Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 12:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Naho Efurayimu yo iravuga iti «Narikungahaje, mfite umutungo uhagije», nyamara kandi muri ibyo byose yungutse, nta na kimwe izasigarana, kuko yahemutse igakora ibibi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Efurayimu aravuga ati “Ni ukuri nabaye umukire, nironkeye ubutunzi, mu mirimo yanjye yose ntibazambonaho ibibi byakwitwa ibyaha.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Abefurayimu baravuga bati: “Erega twarikungahaje twironkera ubukire, ibyo twagezeho byose ni uko twiyushye akuya, nta buriganya twakoresheje, nta cyaha twakoze.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Abefurayimu baravuga bati: “Erega twarikungahaje twironkera ubukire, ibyo twagezeho byose ni uko twiyushye akuya, nta buriganya twakoresheje, nta cyaha twakoze.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 12:9
22 Iomraidhean Croise  

Abahungu barakura. Ezawu aba umuhigi wabuhiriye, akiruka imisozi. Yakobo yari umuntu utuje, akigumira mu mahema.


Bukeye, umwami abwira umuhanuzi Natani, ati «Dore ntuye mu nzu y’ibiti by’amasederi, naho Ubushyinguro bw’Imana bukaba mu ihema!»


Hanyuma bizihiza iminsi mikuru y’ingando, nk’uko byari byaranditswe, buri munsi bakawuturaho ibitambo bitwikwa, nk’uko byagenwe.


cyangwa abantu biringira ubukungu bwabo, maze bakiratana ko batunze byinshi?


Iwawe ntihakabe imana yindi, ntugapfukamire imana y’imvamahanga!


«Ni jyewe Uhoraho Imana yawe wagukuye mu gihugu cya Misiri, mu nzu y’ubucakara:


ubwoko bw’abantu bibwira ko ari abaziranenge, kandi batarahanaguweho ibicumuro byabo;


ntimuzubake inzu, ntimuzabibe imbuto cyangwa ngo muhinge imizabibu, muri ibyo byose ntimuzagire icyo mutungamo; ahubwo muzature mu mahema igihe cyose muzaba mukiriho kugira ngo muzashobore kuramba muri iki gihugu mutuyemo.’


Amazu yabo yuzuye iminyago, nk’uko agatebo k’umuhigi kuzura inyoni, nguko uko bahindutse ibikomerezwa n’abakire,


Igihe Israheli yari akiri muto, naramukunze, kandi nahamagaye umwana wanjye ngo ave mu Misiri.


Nyamara jye, ndi Uhoraho Imana yawe, kuva nkuvanye mu gihugu cya Misiri. Nta yindi Mana wamenye itari jye, nta wundi Mukiza uriho uretse jye.


Nzamuryoza iminsi yamaze agaragiye za Behali, azitwikira imibavu, ubwo yabaga yambaye amaherena ye n’inigi ze, akiruka inyuma y’amacuti ye, naho jye akanyibagirwa. Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Iminzani yanyu hamwe n’amabuye yayo bizajye biba bitabeshya. Nimujya kugira icyo mugera, muzakoreshe akebo cyangwa ikibindi byemewe. Ndi Uhoraho Imana yanyu yabakuye mu gihugu cya Misiri.


Ndi Uhoraho Imana yanyu yabakuye mu gihugu cy’Abanyamisiri kugira ngo mureke kubabera abacakara. Ni jye wabakuye ku ngoyi yari yarabahese umugongo, mbaha kugendana ishema.


Naba nzira se ko nakuvanye mu gihugu cya Misiri, nkakugobotora mu nzu y’uburetwa? Cyangwa se ko nakoherereje Musa, Aroni na Miriyamu ho abayobozi?


zo abaguzi bazo babaga uko bishakiye; bakazicuruza bavuga bati «Imana irakarama, birankungahaje!», mu gihe n’abashumba bazo batakizigirira impuhwe.


Ndi Uhoraho Imana yanyu, nabakuye mu gihugu cya Misiri kugira ngo mbe Imana yanyu. Ndi Uhoraho Imana yanyu.»


Umunsi mukuru w’Abayahudi witwa uw’Ingando ukaba wegereje.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan