Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 4:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Bayisraheli, nimwumve ijambo ry’Uhoraho: Uhoraho araburanya abaturage b’igihugu, kuko nta kuri, nta n’urukundo rwa mugenzi wabo, cyangwa kumenya Imana, bikirangwa mu gihugu;

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Nimwumve ijambo ry'Uwiteka, mwa Bisirayeli mwe. Uwiteka afitanye imanza na bene igihugu, kuko kitarimo ukuri cyangwa kugira neza, habe no kumenya Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Mwa Bisiraheli mwe, nimwumve Ijambo ry'Uhoraho. Koko Uhoraho afite ibyo ashinja abatuye iki gihugu. “Abatuye iki gihugu ntibacisha mu kuri, ntibagira urukundo, nta n'ubwo bakīmenya, jyewe Imana yabo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Mwa Bisiraheli mwe, nimwumve Ijambo ry'Uhoraho. Koko Uhoraho afite ibyo ashinja abatuye iki gihugu. “Abatuye iki gihugu ntibacisha mu kuri, ntibagira urukundo, nta n'ubwo bakīmenya, jyewe Imana yabo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 4:1
44 Iomraidhean Croise  

Mikayehu aravuga ati «Noneho, umva ijambo ry’Uhoraho. Nabonye Uhoraho atetse ijabiro ku ntebe ye, ingabo zose zo mu ijuru zimuhagaze iburyo n’ibumoso.


Umva, muryango wanjye, nkuburire, Israheli, iyaba washoboraga kunyumva!


Nimwumve ijambo ry’Uhoraho, mwe batware ba Sodoma, mutege amatwi inyigisho y’Imana yanyu, bantu ba Gomora !


Uhoraho avuze atya: Nimuze, tuburane! N’aho ibyaha byanyu byatukura nk’indubaruba, bizahinduka urwererane nk’urubura. Naho niba byatukuraga nk’umuhemba, bizererana nk’ubwoya bw’intama.


Nuko rero, nimutege amatwi ijambo ry’Uhoraho, mwe bashungerezi, bategeka uyu muryango w’i Yeruzalemu.


Mahanga, nimwegere kugira ngo mwumve, bihugu, namwe nimutege amatwi. Isi n’ibiyiriho byose, nibitege amatwi, kimwe n’ubutaka n’ibibumeraho byose.


Kuko ari umunsi w’ukwihorera k’Uhoraho, akaba ari umwaka wo kubitura ibibi bakoreye Siyoni.


None rero, baturage ba Yeruzalemu, namwe bantu bo muri Yuda, nimunkiranure n’umuzabibu wanjye.


Nta n’umwe uregana ibiri byo, cyangwa ngo ahamye ukuri; bishingikiriza ubusa, bakavuga amahomvu, basama ubugiranabi, bakabyara amakuba.


Nta bwo bazi inzira y’amahoro, aho banyura hose, ntibakurikira ubutabera; bihangira utuyira tutaboneye, uhanyuze wese ntagire amahoro.


Nimutege amatwi ijambo ry’Uhoraho, mwebwe mwese, abahindishwa umushyitsi n’ijambo rye ! Abavandimwe banyu babanga, babaciye kubera izina ryanjye, baravuga bati «Ngaho Uhoraho niyerekane ikuzo rye, maze tubone ibyishimo byanyu.» Nyamara ni bo bazakorwa n’ikimwaro.


Kuva umunsi nabakuye mu gihugu cya Misiri kugeza ubu, abasokuruza banyu nakomeje kubihanangiriza ngasubiramo ngira nti ’Nimutege amatwi ijwi ryanjye!’


Uzavuga uti ’Nimwumve ijambo ry’Uhoraho, bami ba Yuda namwe baturage ba Yeruzalemu. Uhoraho Umugaba w’ingabo, Imana ya Israheli avuze atya: Ngiye guterereza aha hantu icyago, ku buryo uzabyumva wese azumirwa.


Nimwumve ijambo ry’Uhoraho, mwebwe abo mu nzu ya Yakobo, namwe abo mu miryango yose ya Israheli.


Ni cyo gituma ngiye kubashinja, mwebwe n’abuzukuru banyu. Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Urusaku rwageze no ku mpera z’isi; Uhoraho ashoje urubanza arega amahanga, araburanya icyitwa ikinyamubiri cyose, maze abanyabyaha abagabize inkota, uwo ni Uhoraho ubivuze!»


Nyamara ariko, Sedekiya, mwami wa Yuda, umva ijambo ry’Uhoraho: Uhoraho avuze ko utazazira inkota.


Umuryango wanjye ni ibigoryi, koko nta bwo banzi. Ni abana badatekereza, nta cyo bashobora kwiyumvisha. Bashoboye kugira nabi, ariko kugira neza byo ntibabizi. (Yeremiya:)


Kubera ibyo, isi izagwa mu cyunamo, mu kirere ijuru ricure umwijima, kuko nabitegetse, ukaba ari wo mugambi niyemeje. Sinjya nivuguruza, kandi sinsubira inyuma!


Naho jye naribwiraga nti «Ni ba rubanda, nta bwenge bazi, ntibazi inzira z’Uhoraho, n’amategeko y’Imana yabo.


kuko igihugu cyabo cyasagutswe n’ibicumuro bagiriye Nyir’ubutagatifu wa Israheli. Nyamara ariko, ari Israheli, ari na Yuda, ntibaciwe ku Mana yabo, Uhoraho Umugaba w’ingabo.


Kuva ku muto kugera ku mukuru, bose bararuwe n’inyungu zabo, abahanuzi n’abaherezabitambo bose bakifata nabi.


None rero ubabwire uti «Dore umuryango utumva Uhoraho Imana yawo, ukanga kwigishwa: ukuri kwarayotse, ntikukirangwa ku munwa wabo.»


«Urupfu rwuriye ku madirishya yacu, rugacengera mu mazu yacu meza, ruje gutsemba abana mu mayira n’abasore ku bibuga.


Murabe maso, buri wese yitondere mugenzi we; ntihazagire umuvandimwe wanyu n’umwe mwizera, kuko buri muvandimwe ari umuhendanyi, na buri mugenzi wanyu akaba umubeshyi.


Ururimi rwawo rusa n’umwambi kirimbuzi, bakwirakwiza ibinyoma. Mugenzi wabo bamwifuriza amahoro ku munwa gusa, ariko mu mutima bamushandikira umutego.


None rero wa ndaya we, tega amatwi ijambo ry’Uhoraho.


Efurayimu itungwa n’umuyaga, buri munsi ikiruka inyuma y’umuyaga w’iburasirazuba, bityo ikagwiza ibinyoma n’urugomo: igirana amasezerano na Ashuru, ikagemura amavuta mu Misiri.


Uhoraho afitanye urubanza na Israheli, agiye guhanira Yakobo imyifatire ye, kandi amwiture ibihwanye n’ibikorwa bye.


Baherezabitambo, nimwumve ibi ngibi, nimubitege amatwi namwe, ab’inzu ya Israheli, namwe abo ku rurembo rw’ibwami, mubyumve! Ni mwebwe mwashinzwe guca imanza, nyamara i Misipa mwabereye inkomyi umuryango wanjye, munawubere umutego ku musozi wa Taboru.


Ibikorwa byabo bibabuza kugarukira Imana yabo, kuko batwawe n’irari ry’uburaya, maze ntibamenye Uhoraho.


Nimwumve ibi ngibi, mwe bakuru b’umuryango, mutege amatwi, mwebwe mwese abatuye igihugu! Ibintu nk’ibi hari ibyigeze bibaho, ari mu gihe cyanyu, cyangwa se mu gihe cy’abasokuruza banyu?


Nimwumve ijambo Uhoraho ababwiye, bana ba Israheli, mwe n’umuryango wose navanye mu gihugu cya Misiri.


Ubu ngubu umva ijambo ry’Uhoraho, wowe uvuga ngo ’Ntuzahanurire Israheli, ntuzongere guhindanya inzu ya Izaki!’


Misozi, nimwumve urubanza rw’Uhoraho, namwe mfatiro zitajegajega z’isi, nimutege amatwi, kuko Uhoraho afitanye urubanza n’umuryango we, akaba aburana na Israheli:


Nyamara ntimumuzi, ariko jye ndamuzi; ndamutse mvuze ko ntamuzi, naba ndi umubeshyi nkamwe. Ni koko ndamuzi kandi ngakomera ku ijambo rye.


Byongeye kandi, nk’uko banze kumenya Imana, Imana yabagabije ubwenge bwabo bucuramye ngo bakore ibidakorwa.


Nimwice ku businzi burundu, mwirinde gucumura. Kuko muri mwe harimo abatazi Imana na busa, ibyo mbivugiye kubakoza isoni.


Ufite amatwi arumve icyo Roho abwira za Kiliziya. Uzatsinda, nta bwo azigera ababazwa n’urupfu rwa kabiri.»


Ufite amatwi arumve icyo Roho abwira za Kiliziya.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan