Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 13:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Israheli, ngaha urarimbutse, kandi ni jyewe washoboraga kugutabara.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 “Isirayeli we, uririmbuje kuko wangomeye kandi ari jye mutabazi wawe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 “Mwa Bisiraheli mwe, muzatsembwa, muzazira ko mwangomeye kandi ari jye ubatabara.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 “Mwa Bisiraheli mwe, muzatsembwa, muzazira ko mwangomeye kandi ari jye ubatabara.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 13:9
25 Iomraidhean Croise  

atura ibitambo imana z’i Damasi zari zaramunesheje, avuga ati «Kubera ko imana z’abami ba Aramu zibafashije, ni zo ngiye gutura ibitambo kugira ngo zimfashe.» Mu by’ukuri, ni zo zatumye arimburwa, we, na Israheli yose.


Hahirwa uwo Imana ya Yakobo ibereye umuvunyi, maze akiringira gusa Uhoraho, Imana ye!


Twebwe rero twizigiye Uhoraho; ni we buvunyi bwacu n’ingabo idukingira.


Igenewe umuririmbisha. Ni indirimbo y’abahungu ba Kore, ikaririmbwa banihiriza ijwi.


Naho usambanya umugore w’undi aba ari umusazi; amukomoraho intandaro y’urupfu.


Naho uncumuyeho aba yibabaje ubwe, abanyanga bose baba bakunda urupfu.»


umugome agushije ishyano, kuko azahanwa hakurikijwe ibikorwa bye.»


Imisusire yabo ni yo ibashinja, beruye ibyaha byabo nka Sodoma, ntibakibihisha. Nibigorerwe! Bo bikururiye amakuba.


Ibyo wabitewe n’iki, atari uko witandukanyije n’Uhoraho Imana yawe, igihe yakuyoboraga mu nzira?


Uragahanirwa ubugome bwawe, maze ubugambanyi bwawe uburyozwe! Iyumvishe ukuntu ari bibi kandi bibabaje kuba warihakanye Uhoraho Imana yawe, maze wangera imbere ntuhinde umushyitsi! Uwo ni Nyagasani, Uhoraho Umugaba w’ingabo, ubivuze.


Imyifatire yawe n’ibikorwa byawe, ni byo byagukururiye ibyo byose. Ngicyo igihano cyawe, wumve n’uko gikarishye, ndetse n’ukuntu kigushegesha umutima! (Yeremiya:)


Ibicumuro byanyu ni byo byahinduye ibyo bihe, ibyaha byanyu bibangamira ibyo byiza.


Nyamara jye, ndi Uhoraho Imana yawe, kuva nkuvanye mu gihugu cya Misiri. Nta yindi Mana wamenye itari jye, nta wundi Mukiza uriho uretse jye.


Samariya igomba guhanwa kuko yigometse ku Mana yayo. Bazarimburwa n’inkota, abana babo b’ibitambambuga bazicwe, abagore babo batwite babakuremo inda.


Ntibantakambira babikuye ku mutima; baborogera ku buriri bwabo, bakirasaga umubiri, babitewe no kwishakira ingano na divayi nshyashya, naho jye bakangomera.


Nyamara jye narabayoboye, nkomeza amaboko yabo, ariko bo bakangira imigambi yo kungirira nabi.


Nyamara mwebwe muravuga muti «Ameza y’Uhoraho yarahumanye; ibiribwa bayashyiraho birasuzuguritse.»


Murongera muti «Uyu murimo uraruhanyije!» maze mukansuzugura, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga. Murazana itungo munyaze, iricumbagira cyangwa irirwaye, mukarintura; bene ayo maturo, nshobora se kuyakira? Uwo ni Uhoraho ubivuga.


Noneho rero, cyo nimugerageze kurura Imana kugira ngo itugirire impuhwe, kuko ibi byose ari mwe byaturutseho. Ariko se, izashobora ite kubakirana urugwiro? Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga.


Yewe Yeshuruni, nta n’umwe uhwanye n’Imana izanwa no kugutabara, igahutera igendera ku ifarasi y’ijuru n’ibicu, yuje ububasha.


Urahirwa koko Israheli! Ni nde umeze nkawe, wowe bwoko burengerwa n’Uhoraho? Ni we ngabo igukingira ikagutabara, akaba n’inkota iguha gutsinda. Ababisha bawe bazakora iyo bwabaga bakwigira amayeri, ariko ntuzabura gushinga ikirenge mu mpinga y’imisozi y’igihugu cyabo.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan