Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 12:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Naho wowe, Yakobo, garukira Imana yawe, ukomere ku budahemuka n’ubutungane, kandi ujye uhora wiringiye Imana yawe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Nuko garukira Imana yawe, komeza imbabazi no kutabera, kandi ujye uhora utegereje Imana yawe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Noneho mwa bakomoka kuri Yakobo mwe, nimugarukire Imana yanyu, nimujye mugira imbabazi n'ubutabera, mujye muhora mwiringiye Imana yanyu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Noneho mwa bakomoka kuri Yakobo mwe, nimugarukire Imana yanyu, nimujye mugira imbabazi n'ubutabera, mujye muhora mwiringiye Imana yanyu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 12:7
28 Iomraidhean Croise  

Uhoraho, niringiye agakiza kawe!


Uhoraho azirana n’iminzani ibeshya, ariko akunda ibipimo by’ukuri.


Uhoraho ashimishwa n’iminzani iboneye, ni we wategetse uko bagomba gupima.


Abantu bazagirirana nabi, umwe arenganye undi, umwana akangaranye umusaza, umutindi asuzugure umunyacyubahiro.


Uhoraho avuze atya: Nimuharanire ubutungane, mukurikize ubutabera, kuko umukiro wanjye wegereje, n’ubuntu bwanjye bugiye kwigaragaza.


Uzavuge uti ’Dore uko Nyagasani Uhoraho abwira Yeruzalemu: Inkomoko yawe n’amavukiro yawe ni igihugu cya Kanahani; so yari Umuhemori, na nyoko ari Umuhetikazi.


Abaturage b’igihugu bakabije urugomo n’uburiganya, bararenganya umukene n’umunyabyago, baragirira umunyamahanga urugomo nta burenganzira babifitiye.


Ubwenge bwawe n’ubucuruzi, byatumye wongera umutungo wawe, maze ubukire bwawe butera umutima wawe kwikuza!


Israheli, garukira Uhoraho Imana yawe, kuko wayobejwe n’ibicumuro byawe.


Na n’ubu kandi, uwo ni Uhoraho ubivuze, nimungarukire n’umutima wanyu wose, mwigomwe mu byo kurya, murire kandi muganye.


kubera ko bakandamiza rubanda rugufi bakayobya abakene inzira, kubera ko umuhungu na se bahurira ku ihabara imwe ngo basebye izina ryanjye ritagatifu,


Nimubyamamaze mu ngoro zo muri Ashuru, no mu ngoro zo mu gihugu cya Misiri, muvuge muti «Nimuteranire ku misozi ya Samariya, mwitegereze imvururu zihari n’ubutsikamirwe buhiganje.


Nimwumve iri jambo, mwa nka mwe z’i Bashani, murisha ku musozi wa Samariya, mugatsikamira abakene, mukaryamira abatindi, mukabwira abagabo banyu muti «Nimuzane icyo kunywa».


Ubwo rero muryamira umutindi mukamutwara umugabane we w’ingano, ayo mazu mwubakishije amabuye abaje, ntimuzayabamo; iyo mizabibu myiza mwateye ntimuzanywa divayi yayo.


Bariyimbire abagambirira kugira nabi, igihe baryamye bagahimbahimba igikorwa kibi, bwacya bagahita bagikora, kuko bagifitiye ububasha!


Nta ndahemuka ikirangwa mu gihugu, nta ntungane ikiboneka mu bantu! Bose bararikiye kumena amaraso, buri muntu arashandikira umuvandimwe we umutego.


Inkono zose z’i Yeruzalemu n’izo muri Yuda zizegurirwa Uhoraho, Umugaba w’ingabo. Abazaba baje gutura igitambo bose bazazitekamo amaturo yabo. Uwo munsi kandi, nta mucuruzi uzaba akirangwa mu Ngoro y’Uhoraho, Umugaba w’ingabo.


Arambwira ati «Uyu ni we bugome.» Hanyuma amutsindagira mu cyibo maze asubizaho umutemeri uremereye w’icyuma.


«Icyo gihe Uhoraho, Umugaba w’ingabo, yavugaga atya: Nimuce imanza zitabera kandi buri muntu agirire impuhwe n’imbabazi umuvandimwe we.


Nzabegera mbacire imanza; nzashinja abapfumu, abasambanyi n’abarahira ibinyoma, nzashinje abacuza abakozi igihembo cyabo, n’abarenganya umupfakazi n’impfubyi, kimwe n’abashikamira umusuhuke, n’abandi bose batanyubaha. Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuze.


Abwira abacuruzaga inuma, ati «Nimuzikure aha ngaha; inzu ya Data mwiyigira inzu y’ubucuruzi!»


Umushahara w’abakozi basaruye imyaka mu mirima yanyu mwarawubahuguje, none ngaha uravuza induru kandi n’imiborogo y’abo bakozi yageze mu matwi ya Nyagasani Umutegetsi w’ingabo.


Ngaha ndi hano! Nimunshinje imbere y’Uhoraho n’imbere y’uwo yasize: ni nde naba naranyaze ikimasa cye cyangwa indogobe ye? Ni nde nariganyije cyangwa nakandamije? Ni nde naba narahatiye kumpa ibiguzi ngo mbonereho kwirengagiza ibibi yakoze? Nihagira uboneka, nzabimuriha.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan