Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 2:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Abayuda n’Abayisraheli bazateranira hamwe, bishyirireho umutware umwe rukumbi maze buzure igihugu; kuko umunsi wa Yizireyeli uzaba ikirangirire.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Kandi Abayuda n'Abisirayeli bazateranira hamwe, bitoranyirize umutware umwe, kandi bazazamuka bave mu gihugu, kuko umunsi wa Yezerēli uzaba ukomeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Abayuda n'Abisiraheli bazakoranira hamwe, bishyirireho umutware umwe wo kubayobora, bazagwira nk'imyaka imera mu butaka. Koko uwo munsi wa Yizerēli uzaba ari akataraboneka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Abayuda n'Abisiraheli bazakoranira hamwe, bishyirireho umutware umwe wo kubayobora, bazagwira nk'imyaka imera mu butaka. Koko uwo munsi wa Yizerēli uzaba ari akataraboneka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 2:2
22 Iomraidhean Croise  

Azashinga ikimenyetso kimenyesha amahanga, ko agiye gukorakoranya abajyanywe bunyago ba Israheli, abumbire hamwe abatatanye bo muri Yuda, abakuye mu mpande zose z’isi.


Uhoraho avuze atya: Ruri hehe urwandiko rw’ubusende, ruhamya ko nirukanye nyoko? Cyangwa se, ni nde mbereyemo umwenda, nkaba naramubahayeho ubwishyu? Nuko rero, mwagurishijwe ku mpamvu y’ibyaha byanyu, na nyoko asendwa kubera imyivumbagatanyo yanyu.


Shyira ejuru, uhamagare ubutizigama, urangurure ijwi nk’iry’akarumbeti, umenyeshe umuryango wanjye ibicumuro byawo, n’inzu ya Yakobo, amakosa yayo.


Uzavuga uti ’Nimwumve ijambo ry’Uhoraho, bami ba Yuda namwe baturage ba Yeruzalemu. Uhoraho Umugaba w’ingabo, Imana ya Israheli avuze atya: Ngiye guterereza aha hantu icyago, ku buryo uzabyumva wese azumirwa.


«Genda! Urangurure mu matwi ya Yeruzalemu, uti ’Uhoraho avuze atya: Ndakwibutsa ubuyoboke bwo mu bukumi bwawe, n’urukundo wari umfitiye ukirambagizwa. Icyo gihe wankurikiraga mu butayu, mu butaka butagira ikibumeramo.


Uhoraho avuze atya: Iyo umugabo asenze umugore we bagatandukana, nyuma uwo mugore agashaka undi mugabo, bakongera kubana se? Ubwo se uwo mugore ntaba yarahumanye burundu? Wowe rero wasambanye n’abagabo batagira ingano, none ngo urangarukiye! Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Gusa, emera icyaha cyawe: wemere ko witeruye kuri Uhoraho Imana yawe. Wabungagiye hirya no hino mu banyamahanga, mu nsi ya buri giti gitoshye, wanga kumva ijwi ryanjye. Uwo ni Uhoraho ubivuze.’»


Muri iyo minsi, inzu ya Yuda izasanga iya Israheli, maze zombi zituruke mu majyaruguru, zitahe mu gihugu nahaye abasekuruza babo ho umurage. (Uhoraho:)


Byongeye kandi, uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze, byageze n’aho ufata abahungu bawe n’abakobwa bawe wari waribyariye, ubatura ibyo bigirwamana. Ni ko se ye, urabona ubwo buraya bwawe bwonyine butari buhagije?


Muri buri mayirabiri wahubatse inzu yo guhindanyirizamo uburanga bwawe wiha umuhisi n’umugenzi, bityo ukagwiza ubwo buraya bwawe.


Ni ko se mwana w'umuntu, ntugiye se kubacira urubanza ? Ngaho bamenyeshe amahano yakozwe n'abakurambere babo.


Nuko ndibwira nti ’Bariya bagore basaziye mu busambanyi, baracyasambana na bo,


Nyamara ariko, abantu b’intungane bazabacira urubanza rukwiye abagore b’indaya n’abamena amaraso; kuko na bo ari indaya n’ibiganza byabo bikaba byarahindanyijwe n’amaraso.’»


Intangiriro y’amagambo Uhoraho yabwiye Hozeya. Uhoraho abwira Hozeya, ati «Genda ushake umugore w’indaya, uzakubyarira abana bameze nka we, kuko iki gihugu kigize indaya, kikirengagiza Uhoraho.»


Abana ba Israheli bazangana n’umusenyi wo mu nyanja, udashobora gupimwa cyangwa se kubarurwa; kandi aho kubwirwa ngo «Ntimuri umuryango wanjye», noneho bazabwirwe ngo «Muri abana b’Imana nzima».


Nibitaba ibyo, nzamucuza imyambaro, asigare atumbuje, mugire nk’uko yari ameze umunsi avuka. Nzamugira nk’ubutayu, abe nk’ubutaka bwumagaye, kandi nzamwicishe inyota.


Uzasitara ku manywa y’ihangu, n’umuhanuzi asitarane nawe nijoro, kandi n’igihugu cyakubyaye nzakirimbura.


Nguwo abazamutse imbere, ubashakira inzira; babonye inzira bagera mu irembo basohokeramo: Umwami wabo abarangaje imbere, Uhoraho ubwe ari imbere yabo.


Ni cyo gituma kuva ubu nta muntu n’umwe tukimenya ku buryo busanzwe; ndetse na Kristu, niba twarigeze kumumenya ku buryo bw’abantu, ubu ntitukimumenya dutyo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan