Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 6:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Nyuma y’iminsi ibiri azaba yaduhembuye, ku munsi wa gatatu aduhagurutse, maze twibanire.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Azaduhembura tumaze kabiri, ku munsi wa gatatu azaduhagurutsa, kandi tuzabaho turi imbere ye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Mu minsi ibiri cyangwa itatu azaduhembura, azaduhagurutsa twibanire na we.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Mu minsi ibiri cyangwa itatu azaduhembura, azaduhagurutsa twibanire na we.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 6:2
14 Iomraidhean Croise  

Abrahamu ni ko kubwira Imana, ati «Icyampa gusa ngo Ismaheli umukomereze ubugingo!»


«Subirayo ubwire Hezekiya, umutware w’umuryango wanjye, uti ’Jyewe, Uhoraho, Imana ya sokuruza Dawudi, numvise amasengesho yawe, mbona n’amarira yawe, none ngiye kugukiza: ndetse mu minsi itatu uzashobora kuzamuka ujye mu Ngoro y’Uhoraho.


Uhe umwami kumara iminsi n’iminsi, imyaka ye ihinduke ibisekuruza n’ibisekuruza.


Ku mpamvu yawe nemeye amakuba n’ibyago; nyamara uzangarukira umbesheho, maze unzikure mu nyenga y’ikuzimu.


hari igihe cyo kwica, n’igihe cyo gukiza; hari igihe cyo gusenya, n’igihe cyo kubaka;


Abawe bapfuye bazongera kubaho, imirambo yabo izazuka. Mwebwe abari mu mukungugu, nimukanguke, nimusabwe n’ibyishimo! Kuko ikime cy’Uhoraho ari urumuri rutonyanga ku isi, bityo abari barapfuye bazagaruke imusozi.


Igihe Uhoraho azaba yapfutse ibisebe by’umuryango we, akomora ibikomere byawo, urumuri rw’ukwezi ruzaka nk’urw’izuba, naho urw’izuba rwikube karindwi, nk’aho rwabaye urumuri rw’iminsi irindwi.


Nanjye se, murabona ndi uwabakura ikuzimu, nkabavana mu nzara z’Urupfu? Ni ko se Rupfu, ibyago watezaga biri hehe? Kuzimu se wowe, icyorezo cyawe kiri ahagana he? Nta kundi rero, amaso yanjye ntakigize impuhwe.


Ntibajya batekereza na rimwe ko nibuka ubugome bwabo! None ibikorwa byabo birabagose, kandi biri imbere yanjye.


Hasigaye igihe gito isi ntizongere kumbona. Ariko mwe muzambona, kuko ndiho kandi namwe mukazabaho.


Niba turiho, tubereyeho Nyagasani; niba kandi dupfuye, dupfira Nyagasani. Twabaho, twapfa, turi aba Nyagasani.


Ko yahambwe, ko yazutse ku munsi wa gatatu, nk’uko byari byaranditswe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan