Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 13:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Na n’ubu baracyakomeza gucumura: bikoreye ibishushanyo mu cyuma gishongeshejwe, feza yabo bayikoramo ibigirwamana bihimbiye, kandi ibyo byose ari ibikorwa by’umunyabukorikori! Nuko bakavuga bati «Nimubiture ibitambo», naho abantu bakunamira ibimasa!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Noneho bahora barushaho gukora ibyaha, kandi biremeye ibishushanyo biyagijwe mu ifeza yabo, n'ibigirwamana bihimbiye, ibyo byose ni umurimo w'abanyamyuga. Bavuga ibyabyo bati “Reka abatamba abe ari bo basoma inyana z'ibigirwamana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Na n'ubu baracyakomeza gukora ibyaha, bayaza ifeza yabo bakaremamo ikigirwamana. Abanyabukorikori bakoresha ubuhanga bwabo bwose, bahanga amashusho asengwa. Baravuga bati: “Nimuyatambire ibitambo.” Dore abantu barasoma amashusho y'inyana!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Na n'ubu baracyakomeza gukora ibyaha, bayaza ifeza yabo bakaremamo ikigirwamana. Abanyabukorikori bakoresha ubuhanga bwabo bwose, bahanga amashusho asengwa. Baravuga bati: “Nimuyatambire ibitambo.” Dore abantu barasoma amashusho y'inyana!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 13:2
33 Iomraidhean Croise  

Ariko nzasiga muri Israheli abantu ibihumbi birindwi batapfukamiye Behali, ntibanamuramye.»


barababwira bati «Izo mfungwa ntimuzizane hano, kuko twaba ducumuye kuri Uhoraho! Murashaka se kongera ibyaha byacu n’amakosa yacu, kandi twarakoze ibitabarika bigatuma Uhoraho arakarira Israheli bikomeye?»


Icyakora we ntiyicisha bugufi imbere y’Uhoraho nk’uko se Manase yari yaricishije bugufi, ahubwo arushaho guhemuka.


naho ubundi yarakara, mukarimbukira mu nzira, kuko uburakari bwe budatindiganya! Hahirwa abamuhungiraho bose.


Murashaka se kandi ko babahana bate, mwebwe mukomeza gukabya ubwigomeke? Umutwe wanyu wose urarwaye, n’umutima wanyu umeze nabi.


Uhoraho avuze atya: Baragowe, abana b’ibirara! Bo bacura imigambi itanturutseho, bakagirana amasezerano anyuranyije n’ayanjye, bityo bakagereka icyaha ku kindi.


Ababiyobotse bose bazakorwa n’ikimwaro, kuko ababikora ari abantu gusa. Nibiyegeranye, maze biyerekane : bose icyarimwe bazahinda umushyitsi, kandi bakorwe n’isoni !


Nimukorakorane maze muze, nimungane mwese icyarimwe, abarokotse bo mu mahanga. Nta bwenge bagira, abatambagiza amashusho yabo y’ibiti, kandi bagasenga imana idashobora kubakiza.


Bamwe bapfusha ubusa zahabu yabo, bagapima feza ku munzani, bagahemba umucuzi ngo abakorere ikigirwamana, nuko bakacyunamira, bakanagipfukamira.


Nimwibuke ibyo kugira ngo murusheho kwibaza, nimwisubireho, mwa bahemu mwe;


akagitakisha feza na zahabu, maze akagitera imisumari, akoresheje inyundo, kugira ngo kitajegajega.


Bose, nta n’umwe usigaye, bihinduye ibicucu maze bata ubwenge. Inyigisho bahabwa muri ubwo bucucu, ni zo zatumye bamera batyo.


Ni iki gituma uyu muryango wa Yeruzalemu uyoba, ugakomeza kuzikama mu buhakanyi bwawo? Batsimbaraye ku binyoma byabo bibeshyeshya, bakanga kugaruka.


Israheli yari umuzabibu mwiza ukera imbuto zishimishije. Uko imbuto zayo ziyongeraga, ni na ko yagwizaga intambiro; uko igihugu cyayo cyarushagaho kurumbuka, ni ko n’inkingi z’ibigirwamana zarushagaho kuba nziza.


Abaturage b’i Samariya barahinda umushyitsi kubera ikimasa cy’i Betaveni; koko rero, imbaga yose ikibereye mu cyunamo, kimwe n’abaherezabitambo bacyo. Ngaho nibakomeze barate ikuzo ryacyo, kandi ryamaze kuyoyoka!


Ariko uko nabahamagaraga, ni ko barushagaho kunyitarura; batura ibitambo za Behali, maze amashusho yazo bakayosereza imibavu.


Inkota izibasira imigi yayo, isenye inzugi zayo, ibarimbure bazize imigambi yabo mibi.


Garukira Uhoraho, umubwire uti «Duhanagureho ibicumuro byose maze wakire ikiri cyiza. Aho kugutura ibimasa ho ibitambo, tuzakwegurira amagambo avuye mu kanwa kacu.


Ni cyo gituma ngiye gufungisha inzira ye amahwa, nyizitire kugira ngo atazabona aho anyura ukundi.


Efurayimu yo yisunze ibigirwamana, nimuyireke!


Biyimikiye abami batambajije, bishyiriraho n’abatware jyewe ntabizi. Bariremera ibigirwamana muri zahabu na feza yabo, bakikururira batyo kurimbuka.


Samariya rero, ikimasa cyawe ndagihigitse ! (Koko, uburakari bwanjye bwabagurumaniye : mbese bazanga gusukurwa kugeza ryari ?)


Cyakomotse muri Israheli, gikozwe n’umunyabukorikori, kikaba rero atari Imana. Ni yo mpamvu ikimasa cyo muri Samariya kizahinduka ishingwe.


None rero namwe, bwoko bw’abanyabyaha, mugiye kugenza nka ba so, mukururire Israheli yose uburakari bw’Uhoraho!


Mbese Imana imusubiza iki? «Nsigaranye abantu ibihumbi birindwi batapfukamiye Behali.»


Noneho rero, kuko wanangiye umutima wawe ukanga kwicuza, urihunikira uburakari bwa wa munsi w’uburakari Imana izahishura ko ica imanza zitabera,


Naho abagiranabi n’abahendanyi, bo ntibazabura kugenda barushaho gukora nabi ubudahwema bataretse guhenda abandi no guhendwa ubwabo.


Nuko Samweli afata urwabya rw’amavuta, ayasuka ku mutwe wa Sawuli, aramuhobera, maze aravuga ati «Mbese aho si Uhoraho wagusize, ngo ube umutware w’umuryango we?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan