamaze mu ngoro zo muri Ashuru, no mu ngoro zo mu gihugu cya Misiri, muvuge muti «Nimuteranire ku misozi ya Samariya, mwitegereze imvururu zihari n’ubutsikamirwe buhiganje.


abarahiza icyaha cya Samariya bavuga bati «Harakabaho Imana yawe, Dani! Harakabaho Ububasha buri i Berisheba!» bazagwa kandi ntibazongera kubyuka.


Wizirika ku mategeko ya Omari, no ku migenzereze yose y’inzu ya Akabu; ugakurikiza amabwiriza yabo, ari na yo mpamvu nzaguhindura amatongo! Abaturage bawe nzabagira iciro ry’imigani, ukazagerekwaho n’ikimwaro cy’umuryango wanjye!»


Yeruzalemu, Yeruzalemu, wowe wica abahanuzi ugatera amabuye abagutumweho, ni kangahe nashatse kwegeranya abana bawe, nk’uko inkoko ibundikira abana bayo mu mababa, ariko wowe ukanga!


Yeruzalemu, Yeruzalemu, wowe wica abahanuzi ugatera amabuye abagutumweho, ni kangahe nashatse kwegeranya abana bawe, nk’uko inkoko ibundikira abana bayo mu mababa, ariko wowe ukanga!


avuga ati «Ubonye uyu munsi iyo ugera waramenye icyaguhesha amahoro! Noneho rero byarakwihishe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan