Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 12:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Abakanahani bafite iminzani y’ubuhendanyi mu ntoki, kuko bashimishwa n’ubwambuzi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Efurayimu ni umugenza, iminzani y'ubuhenzi iri mu ntoki ze, akunda guhenda.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Abacuruzi banyu bibisha iminzani, bakunda kwiba abaguzi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Abacuruzi banyu bibisha iminzani, bakunda kwiba abaguzi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 12:8
29 Iomraidhean Croise  

Ni kuki nagira ubwoba mu minsi mibi, ngatinya ubugome bw’inyaryenge zinkikije,


Imana ubwayo izagukuraho buheriheri, izagushikanura, iguhubure mu nzu yawe, maze izakurandure ku isi y’abazima. (guceceka akanya gato)


Koko bene muntu ni nk’umwuka ushira ako kanya, n’ab’ibikomerezwa ni ubusabusa; bose hamwe ubashyize ku munzani, wasanga umwuka ubarusha kuremera.


Uhoraho azirana n’iminzani ibeshya, ariko akunda ibipimo by’ukuri.


ubwoko bw’abantu bibwira ko ari abaziranenge, kandi batarahanaguweho ibicumuro byabo;


Dore uko imyifatire y’umugore w’umusambanyi imeze: ararya, akihanagura ku munwa, ubundi akavuga ati «Nta kibi nakoze!»


Watinyuka ute kuvuga ngo «Sinanduye», cyangwa uti «Sinayobotse za Behali»? Ibuka imyifatire yawe aho wanyuze mu kabande, maze wemere icyo wakoze. Wari umeze nk’ihene y’ishashi yariye isoni, itana igana impande zose,


Ibyo byose ubirengaho ukavuga ngo «Ndi intungane, uburakari bwe ntibungeraho.» Jyewe rero, ngiye kugushinja kuko wivugira uti «Sinacumuye.»


Amazu yabo yuzuye iminyago, nk’uko agatebo k’umuhigi kuzura inyoni, nguko uko bahindutse ibikomerezwa n’abakire,


Ubwenge bwawe n’ubucuruzi, byatumye wongera umutungo wawe, maze ubukire bwawe butera umutima wawe kwikuza!


Narabaragiye barahaga, bamaze kurengwa bishyira ejuru, bakurizaho kunyibagirwa!


Samariya igomba guhanwa kuko yigometse ku Mana yayo. Bazarimburwa n’inkota, abana babo b’ibitambambuga bazicwe, abagore babo batwite babakuremo inda.


Batungwa n’amaturo y’umuryango wanjye wampemukiye, bityo bakifuza ko wakomeza ugacumura.


muvuga ngo «Mbese imboneka z’ukwezi zizarangira ryari, kugira ngo dushobore kugurisha ingano, na sabato izashira ryari, ngo dushobore gufungura imifuka y’ingano twahunitse, tugabanye igipimo twunguriramo n’igiciro, tubeshyeshye iminzani y’ubuhendanyi,


nuko ature igitambo rwa rushundura rwe, atwikire ububani uwo mutego we, kuko ari byo akesha kurya ibitubutse kandi byiza.


zo abaguzi bazo babaga uko bishakiye; bakazicuruza bavuga bati «Imana irakarama, birankungahaje!», mu gihe n’abashumba bazo batakizigirira impuhwe.


Murananiza Uhoraho n’amagambo yanyu! Nyamara mukabaza muti «Ese icyo tumunanizaho ni iki?» Mumunaniza igihe muvuga muti «Umuntu wese ukora ikibi aba atunganye mu maso y’Uhoraho; bene abo ni bo yishimira», cyangwa ngo «Imana ituma ubutabera buganza iri hehe?»


Muravuga amagambo ansesereza, uwo ni Uhoraho ubivuga, hanyuma mukabaza muti «Ese amagambo twakuvuze ni ayahe?»


Nyamara we, kugira ngo yikure mu isoni, abwira Yezu ati «Ariko se mugenzi wanjye ni nde?»


Maze nzibwire nti: dore mfite ibintu byinshi mpunitse, bizamaza igihe kirekire; ubu ngiye kuruhuka, ndye, nywe, ndabagire.’


Nta mugaragu ushobora gukorera ba shebuja babiri: azanga umwe akunde undi, cyangwa azibanda kuri umwe asuzugure undi. Ntimushobora gukorera Imana na Bintu.»


Yezu arababwira ati «Mukunda kwigira intugane mu maso y’abantu, ariko Imana izi imitima yanyu. Koko icyo abantu baha agaciro, ni cyo kiba kigayitse mu maso y’Imana.


Ntuzibwire uti «Imbaraga zanjye bwite ni zo zangejeje kuri ubu burumbuke»,


Abakire bo kuri iyi si, ubasabe ukomeje kutirata no kutiringira ubukungu buyoyoka, ahubwo bizere Imana, yo itugabira byose uko dushaka ngo tubitunge.


n’impaka z’urudaca ziterwa n’abantu bararutse umutima, batakimenya ukuri, kandi bakibwira ko ubusabaniramana ari uburyo bwo kwishakira inyungu.


Kubera ko wibwira uti ’Ndi umukire, ndakungahaye nta cyo nkennye’, maze ntumenye ko uri umunyabyago, imbabare, umukene, impumyi n’umutumbuze,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan