Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 11:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Igihe Israheli yari akiri muto, naramukunze, kandi nahamagaye umwana wanjye ngo ave mu Misiri.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 “Isirayeli akiri umwana naramukundaga, hanyuma mpamagara umwana wanjye ngo ave muri Egiputa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Uhoraho aravuga ati: “Isiraheli akiri umwana naramukundaga, uwo mwana wanjye naramuhamagaye ngo ave mu Misiri.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Uhoraho aravuga ati: “Isiraheli akiri umwana naramukundaga, uwo mwana wanjye naramuhamagaye ngo ave mu Misiri.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 11:1
18 Iomraidhean Croise  

Indirimbo y’amazamuko. Barandwanyije kuva mu buto bwanjye, — ngaho Israheli nibyivugire!—


’Mwiboneye ubwanyu ibyo nakoreye Misiri, n’ukuntu mwebwe nabahetse nk’uko kagoma iguruka ihetse abana bayo, maze nkabazana mbiyegereza.


Ubwo uzabwire Farawo, uti ‘Uhoraho aravuze ati: Umwana wanjye w’imfura ni Israheli. Ndakubwiye ngo


Rekura umwana wanjye agende, ajye kunsenga; niba kandi wanze kumurekura ngo agende, jyewe nzica umwana wawe w’imfura.’»


bitewe n’agaciro gakomeye ufite mu maso yanjye; uri uwo kubahwa, kandi nanjye nkaba ngukunda. Natanze rero abantu ho incungu yawe, n’amahanga ho ingurane yawe.


Inzu yanjye ndayitereranye, ntaye umurage wanjye; uwo nari narakundwakaje mugabije abanzi be.


«Genda! Urangurure mu matwi ya Yeruzalemu, uti ’Uhoraho avuze atya: Ndakwibutsa ubuyoboke bwo mu bukumi bwawe, n’urukundo wari umfitiye ukirambagizwa. Icyo gihe wankurikiraga mu butayu, mu butaka butagira ikibumeramo.


kandi muri ayo mahano yose n’ubwo buraya, nturakibuka ya minsi y’ubuto bwawe, igihe wari utumbuje wigaragura mu maraso yawe.


Nanyuze hafi yawe, nkubona wigaragura mu maraso yawe, ariko n’ubwo wari ukigaragura mu maraso yawe bwose, ndakubwira nti ’Baho.’


Ngiryo ishyano mwikururiye kubera Beteli, n’ubugome bwanyu bukabije; naho umwami wa Israheli azarimburwe, umuseke ugikeba!


Yakobo ahungiye mu bibaya bya Aramu, nuko Israheli ahakirwa umugore, kugira ngo amubone aba umushumba w’amatungo.


Naho Efurayimu yo iravuga iti «Narikungahaje, mfite umutungo uhagije», nyamara kandi muri ibyo byose yungutse, nta na kimwe izasigarana, kuko yahemutse igakora ibibi.


Nyamara jye, ndi Uhoraho Imana yawe, kuva nkuvanye mu gihugu cya Misiri. Nta yindi Mana wamenye itari jye, nta wundi Mukiza uriho uretse jye.


Nzamuryoza iminsi yamaze agaragiye za Behali, azitwikira imibavu, ubwo yabaga yambaye amaherena ye n’inigi ze, akiruka inyuma y’amacuti ye, naho jye akanyibagirwa. Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Narabakunze — uwo ni Uhoraho ubivuga — ariko mwe murabaza muti «Udukunda ku buhe buryo?» Yemwe, Ezawu se ntiyari umuvandimwe wa Yakobo? — uwo ni Uhoraho ubivuga — nyamara nakunze Yakobo,


Nuko abayo kugeza igihe Herodi apfiriye. Ibyo byabereye kugira ngo huzuzwe ibyo Nyagasani yavugishije umuhanuzi ati «Nahamagaye umwana wanjye wari mu Misiri.»


Ni ukuri, wowe ukunda imiryango y’abantu, ab’intungane bose bari mu maboko yawe. Bo bari barambaraye imbere y’ibirenge byawe, maze bakira ijambo ryose uvuze.


Niba Uhoraho yarabitayeho akabatora, si uko wenda mwari benshi kurusha indi miryango, kuko ari mwe bake cyane mu miryango yose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan