Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 12:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Efurayimu itungwa n’umuyaga, buri munsi ikiruka inyuma y’umuyaga w’iburasirazuba, bityo ikagwiza ibinyoma n’urugomo: igirana amasezerano na Ashuru, ikagemura amavuta mu Misiri.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Efurayimu yatunzwe n'ibintu by'umuhohwe, kandi akurikira umuyaga w'iburasirazuba, ahora agwiza ibinyoma n'urugomo. Basezerana n'abo muri Ashuri, bajyana amavuta ya elayo muri Egiputa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Abefurayimu bakurikira ibitagira umumaro, birirwa biruka inyuma y'ibibateza akaga, bahora bagwiza ibinyoma n'urugomo, bagirana amasezerano n'Abanyashūru, nyamara bahakwa ku Banyamisiri babatura amavuta y'iminzenze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Abefurayimu bakurikira ibitagira umumaro, birirwa biruka inyuma y'ibibateza akaga, bahora bagwiza ibinyoma n'urugomo, bagirana amasezerano n'Abanyashūru, nyamara bahakwa ku Banyamisiri babatura amavuta y'iminzenze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 12:2
32 Iomraidhean Croise  

Ariko nyuma, umwami w’Abanyashuru amenya ko Hozeya yamugambaniye; koko rero, Hozeya yari yohereje intumwa i Sayisi, ku mwami wa Misiri, kandi ntiyaha umwami w’Abanyashuru amakoro nk’uko yari asanzwe abigenza buri mwaka. Umwami w’Abanyashuru afata Hozeya aramufunga.


«Umuntu uzi ubwenge yasubizanya amahomvu ate, yavuga ate amagambo atagira ishingiro?


Cyakora ntibayibwizaga ukuri, yari amagambo yo ku rurimi gusa;


Na byo biteye agahinda, kubona uko yaje ari na ko agenda, ubwo se bimwunguye iki kubona yararuhiye ubusa?


Ariko rero, igihe Uhoraho azaba arangije gukora icyo yagambiriye cyose ku musozi wa Siyoni no kuri Yeruzalemu, azahindukirira guhana umwami wa Ashuru kubera ubwirasi n’ubwibone bwe,


Nyohereje kurwanya ihanga ry’abahemu, nyihutishirije gutera igihugu cyandakaje, bagisahure kandi bakinyage, bakiribate nk’icyondo cyo mu nzira.


Uwo munsi, mu ijuru, Uhoraho azahana ingabo zihari, naho ku isi, ahane abami b’aho.


umugome agushije ishyano, kuko azahanwa hakurikijwe ibikorwa bye.»


Iteka ryaciriwe ku bikoko by’i Negevu: Mu gihugu giteye ubwoba, kandi cyuje umubabaro, igihugu gituwe n’intare y’ingore n’iy’ingabo, kigaturwa n’inzoka z’impiri, n’ibiyoka biguruka, ni ho banyujije ubukungu n’ubutunzi bwabo babuhekesheje indogobe n’ingamiya, babushyiriye igihugu kitabafitiye akamaro.


Uko bamukoreye ni ko azabitura, abamurwanya abarakarire, n’abanzi be abacyahe.


Urusaku rwageze no ku mpera z’isi; Uhoraho ashoje urubanza arega amahanga, araburanya icyitwa ikinyamubiri cyose, maze abanyabyaha abagabize inkota, uwo ni Uhoraho ubivuze!»


Nzavanaho ibyishimo bye n’iminsi mikuru ye, ibirori bya buri mboneko y’ukwezi, amasabato ye, n’andi makoraniro akomeye yajyagamo.


Bayisraheli, nimwumve ijambo ry’Uhoraho: Uhoraho araburanya abaturage b’igihugu, kuko nta kuri, nta n’urukundo rwa mugenzi wabo, cyangwa kumenya Imana, bikirangwa mu gihugu;


Uko bizagendekera umuherezabitambo, bizagenda bityo no kuri rubanda; nzabaryoza imyifatire yabo, mbahanire n’ibikorwa byabo.


Igihe nshatse gukiza Israheli, amafuti ya Efurayimu n’ubugome bwa Samariya ni bwo byigaragaje; ni koko ibyo bakora ni ibinyoma: umujura arinjira mu nzu, agatsiko k’abambuzi kagaca ibintu ku gasozi.


Efurayimu ni nk’inuma y’injiji idatekereza, baratakira Misiri, bakirukankira no muri Ashuru;


Ntibajya batekereza na rimwe ko nibuka ubugome bwabo! None ibikorwa byabo birabagose, kandi biri imbere yanjye.


N’ubwo baha amaturo atagira ingano abanyamahanga, ngiye kubakoranya bidatinze, maze mu gihe gito bazashengurwe n’umutwaro umwami w’abami agiye kubagerekaho.


Bakunda kuntura ibitambo, no kurya inyama zabyo, nyamara jye Uhoraho, ntibinshimisha. Kuva ubu nzakomeza kwibuka amakosa yabo, mbaryoze ibyaha byabo, basubire mu Misiri.


bitewe n’uko bazamutse bakajya muri Ashuru, ya ndogobe y’ishyamba yibera yonyine, Efurayimu ikagurira amacuti!


Ububi bwabo bwose bwigaragarije i Giligali, ari na ho nahereye nkabanga urunuka. Nzabirukana mu nzu yanjye, mbahoye ububi bw’ibikorwa byabo, sinzongera kubakunda ukundi, bo n’abatware babo b’abahemu.


Barihumanyije bikabije, nko mu gihe cy’i Gibeya, ariko Imana izibuka ibicumuro byabo, ibaryoze ibyaha bakoze.


Uhoraho avuze atya: Kabiri gatatu Yuda icumura! Niyemeje kuyihana kandi sinzivuguruza! Kubera ko basuzuguye inyigisho z’Uhoraho, ntibakurikize amategeko ye, kubera ko ibinyoma byabo byari byarabaroshye, ibyo binyoma ari na byo abasekuruza babo bakurikizaga;


Misozi, nimwumve urubanza rw’Uhoraho, namwe mfatiro zitajegajega z’isi, nimutege amatwi, kuko Uhoraho afitanye urubanza n’umuryango we, akaba aburana na Israheli:


Kandi Umwana w’umuntu agomba kuzagaruka mu ikuzo rya Se, ashagawe n’abamalayika, maze ubwo akagororera umuntu wese akurikije imigirire ye.


Yo izitura buri wese ikurikije ibikorwa bye :


Ntimuzibeshye: Imana ntireregwa. Icyo umuntu azaba yarabibye ni cyo azasarura.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan