Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 4:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Uko bizagendekera umuherezabitambo, bizagenda bityo no kuri rubanda; nzabaryoza imyifatire yabo, mbahanire n’ibikorwa byabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Uko bimeze kuri rubanda, ni ko bizaba no ku batambyi, nzabahanira imigenzereze yabo, mbīture n'imirimo bakoze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Kuba abatambyi ntibizababuza guhanwa kimwe na rubanda. Nzabahana mbaziza imigenzereze yabo, nzabitura ibibi bakoze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Kuba abatambyi ntibizababuza guhanwa kimwe na rubanda. Nzabahana mbaziza imigenzereze yabo, nzabitura ibibi bakoze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 4:9
23 Iomraidhean Croise  

Niba intungane ihabwa ibiyikwiye ikiri ku isi, hazacura iki ku bagome n’abanyabyaha?


Ibyiza bihaza umuntu, abikomora ku munwa we, kandi buri wese abona igihembo cy’ibyo yakoze.


Umugome azafatirwa mu mutego w’ubwicanyi bwe, ajishwe n’ingoyi y’icyaha cye.


abaherezabitambo kimwe n’imbaga, umutware kimwe n’umugaragu, umugore kimwe n’umuja, umucuruzi kimwe n’umuguzi, uguzwa kimwe n’ugurizwa, ugomba kwishyura n’uwishyurwa.


Nimuvuge muti «Intungane irahirwa, kuko izanezezwa n’imbuto z’ibikorwa byayo;


abahanuzi barahanura ibinyoma, abaherezabitambo barishakira inyungu zabo; kandi umuryango wanjye ukabyishimira! Ariko se ubwo amaherezo azaba ayahe?


Abalevi banyitaruye igihe Israheli yari yarayobye igakurikira ibigirwamana byayo, bazagarukwa n’ibyaha byabo.


Kubera ko bakoreye imbaga imbere y’ibigirwamana, ibyo bigatuma babera umuryango wa Israheli impamvu yo gucumura — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze — ni cyo gitumye mbaramburiraho ukuboko kwanjye, maze bazagarukwe n’ibyaha byabo.


Uhoraho abwira Hozeya, ati «Mwite Yizireyeli, kuko hasigaye igihe gito, inzu ya Yehu nkayiryoza amaraso yameneye i Yizireyeli, kandi ngatsemba ubwami bw’inzu ya Israheli.


Ndaje nzanywe no kubahana! Abanyamahanga bazakoranira kubarwanya, igihe bazahanirwa bya bicumuro byombi byahakorewe.


Efurayimu itungwa n’umuyaga, buri munsi ikiruka inyuma y’umuyaga w’iburasirazuba, bityo ikagwiza ibinyoma n’urugomo: igirana amasezerano na Ashuru, ikagemura amavuta mu Misiri.


Uhoraho afitanye urubanza na Israheli, agiye guhanira Yakobo imyifatire ye, kandi amwiture ibihwanye n’ibikorwa bye.


Ntibajya batekereza na rimwe ko nibuka ubugome bwabo! None ibikorwa byabo birabagose, kandi biri imbere yanjye.


Bakunda kuntura ibitambo, no kurya inyama zabyo, nyamara jye Uhoraho, ntibinshimisha. Kuva ubu nzakomeza kwibuka amakosa yabo, mbaryoze ibyaha byabo, basubire mu Misiri.


Ububi bwabo bwose bwigaragarije i Giligali, ari na ho nahereye nkabanga urunuka. Nzabirukana mu nzu yanjye, mbahoye ububi bw’ibikorwa byabo, sinzongera kubakunda ukundi, bo n’abatware babo b’abahemu.


Barihumanyije bikabije, nko mu gihe cy’i Gibeya, ariko Imana izibuka ibicumuro byabo, ibaryoze ibyaha bakoze.


Nyamara se, amategeko n’amabwiriza yanjye nashinze abagaragu banjye b’abahanuzi, ntiyageze ku basekuruza banyu? Nuko rero, bisubiyeho maze baravuga bati ’Uhoraho, Umugaba w’ingabo, yaduhannye akurikije imyifatire yacu mibi n’ibikorwa byacu bibi, nk’uko yari yarabigambiriye.’»


Nimubihorere: ni impumyi zirandata izindi impumyi! Kandi iyo impumyi irandase indi mpumyi, zombi zigwa mu mwobo.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan