Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 3:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Nyuma y’ibyo, Abayisraheli bazisubiraho bashakashake bundi bushya Uhoraho, Imana yabo, na Dawudi, umwami wabo; kandi mu bihe bizaza bazagarukire Uhoraho n’ibyiza bye, bamusange bamwubashye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Hanyuma Abisirayeli bazagaruka bashaka Uwiteka Imana yabo n'umwami wabo Dawidi. Bazasanga Uwiteka n'ineza ye mu minsi y'imperuka, bamushaka bamwubashye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Hanyuma Abisiraheli bazagarukira Uhoraho Imana yabo bamuyoboke, bazayoboka n'ukomoka kuri Dawidi ababere umwami. Mu bihe bizaza bazagana Uhoraho bamwubashye, bite ku migisha abaha.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Hanyuma Abisiraheli bazagarukira Uhoraho Imana yabo bamuyoboke, bazayoboka n'ukomoka kuri Dawidi ababere umwami. Mu bihe bizaza bazagana Uhoraho bamwubashye, bite ku migisha abaha.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 3:5
36 Iomraidhean Croise  

Israheli yose ibonye ko umwami atayumvise, imbaga y’abantu imusubiza muri aya magambo iti «Dufite mugabane ki kwa Dawudi? Nta murage dusangiye na mwene Yese. Israheli, isubirire mu mahema yawe! None rero Dawudi, wimenyere inzu yawe!» Nuko Israheli isubira mu mahema yayo.


Uwo munsi, umuntu azahindukiza amaso yitegereze Uwamuremye, arebe Nyirubutagatifu wa Israheli.


Mu bihe bizaza, hari ubwo umusozi w’Ingoro uzashyirwa ku kanunga usumbe imisozi yose. Nuko amahanga yose agende awugana.


Abantu b’ibihugu byinshi bahaguruke, bavuga bati «Nimuze tuzamuke, tujye ku musozi w’Uhoraho, ku Ngoro y’Imana ya Yakobo. Azatwereka inzira ze, tuzikurikire.» Ni byo koko, amategeko ava i Siyoni, i Yeruzalemu hagaturuka ijambo ry’Uhoraho.


Nuko uzabirebe maze unezerwe, umutima wawe wisimbize, utaratswe n’ibyishimo, kuko ari wowe bazazanira ubukire bwo hakurya y’inyanja, n’umutungo w’amahanga ukazataha iwawe.


Ni cyo cyatumye, mu munsi umwe gusa, Uhoraho yatemaguye muri Israheli, umutwe n’umurizo, imikindo n’imfunzo.


Igihe kiregereje — uwo ni Uhoraho ubivuze — maze nzagoborere Dawudi umumero, umwuzukuruza w’indahemuka; azaza ari umwami ufite ubushishozi, kandi uharanira ubutabera n’ubutungane mu gihugu.


Uburakari bw’Uhoraho ntibuzashira atamaze kurangiza umugambi yiyemeje. Ibyo muzabisobanukirwa neza hanyuma.


Bazakorera Uhoraho Imana yabo, hamwe na Dawudi, umwami wabo ngiye kubimikira.)


Uhoraho avuze atya: Ntihazabura na rimwe muri bene Dawudi, uzicara ku ntebe y’ubwami mu muryango wa Israheli.


Izina rya Yeruzalemu rizaba izina ry’ibyishimo; izampesha icyubahiro n’ububengerane imbere y’amahanga yose y’isi. Igihe azamenya ibyiza byose ngiye gukorera Yuda na Israheli, azashya ubwoba, ahindagane kubera ibyo byiza byose n’amahoro nzabahundagazaho.


ubonereho no kwibuka kandi ukorwe n’isoni; muri uko kumwara kwawe woye kongera kubumbura umunwa, igihe nzaba nakubabariye ibyo wakoze byose, uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze.’»


Uzaza gutera Israheli, umuryango wanjye, boshye igihu kibuditse hejuruy’ isi. Mu minsi y’imperuka nzakuzana utere igihugu cyanjye, bityo amahanga azakurizeho kumenya igihe nzagaragariza ubutungane bwanjye mu maso yabo, nifashishije wowe, Gogi.’


Nyuma y’iminsi myinshi uzabona amabwiriza. Nihashira imyaka uzatera igihugu cya Israheli. Ku misozi yaho yamaze igihe kirekire yarabaye amatongo, uzahasanga abacitse ku icumu, bahateraniye bavuye mu bihugu byinshi bari baratataniyemo. Kuva aho batandukanyirijwe n’abo mu yindi miryango, bituriye mu mutekano.


Bazaza bakurikiye Uhoraho uzaba yivuga nk’intare; natangira kwivuga abana bazahinda umushyitsi, baze baturuka mu burengerazuba.


Nzagenda nigumire iwanjye kugeza ko bazumva igicumuro cyabo, maze bagashakashaka uruhanga rwanjye; koko kandi igihe bazaba bari mu mubabaro, ni bwo bazanshakashaka.


Bazajyana n’amatungo yabo magufi n’amaremare, bajye gushakashaka Uhoraho, ariko ntibazamubona kuko azaba yabazinutswe!


Nuko muravuga muti «Nimuze tugarukire Uhoraho. Ni we wadukomerekeje kandi ni we uzatuvura, ni we wadukubise, azomora ibikomere byacu.


Muri iyo minsi, nzegura inzu ya Dawudi yari igiye kugwa, nzasane ibyuho byayo, nzegure ahari harasenyutse; nzayihagarika nyisubize uko yahoze kera,


Hazaba ubwo mu bihe bizaza, umusozi wubatseho Ingoro y’Uhoraho ushyirwa ejuru, ukazasumba imisozi yose n’untununga twose, maze amahanga agahurura awugana.


None rero ubu ndagiye, nsubiye mu banjye. Ariko igira hino, nkubwire uko uriya muryango uzagenzereza uwawe mu gihe kiri imbere.»


Koko rero, bavandimwe, sinshaka ko muyoberwa iri banga hato mutazirata: igice kimwe cya Israheli kizanangira umutima kugeza igihe abanyamahanga bose bazaba bakoranyijwe.


Cyangwa se waba usuzugura impuhwe zayo zitabarika, ubwihangane n’ubugwaneza bwayo, ukirengagiza ko ubuntu bwayo bukureshya ngo wicuze?


Mu minsi izaza rero, nugera mu kaga, ibyo byose bikakubaho, uzagarukira Uhoraho Imana yawe, maze wumve ijwi rye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan