Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 4:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Batungwa n’amaturo y’umuryango wanjye wampemukiye, bityo bakifuza ko wakomeza ugacumura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Batungwa n'ibyaha by'ubwoko bwanjye, kandi bararikira gukiranirwa kwabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Batungwa n'ibitambo byo guhongerera ibyaha, bityo bakishimira ko ubwoko bwanjye bucumura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Batungwa n'ibitambo byo guhongerera ibyaha, bityo bakishimira ko ubwoko bwanjye bucumura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 4:8
18 Iomraidhean Croise  

Abo bakoreshaga imirimo, ntibagenzurwaga ku buryo bahembaga abakozi, kuko bakoranaga umurava.


Ni ufite ibiganza bidacumura, n’umutima usukuye, ntararikire na busa ibintu by’amahomvu, kandi ntarahire ibinyoma.


Iri mu zo bitirira Dawudi. Uhoraho, ni wowe umutima wanjye urangamiye.


ariko kandi ni n’imbwa z’ibisambo: ntibazi kuvuga ngo «Turahaze», ngabo abitwa abashumba! Nta cyo biyumvira na mba, buri wese atomera ukwe; buri wese yishakira inyungu ye gusa.


«Mwana w’umuntu, abo bantu bahindanyije umutima wabo bayoboka ibigirwamana; mbese rwose ibibatera gucumura ni byo bashyize imbere. Birakwiye se ko bagira icyo bambaza?


Umuntu wese wo mu muryango wa Israheli, cyangwa se umunyamahanga ubarimo, naramuka anyimuye kugira ngo abone uko ahindanya umutima we, ashyire imbere ibimutera gucumura, hanyuma agahindukira agasanga umuhanuzi yitwaje kugira icyo amubaza, uwo ni jye ubwanjye Uhoraho uzamwisubiriza.


Mwahinze ubugome, musarura ubuhemu, kandi murya ku mbuto y’ikinyoma! Wiringiye amagare yawe y’intambara, n’ubwinshi bw’ingabo zawe;


Abakanahani bafite iminzani y’ubuhendanyi mu ntoki, kuko bashimishwa n’ubwambuzi.


Samariya igomba guhanwa kuko yigometse ku Mana yayo. Bazarimburwa n’inkota, abana babo b’ibitambambuga bazicwe, abagore babo batwite babakuremo inda.


Umuntu wo mu baherezabitambo wese ashobora kurya kuri icyo gitambo: ni ikintu gitagatifu rwose.


Abatware bayo baraca imanza ari uko babonye ruswa, abaherezabitambo bayo barigishiriza kuronka inyungu, abahanuzi bayo barahanura ari uko bahawe feza. Kandi bagatinyuka kwishingikiriza Uhoraho, bavuga bati «Uhoraho ari muri twe, icyago ntikizatugwirira!»


Nibura nihaboneke umwe muri mwe akinge inzugi z’Ingoro, kugira ngo mutava aho mwongera gucana umuriro w’impfabusa ku rutambiro rwanjye! Sinkibishimira na gato, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga, n’amaturo yanyu ndayanze!


Bene abo ntibakorera Kristu Umwami wacu, ahubwo inda yabo, maze amagambo yabo y’uburyarya n’ubucakura akayobya imitima itagira iribi.


Abo ngabo ni ngombwa kubaziba akanwa, kuko bahubanganya ingo nyinshi, igihe baba bigisha ibidakwiye kugira ngo bibonere inyungu mbi.


Ubugugu bwabo buzabatera kubashakaho inyungu, babarye imitsi, babashukisha akarimi keza. Nyamara kuva kera urubanza rwabo rwaraciwe, n’ubucibwe bwabo ntiburi kure.


Ku mpamvu ki munyukanyuka igitambo cyanjye n’ituro ryanjye nategetse mu Ngoro yanjye? Kuki se wubaha abahungu bawe kunduta, maze mukikubira irishamaje mu maturo yose ya Israheli umuryango wanjye?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan