Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 12:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 «Uhoraho, Umugaba w’ingabo», ni ryo zina ryayo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 ni we Uwiteka Imana Nyiringabo, ni izina ryibutsa abantu ko ari Uwiteka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Uhoraho ni we Mana Nyiringabo, Uhoraho ni ryo zina yibukirwaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Uhoraho ni we Mana Nyiringabo, Uhoraho ni ryo zina yibukirwaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 12:6
39 Iomraidhean Croise  

— Mwana w’umuntu, bakumenyesheje ikiri cyiza, ari cyo Uhoraho agushakaho: nta kindi uretse kubahiriza ubutabera, gukunda ubudahemuka, no kugendana n’Imana yawe mu bwiyoroshye.


Naho jyewe, Uhoraho ni we mpanze amaso, niringiye Imana, Umukiza wanjye; koko rero, Imana yanjye izanyumva.


Samariya igomba guhanwa kuko yigometse ku Mana yayo. Bazarimburwa n’inkota, abana babo b’ibitambambuga bazicwe, abagore babo batwite babakuremo inda.


«Icyo gihe Uhoraho, Umugaba w’ingabo, yavugaga atya: Nimuce imanza zitabera kandi buri muntu agirire impuhwe n’imbabazi umuvandimwe we.


Koko rero, urubanza ntirugira impuhwe ku muntu utaragize impuhwe; nyamara impuhwe zisesa urubanza.


Iyobokamana risukuye kandi ritagira amakemwa mu maso y’Imana Data ni iri ngiri: ni ugusura imfubyi n’abapfakazi mu magorwa yabo, kwirinda ubwandu bwose bwo kuri iyi si, kugira ngo ube umuziranenge.


Mpera ko mbanziriza ku bantu b’i Damasi, ngera i Yeruzalemu no mu karere kose ka Yudeya no mu mahanga yose, menyesha abo bose ngo bisubireho kandi bagarukire Imana, babeho ku buryo bukwiriye abicujije.


Petero arabasubiza ati «Nimwisubireho, buri muntu muri mwe abatizwe mu izina rya Yezu Kristu kugira ngo ababarirwe ibyaha bye, kandi muhabwe ingabire ya Roho Mutagatifu.


Dore amabwiriza muzakurikiza: buri muntu nabwire mugenzi we ukuri, mu nkiko zanyu muce imanza zitabera, zishyigikiye amahoro;


Uzababwire uti ’Uhoraho, Umugaba w’ingabo, avuze atya: Nimungarukire — uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga — nanjye nzabagarukira! Nguko uko Uhoraho, Umugaba w’ingabo, avuze.’


None rero, nimuntegereze — uwo ni Uhoraho ubivuze — ku munsi nzahagurukira kubashinja, kuko niyemeje guhuriza hamwe amahanga, no gukorakoranya ibihugu, kugira ngo mbacubanurireho umujinya wanjye, mbamarireho ubukana bwose bw’uburakari bwanjye, (kuko isi yose uko yakabaye izatsembwa n’umuriro w’ugufuha kwanjye.)


Gusa iby’iri bonekerwa bizaza mu gihe cyagenwe, ni bwo byose bizuzuzwa nta kabuza; n’aho ryatinda kandi uzaritegereze, kuko rizaza ku gihe cyaryo nta gihindutse!


Ahubwo uburenganzira nibudendeze nk’amazi, n’ubutabera butembe nk’umugezi udakama!


Nimushishimure imitima yanyu, aho gushishimura ibyo mwambaye, maze mugarukire Uhoraho, Imana yanyu, kuko agwa neza akanagira impuhwe; atinda kurakara akaba n’indahemuka, kandi ntakunda guteza ibyago.


Nimubiba mukurikije ubutungane, muzasarura imyaka myiza. Nimwitongorere imirima ikiri mishyashya; kuko ari cyo gihe cyo gushakashaka Uhoraho, kugeza ubwo azaza akadusesekazaho ubutungane.


Bayisraheli, nimwumve ijambo ry’Uhoraho: Uhoraho araburanya abaturage b’igihugu, kuko nta kuri, nta n’urukundo rwa mugenzi wabo, cyangwa kumenya Imana, bikirangwa mu gihugu;


Urakeka ko kwitandukanya n’abandi usakaza amasederi, ari byo bizatuma ubwami bwawe bukomera? So yararyaga, akanywa, ariko agaharanira ubutabera n’ubutungane, kandi byaramuhiriye!


Igisibo kinshimisha ni iki ngiki: kudohora ingoyi z’akarengane, guhambura iminyururu y’uburetwa, kurekura abashikamirwaga, mbese muri make, gukuraho ibyashikamiraga muntu byose.


Ariko abiringira Uhoraho, bazongera kubona imbaraga: bazatumbagira mu kirere nka za kagoma, biruke ubutananirwa; bihute, nta kudohoka !


Bayisraheli, nimugarukire Uwo mwagomeye!


Nyamara, Uhoraho ategereje ko igihe kigera akabibuka, agiye guhaguruka, kugira ngo abagaragarize impuhwe ze, kuko Uhoraho ari Imana itabera: barahirwa abamwiringira bose !


Ahasigaye ntegereza Uhoraho wimaga amaso inzu ya Yakobo, mba ari we niringira.


Nimwiyuhagire, mwisukure, nimumvane imbere ibikorwa bibi byanyu, kandi muherukire aho kugira nabi!


Ubutungane n’ubutabera binyura Uhoraho, kuruta ibitambo.


Nimugarukire amabwiriza yanjye! Dore, ngiye kubasakazaho umwuka wanjye, mbamenyeshe amagambo yanjye.


Nk’uko abagaragu bahanga amaso ibiganza bya shebuja, nk’uko umuja adakura amaso ku kiganza cya nyirabuja, ni na ko natwe amaso twayahanze Uhoraho Imana yacu, dutegereje ko ari butugirire impuhwe.


Gumana ituze imbere y’Uhoraho, umwiringire, ntugahangayikishwe n’uwahiriwe na byose, n’utunzwe n’amayeri ntakakubabaze.


Ihangane, wizigire Uhoraho, ukomeze umutima, ube intwari! Rwose, wiringire Uhoraho!


Uhoraho, niringiye agakiza kawe!


Ni cyo gitumye rero, muryango wa Israheli — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze — nzacira buri muntu urubanza nkurikije imigenzereze ye. Nimuhinduke mwange ibyaha byanyu byose, icyababera impamvu yo gucumura cyose mukirinde.


Na n’ubu kandi, uwo ni Uhoraho ubivuze, nimungarukire n’umutima wanyu wose, mwigomwe mu byo kurya, murire kandi muganye.


Imana yongera kubwira Musa, iti «Uzabwire Abayisraheli uti ’UHORAHO Imana y’abakuramere banyu, Imana ya Abrahamu, Imana ya Izaki, Imana ya Yakobo, yabantumyeho.’ Ngiryo izina ryanjye iteka ryose, nguko uko bazajya banyita banyambaza kuva mu gisekuru kugera mu kindi.


Nguwo Uwabumbabumbye imisozi, akarema umuyaga, agahishurira umuntu imigambi ye, we ugenga umwijima n’umucyo, agatambagira ibitwa byo ku isi. Izina rye ni Uhoraho, Imana umugaba w’ingabo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan