Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 11:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Sinzakurikiza ubukana bw’uburakari bwanjye, kandi sinzarimbura ukundi Efurayimu; kuko ndi Imana simbe umuntu, nkaba Nyir’ubutagatifu rwagati muri mwe, sinzongera kugusanga mfite uburakari.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Sinzakurikiza uburakari bwanjye bukaze, kandi sinzagarurwa no gutsemba Efurayimu, kuko ndi Imana, sindi nk'umuntu. Ni jye Uwera uri hagati yanyu, sinzatwarana kuri uwo mudugudu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Sinzakurikiza uburakari bwanjye bukaze. Mwa Befurayimu mwe, sinzagarurwa no kubarimbura, erega ndi Imana sindi umuntu! Jyewe Umuziranenge mba hagati muri mwe, sinzabarakarira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Sinzakurikiza uburakari bwanjye bukaze. Mwa Befurayimu mwe, sinzagarurwa no kubarimbura, erega ndi Imana sindi umuntu! Jyewe Umuziranenge mba hagati muri mwe, sinzabarakarira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 11:9
30 Iomraidhean Croise  

Ariko Amasa ntiyari yitaye ku nkota yari mu kiganza cya Yowabu, ni ko kuyimutera mu nda, amara ye adendeza ku butaka. Ahita apfa ako kanya, Yowabu atongeye kumutera bwa kabiri. Yowabu na murumuna we Abishayi bakomeza gukurikira Sheba, mwene Bikuri.


Ariko hari uruzi rwagabye amashami, agahimbaza umurwa w’Imana, n’Ingoro y’Umusumbabyose irusha izindi ubutagatifu.


Nyamara yo, Nyir’ibambe, aho kubarimbura, ikabababarira; kenshi yacubije uburakari bwayo, ntiyakurikiza uko bayibabaje.


Wahosheje ubukana bwawe, uzibukira igikatu cy’uburakari bwawe.


Rangurura ijwi uvuze impundu, wowe utuye i Siyoni, kuko Nyirubutagatifu wa Israheli, utuye iwawe rwagati, ari Igihangange.»


Baragowe! Abamanuka bajya mu Misiri gutabaza! Barishingikiriza amafarasi, bakiringira amagare y’intambara kuko ari menshi, n’abanyamafarasi kuko ari abanyamaboko, ariko ntibite kuri Nyirubutagatifu wa Israheli, ntibashakashake Uhoraho.


Witinya Yakobo, wowe bahonyora nk’akanyorogoto, witinya Israheli, n’ubwo ubu bakugereranya n’intumbi. Ni jye ugutabara — uwo ni Uhoraho ubivuze. Umuvunyi wawe ni Nyirubutagatifu wa Israheli.


Uzayigosora itwarwe n’umuyaga, maze serwakira iyinyanyagize. Naho wowe uzasingiza Uhoraho, uhimbarwe kubera Nyirubutagatifu wa Israheli.


Ariko kubera izina ryanjye, noroshya uburakari, ngirira n’ibisingizo bingenewe, bituma nifata, maze nkirinda kukurimbura.


Bazakongoka nk’ibyatsi bitwitswe n’umuriro, cyangwa nk’ibikenyeri byahiye, bashanguke bahereye ku mizi, imbuto zabo zizatumuke nk’umukungugu, kuko birengagije itegeko ry’Uhoraho, Umugaba w’ingabo, bagahinyura ijambo rya Nyir’ubutagatifu wa Israheli.


Ahari wenda bazumva, maze buri wese yihane imyifatire ye mibi, bityo nanjye ndeke amakuba nari ngiye kubateza kubera ubugome bwabo.


Ndi kumwe nawe kugira ngo ngukize, — uwo ni Uhoraho ubivuze — ngiye gutsemba amahanga yose nabatatanirijemo, ariko wowe sinzagutsemba. Ahubwo nzaguhana uko bikwiye, kuko sinakureka ntaguhannye.


Efurayimu irantangatanga n’ibinyoma, inzu ya Israheli ikabigirisha uburiganya. (Ariko inzu ya Yuda yo iracyari kumwe n’Imana, ntihemukira Nyir’ubutagatifu.)


Ashuru ntizongera kudukiza ukundi, ntituzongera kugendera ku mafarasi, cyangwa ngo tubwire igikorwa cy’ibiganza byacu tuti ’Uri Imana yacu!’ kuko ari wowe impfubyi zikesha kugirirwa impuhwe!»


Jyewe, Uhoraho, nta bwo nahindutse; ahubwo ni mwebwe, bene Yakobo, muhora muhinduka!


Imana si umuntu ngo irabeshya, si mwene Adamu ngo irisubiraho. Yavuga icyo itazakora se? Ijambo yavuze se ryapfa guhera aho?


Ibisahuwe byose uzabiteranyirize ku karubanda, maze uwo mugi hamwe n’ibintu byose bisahuwe uzabitwikire Uhoraho Imana yawe. Uwo mugi uzahinduka umuyonga ingoma ibihumbi, ntuzigere wongera kubakwa ukundi.


Abishayi abwira Dawudi, ati «Uyu munsi, Imana yashyize umwanzi wawe mu biganza byawe. None rero, ndeka mutere icumu rimwe rizira irya kabiri, maze mubambe ku butaka.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan