Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 2:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Koko rero, nyina ubabyara yigize indaya, uwabatwise yikojeje isoni igihe avuze ati «Ngiye kwiruka inyuma y’amacuti yanjye, kuko ari bo bampa umugati n’amazi, hamwe n’ubwoya bw’intama n’ihariri, bakanyihera amavuta n’ibyo ninywera.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 nyina akaba yarigize maraya. Uwasamye inda yabo yakoze ibiteye isoni kuko yavuze ati: Nzikurikirira abakunzi banjye, abantunga mu byo ndya n'ibyo nywa, kandi bakampa ubwoya bw'intama n'imigwegwe n'amavuta ya elayo n'ibyo kunywa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Koko nyina yigize indaya, yakoze ibiteye isoni arabatwita. Koko yaravuze ati: ‘Ngiye kwiruka mu bakunzi banjye, basanzwe bampa ibyokurya n'amazi, basanzwe bampa imyambaro y'ubwoya n'inoze, basanzwe banampa amavuta n'ibyokunywa.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Koko nyina yigize indaya, yakoze ibiteye isoni arabatwita. Koko yaravuze ati: ‘Ngiye kwiruka mu bakunzi banjye, basanzwe bampa ibyokurya n'amazi, basanzwe bampa imyambaro y'ubwoya n'inoze, basanzwe banampa amavuta n'ibyokunywa.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 2:7
41 Iomraidhean Croise  

atura ibitambo imana z’i Damasi zari zaramunesheje, avuga ati «Kubera ko imana z’abami ba Aramu zibafashije, ni zo ngiye gutura ibitambo kugira ngo zimfashe.» Mu by’ukuri, ni zo zatumye arimburwa, we, na Israheli yose.


Ahubwo muravuga muti «Ibyo nta cyo bitwaye ! Tuzurira amafarasi duhunge.» Ni byo koko, ariko nyine muzaba muhunze. Mukongera muti «Tuzafata amagare anyaruka.» Na byo ni byo, ariko abazaba babakurikiranye, bazihuta kubarusha.


Mu bigirwamana by’amahanga se, hari na kimwe kigusha imvura? Ijuru se ni ryo ubwaryo rigusha imvura y’umuvumbi? Si wowe se Uhoraho, Imana yacu? Turakwiringiye rero, kuko ari wowe ukora ibyo byose.


«Genda! Urangurure mu matwi ya Yeruzalemu, uti ’Uhoraho avuze atya: Ndakwibutsa ubuyoboke bwo mu bukumi bwawe, n’urukundo wari umfitiye ukirambagizwa. Icyo gihe wankurikiraga mu butayu, mu butaka butagira ikibumeramo.


Ni ko se, gihugu cya Yuda: ibigirwamana wikoreye biri ahajya he? Ngaho nibihaguruke niba bishobora kugukiza, igihe uzaba uri mu makuba; dore ko byabaye byinshi nk’imigi yawe!


Uko witesha agaciro witwaje uburiganya, mu Misiri uzahakura ikimwaro, nk’icyo wavanye muri Ashuru.


Uhoraho avuze atya: Iyo umugabo asenze umugore we bagatandukana, nyuma uwo mugore agashaka undi mugabo, bakongera kubana se? Ubwo se uwo mugore ntaba yarahumanye burundu? Wowe rero wasambanye n’abagabo batagira ingano, none ngo urangarukiye! Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Numvise neza amaganya ya Efurayimu, agira ati «Warampannye ndabyemera nk’ikimasa cyananiranye; ngarura maze mbone ubugaruka, kuko wowe Uhoraho, uri Imana yanjye.


Rizaba ritandukanye n’iryo nagiranye n’abasekuruza babo, igihe nabafataga ukuboko nkabakura mu gihugu cya Misiri. Bo bishe Isezerano ryanjye — uwo ni Uhoraho ubivuze — ariko jye nakomeje kubabera umutegetsi.


Tugiye gukora ibyo twiyemeje byose, dutwikire imibavu Umwamikazi wo mu kirere, tumumurikire ibitambo biseswa nk’uko twabigenzaga mu migi ya Yuda no mu mayira ya Yeruzalemu, ari twebwe ubwacu, abasokuruza bacu, abami bacu, n’abatware bacu. Icyo gihe twari dufite imigati ihagije, tukabaho mu munezero uzira amakuba.


ufata imyenda yawe itatse amabara uyitwikiriza ayo mashusho, maze uyatura amavuta yanjye n’ububani bwanjye.


Nza kunyura hafi yawe ndakubona nsanga ugeze mu gihe cyo kubengukwa, ngufubika igishura cyanjye, ndakwambika. Nakurahiye ko ntazaguhe — mukira, tugirana isezerano — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze — maze uba uwanjye.


Naho ibyo mwibwira mu mutima wanyu, igihe muvuga muti 'Tuzamera nk'abanyamahanga cyangwa se imiryango yo mu bindi bihugu, dusenge ibiti n'amabuye', ibyo ntibiteze kubaho.


Yiyeguriye Abanyashuru, bari abategetsi n’abanyacyubahiro, abasirikare bambaraga imyambaro y’akataraboneka bakagendera ku mafarasi, bakaba kandi bose abasore b’igikundiro.


Ni yo mpamvu, wowe Oholiba — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze — ngiye kuguteza abakunzi bawe wazinutswe, mbagukoranyirizeho baturutse impande zose:


Dore amazina y’abo bakobwa: uw’uburiza yitwaga Ohola, naho murumuna we akitwa Oholiba; nuko bombi baba abanjye bambyarira abahungu n’abakobwa. Dore rero icyo amazina yabo asobanura: Ohola ni we Samariya, Oholiba akaba Yeruzalemu.


Intangiriro y’amagambo Uhoraho yabwiye Hozeya. Uhoraho abwira Hozeya, ati «Genda ushake umugore w’indaya, uzakubyarira abana bameze nka we, kuko iki gihugu kigize indaya, kikirengagiza Uhoraho.»


Narabaragiye barahaga, bamaze kurengwa bishyira ejuru, bakurizaho kunyibagirwa!


Samariya igomba guhanwa kuko yigometse ku Mana yayo. Bazarimburwa n’inkota, abana babo b’ibitambambuga bazicwe, abagore babo batwite babakuremo inda.


Ni yo mpamvu ubu ari jye ugiye kumuhendahenda, nzamujyane mu butayu maze mwurure umutima.


Efurayimu yabonye uburwayi bwayo, na Yuda ibona igikomere cyayo; Efurayimu ni ko kwirukira muri Ashuru, kandi yohereza intumwa ku mwami mukuru. Nyamara na we ntazashobora kubavura, cyangwa ngo abomore igikomere cyanyu.


Nzagenda nigumire iwanjye kugeza ko bazumva igicumuro cyabo, maze bagashakashaka uruhanga rwanjye; koko kandi igihe bazaba bari mu mubabaro, ni bwo bazanshakashaka.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan