Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 4:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 ahubwo bararahira ibinyoma bakabeshya, baricana bakiba, barasambana kandi bakagira urugomo; amaraso amenwe agasimburwa n’andi!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Nta kindi gihari keretse kurahira bakica isezerano, no kwica no kwiba no gusambana, bagira urugomo kandi amaraso agasimbura andi maraso.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Bakunda kuvumana no kubeshya no kwicana, bakunda kwiba no gusambana no kugira urugomo, abantu bicana umusubizo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Bakunda kuvumana no kubeshya no kwicana, bakunda kwiba no gusambana no kugira urugomo, abantu bicana umusubizo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 4:2
42 Iomraidhean Croise  

Kayini abwira murumuna we Abeli, ati «Tujyane mu mirima.» Nuko igihe bari mu mirima, Kayini asimbukira murumuna we Abeli maze aramwica.


Isi yahindanyijwe n’abayituye, kuko baciye ku mategeko, baciye ku mabwiriza, bica isezerano ry’iteka bagiranye n’Uhoraho.


Nzu ya Yakobo, nimutege amatwi ibi ngibi, mwebwe abitwa izina rya Israheli, mukaba mukomoka ku rubyaro rwa Yuda, mwebwe abarahirisha izina ry’Uhoraho, mukanitabaza Imana ya Israheli, ariko mu bitari ukuri no mu bidatunganye.


kuko igihugu cyabo cyasagutswe n’ibicumuro bagiriye Nyir’ubutagatifu wa Israheli. Nyamara ariko, ari Israheli, ari na Yuda, ntibaciwe ku Mana yabo, Uhoraho Umugaba w’ingabo.


Nk’uko iriba ribika amazi yaryo, ni ko na wo ubundikira ubugome bwawo. Muri wo nta kindi kiharangwa, kitari amahane n’ubwambuzi. Imibabaro n’ibikomere byawo, nabibona iteka bikanshavuza.


Ibyo byatewe n’ibyaha by’abahanuzi bayo, kimwe n’amafuti y’abaherezabitambo bayo; bameneye amaraso y’intungane rwagati muri yo.


Ngaho rero cura umunyururu kuko igihugu cyuzuyemo ubwicanyi bumena amaraso, n’umugi ukaba wuzuyemo urugomo.


Mwahinze ubugome, musarura ubuhemu, kandi murya ku mbuto y’ikinyoma! Wiringiye amagare yawe y’intambara, n’ubwinshi bw’ingabo zawe;


Barasukiranya amagambo, bararahira ibinyoma, bakagirana amasezerano, ariko ubutungane bwo bakabwitaza, nk’aho ari icyatsi kirimo uburozi cyameze mu murima.


Ariko Uhoraho, yifashishije umuhanuzi, yavanye Israheli mu Misiri, kandi Israheli iragirwa n’umuhanuzi.


Bongereye urwobo rw’i Shitimu, barugira rurerure, none nanjye ngiye kubahana bose.


Gilihadi yahindutse umugi w’abagiranabi, wahindanyijwe n’amaraso.


Uko abambuzi biremamo ibico, ni na ko agatsiko k’abaherezabitambo kicira abantu ku nzira y’i Sikemu! Ngayo amarorerwa bariho bakora!


Igihe nshatse gukiza Israheli, amafuti ya Efurayimu n’ubugome bwa Samariya ni bwo byigaragaje; ni koko ibyo bakora ni ibinyoma: umujura arinjira mu nzu, agatsiko k’abambuzi kagaca ibintu ku gasozi.


Banezeza umwami n’ubwo bugome bwabo, uburyarya bwabo bugashimisha abatware.


Bose uko bangana ni abasambanyi; bameze nk’itanura rikomeza kugurumana, ndetse n’iyo umutetsi w’imigati atongeyemo inkwi, kuva igihe avanze umutsima kugeza ubwo ututumba.


mwebwe mwanga icyiza, mugakunda ikibi! Ngaha muruna abantu ho uruhu, mugashishimura inyama ku magufa yabo!


Nimutege amatwi ibi ngibi, batware b’inzu ya Yakobo, namwe, bacamanza b’inzu ya Israheli; mwebwe muterwa ishozi n’ubutabera, mugatoteza icyitwa ubutungane cyose;


Nashobora nte se kwihanganira igipimisho kibeshya, n’ikigeresho gitubye kandi cyamaganywe?


Nta ndahemuka ikirangwa mu gihugu, nta ntungane ikiboneka mu bantu! Bose bararikiye kumena amaraso, buri muntu arashandikira umuvandimwe we umutego.


Uwo mugi w’ikirara uriyimbire, wo wahindanye kandi ugategekesha igitugu!


Nuko arambwira ati «Uwo ni umuvumo usatira igihugu cyose. Bityo, nk’uko byanditswe kuri rumwe mu mpande z’uwo muzinge, uwitwa umujura wese azatsembwa mu gihugu, kimwe n’urahira ibinyoma wese nk’uko byanditse ku rundi ruhande.


«Icyo gihe Uhoraho, Umugaba w’ingabo, yavugaga atya: Nimuce imanza zitabera kandi buri muntu agirire impuhwe n’imbabazi umuvandimwe we.


Bityo muzaryozwa amaraso yose atagira inenge yamenetse ku isi, kuva ku maraso ya Abeli intungane, kugera ku maraso ya Zakariya, mwene Barakiya, mwatsinze hagati y’Ingoro n’urutambiro rwayo.


Ni nde mu bahanuzi, abasekuruza banyu batatoteje? Ndetse bishe n’abahanuye mbere ukuza kwa ya Ntungane, imwe ubu ngubu mwagambaniye maze mukamwica.


Ntuzavuge izina ry’Uhoraho Imana yawe mu bintu by’amanjwe, kuko Uhoraho atazareka guhana uzaba yavuze izina rye mu bintu by’amanjwe.


Ntuzatware umuntu ngo umugire uwawe ku ngufu.


Uko bishe Nyagasani Yezu n’abahanuzi, ni ko badutoteje natwe. Nta bwo bashimisha Imana, kandi babangamiye abantu bose.


Hanyuma mbona uwo mugore yasinze amaraso y’abatagatifujwe n’ay’abahamya ba Yezu. Mukubise amaso, ndatangara cyane!


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan