Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 4:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 umuryango wanjye ukagisha inama igiti cyawo, ishami ryacyo rikaba ari ryo riwugira inama. Kuko irari ry’uburaya ryawuyobeje, mu buhabara bwabo bakitandukanya n’Imana yabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Ubwoko bwanjye bugisha inama ikigirwamana cyabwo kibajwe mu giti, kandi inshyimbo yabwo ni yo ibuhanurira, kuko umutima w'ubumaraya wabuyobeje, bukagenda busambana, bukareka Imana yabwo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Abantu b'ubwoko bwanjye bahanuza ibigirwamana bibajwe mu biti, baraguza inkoni ngo zibahishurire ibyo bashaka kumenya! Erega kuyoboka ibigirwamana ni bwo buraya! Ni byo bituma bayoba! Bityo babaye indaya barandeka jyewe Imana yabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Abantu b'ubwoko bwanjye bahanuza ibigirwamana bibajwe mu biti, baraguza inkoni ngo zibahishurire ibyo bashaka kumenya! Erega kuyoboka ibigirwamana ni bwo buraya! Ni byo bituma bayoba! Bityo babaye indaya barandeka jyewe Imana yabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 4:12
25 Iomraidhean Croise  

Ibyo byago byatewe n’uko Abayisraheli bacumuye ku Uhoraho, Imana yabo, yabakuye mu gihugu cya Misiri, ibagobotoye mu maboko y’umwanzi wabo Farawo, umwami wa Misiri; biterwa kandi n’uko biyeguriye izindi mana.


ahubwo ukaba waragendeye mu nzira z’abami ba Israheli kandi ukaba warakururiye Abayuda n’abatware b’i Yeruzalemu ubusambanyi, nk’uko ab’inzu ya Akabu babigenje, ndetse ukaba warishe abavandimwe bawe bo mu nzu ya so, n’ubwo bakurushaga umutima,


Barihumanyije kubera ibyo bakora, imigenzereze irabandarika;


Ngaha abakujya kure bararimbuka, abaguhungaho ukabatsemba.


Bose, nta n’umwe usigaye, bihinduye ibicucu maze bata ubwenge. Inyigisho bahabwa muri ubwo bucucu, ni zo zatumye bamera batyo.


Barahura n’igiti bakakibwira ngo «Uri data!» babona ibuye bati «Ni wowe wambyaye!» Banteye umugongo aho kunyerekeza amaso, nyamara kandi basumbirizwa n’ibyago, bakantakambira ngo «Haguruka udukize!»


Mu bahanuzi bo muri Samariya nahabonye ibintu biteye ishozi: bahanura mu izina rya Behali, bakayobya umuryango wanjye Israheli.


Naho ibyo mwibwira mu mutima wanyu, igihe muvuga muti 'Tuzamera nk'abanyamahanga cyangwa se imiryango yo mu bindi bihugu, dusenge ibiti n'amabuye', ibyo ntibiteze kubaho.


Nigaragaze ko ityaye amugi yombi, ndetse yerekere no mu mpande zose.’


Garukira Uhoraho, umubwire uti «Duhanagureho ibicumuro byose maze wakire ikiri cyiza. Aho kugutura ibimasa ho ibitambo, tuzakwegurira amagambo avuye mu kanwa kacu.


Ibikorwa byabo bibabuza kugarukira Imana yabo, kuko batwawe n’irari ry’uburaya, maze ntibamenye Uhoraho.


I Beteli nahabonye ibintu biteye ubwoba: Efurayimu ni ho ikorera uburaya bwayo, na Israheli yose ikiyandavuza.


Israheli, wikwishima birenze urugero, wisabagizwa n’ibyishimo nk’indi miryango, kuko wigize indaya witarura Imana yawe, ukishimira igihembo cyahumanye uherwa ku mbuga zose zihurirwaho ingano.


Ibyo bizarinda Abayisraheli kongera kubahiriza za ruhaya zirya zibuyera mu butayu, no kuzitura ibitambo bikojeje isoni. Kuva mu gisekuru kugera mu kindi, ibyo bizababera itegeko ridakuka.


jye nzamurakarira we n’abe bose, hanyuma mbace mu muryango wabo. Uwo muntu, hamwe n’abandi bose bazamukurikiza bakayoboka Moleki, nzabaca mu muryango wabo.


Iyaba habonekaga umuntu wiruka inyuma y’umuyaga, agakwirakwiza ibinyoma agira ati «Nguhanuriye ko uzagwirizwa divayi n’ibindi bisindisha!» uwo ni we waba umuhanuzi ukwiriye uyu muryango.


Ariyimbire ubwira ingiga y’igiti, ati «Haguruka», akabwira ibuye ritavuga, ati «Kanguka», nyamara ntibigire icyo bimusubiza! Yego na none, bisize zahabu na feza, ariko nta mwuka ubirimo!


Kazabafasha kurema wa musozo; nimuwubona, muzibuka amategeko y’Uhoraho maze muzayakurikize, mwoye gushukwa n’imitima yanyu cyangwa n’amaso yanyu, byabakururira ubuhemu.


Nuko Uhoraho abwira Musa ati «Dore wowe ugiye gupfa, usange abasogokuruza bawe. Uyu muryango uzatangira ube ihabara, wohoke ku mana z’abanyamahanga bari mu gihugu ugiye kwinjiramo; uzampararukwa umene igihango cy’Isezerano nagiranye na wo.


Baramubwira bati «Nuko rero, baza Imana kugira ngo tumenye niba uru rugendo rwacu ruzaba ruhire.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan