Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 13:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Igihe Efurayimu yabaga ivuze, yakwizaga iterabwoba hose; kuko yari ikomeye muri Israheli. Ariko kubera ko yayobotse Behali, yaracumuye ikurizaho gupfa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Iyo Efurayimu yavugaga abantu bahindaga umushyitsi, yishyize hejuru mu Bisirayeli ariko igihe acumujwe na Bāli yahereyeko arapfa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Iyo ab'umuryango wa Efurayimu bavugaga, abandi barakangaranaga, ni bo bari imena mu yindi miryango y'Abisiraheli, nyamara baracumuye basenga Bāli barapfa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Iyo ab'umuryango wa Efurayimu bavugaga, abandi barakangaranaga, ni bo bari imena mu yindi miryango y'Abisiraheli, nyamara baracumuye basenga Bāli barapfa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 13:1
26 Iomraidhean Croise  

ariko igiti cy’ubumenyi bw’icyiza n’ikibi ntuzakiryeho, kuko umunsi waramutse ukiriyeho uzapfa nta kabuza!»


Yerobowamu akomeza umugi w’i Sikemu mu misozi ya Efurayimu, arahatura. Hanyuma arahimuka, ajya gukomeza umugi w’i Penuweli.


Baracecekaga bakantega amatwi, bagategereza igitekerezo cyanjye.


Iyo narangizaga kuvuga, nta wasubizagayo, ahubwo ijambo ryanjye ryarabacengeraga,


Ubwirasi bw’umutima bubanziriza kurimbuka, naho uzi kwicisha bugufi, ni we uzakuzwa.


Ikindi kandi, ibi byose byakozwe n’ikiganza cyanjye, ibyaremwe byose ni ibyanjye, uwo ni Uhoraho ubivuze. Ariko uwo nitaho cyane ni umukene, ufite umutima ushavuye kandi akubaha ijambo ryanjye.


Damasi ni umutwe wa Aramu, naho Rasoni akaba umutware wa Damasi, — hasigaye imyaka itarenga mirongo itandatu n’itanu, Efurayimu ikaneshwa, ntibe icyitwa igihugu.—


Ariko uko nabahamagaraga, ni ko barushagaho kunyitarura; batura ibitambo za Behali, maze amashusho yazo bakayosereza imibavu.


Ntiyigeze amenya ko ari jye wamuhaga ingano, divayi nshyashya n’amavuta matoto; namukungahaje kuri feza na zahabu, ari na byo bakoresherezaga Behali.


Ni cyo gituma ngiye gufungisha inzira ye amahwa, nyizitire kugira ngo atazabona aho anyura ukundi.


Biyimikiye abami batambajije, bishyiriraho n’abatware jyewe ntabizi. Bariremera ibigirwamana muri zahabu na feza yabo, bakikururira batyo kurimbuka.


Hongera gukurikiraho abari mu ngando ya bene Efurayimu, n’imitwe y’ingabo zabo. Ingabo za bene Efurayimu zategekwaga na Elishama mwene Amihudi.


Ayo ni yo mazina y’abantu Musa yohereje gutata igihugu cya Kanahani; Hosheya mwene Nuni, Musa amwita izina rya Yozuwe.


Uwari uhagarariye inzu ya Efurayimu, ni Hosheya mwene Nuni.


Kuko uwikuza wese azacishwa bugufi, naho uwicisha bugufi akazakuzwa.»


Nk’uko icyaha cyadutse mu nsi gikuruwe n’umuntu umwe, kandi n’urupfu rukuruwe n’icyaha, bityo urupfu rucengera abantu bose, kuko bose bacumuye . . .


Urukundo rwa Kristu ruraduhihibikanya, iyo tuzirikanye ukuntu umwe yapfiriye bose, bikaba rero ko bose bapfuye.


Uhoraho abwira Yozuwe, ati «Uyu munsi ndatangira kukubahiriza mu maso ya Israheli, kugira ngo bamenye ko nzaba ndi kumwe nawe nk’uko nabanye na Musa.


Abefurayimu barakorana, bambuka Yorudani, bagana i Safoni. Babwira Yefute, bati «Kuki wambutse umupaka w’Abahamoni, ukajya kubarwanya utadutabaje? Tuzagutwikira mu nzu yawe!»


Abefurayimu babaza Gideyoni, bati «Ni iki cyaguteye kutaduhuruza, ugiye gutera Madiyani?» Nuko baramutonganya cyane.


Nuko Samweli aravuga ati «N’ubwo wigaya nawe ubwawe, ese ubundi nturi umutware w’imiryango ya Israheli? Uhoraho yagusigiye kuba umwami wa Israheli.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan