Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 10:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Barasukiranya amagambo, bararahira ibinyoma, bakagirana amasezerano, ariko ubutungane bwo bakabwitaza, nk’aho ari icyatsi kirimo uburozi cyameze mu murima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Bavuga amagambo y'ubusa, bakarahira ibinyoma mu masezerano basezeranye. Ni cyo gituma iteka rigiye gucibwa vuba nk'uko umuhoko umera mu mayogi y'imirima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Bavuga amagambo y'impfabusa, barahira indahiro z'ibinyoma, bashyira umukono ku masezerano, impaka bagira zirandagatana nk'umuhoko mu buhinge.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Bavuga amagambo y'impfabusa, barahira indahiro z'ibinyoma, bashyira umukono ku masezerano, impaka bagira zirandagatana nk'umuhoko mu buhinge.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 10:4
16 Iomraidhean Croise  

Umuzabibu w’Uhoraho Umugaba w’ingabo, ni inzu ya Israheli, ingemwe z’indobanure yakundaga, zikaba abantu bo muri Yuda. Yari abatezeho ubutungane, none baratemagurana! Yari abategerejeho ubutabera, none abatishoboye baracura imiborogo!


ahubwo bararahira ibinyoma bakabeshya, baricana bakiba, barasambana kandi bakagira urugomo; amaraso amenwe agasimburwa n’andi!


Ariko bo bishe isezerano bakiri i Adama, ari na ho bampemukiriye.


Bariyimbire abahumanyije ubutabera, birengagiza gukiranura abandi.


Hari ubwo se amafarasi yiruka mu mabuye ashinyitse ? Hari ubwo se bahingisha inyanja ibimasa, kugira ngo mubonereho guhumanya ubutabera, maze ubucamanza mukabuhindura umwanda ?


kuko mbona uri mu ndurwe isharira no mu ngoyi y’icyaha.»


ni ibiburabwenge, abahemu, ibiburamutima, intababarira.


Nihagira umuntu umara kumva ya magambo y’imivumo, akibwira ko we afite umugisha agira ati «Jyeweho nta cyo nzabura kubera ko nashegeye gukurikiza ibitekerezo byanjye, none bikaba byarabaye impamo ko ubutaka bwanjye bwahaze amazi, bukaba butagikeneye imvura»,


Nuko Uhoraho abwira Musa ati «Dore wowe ugiye gupfa, usange abasogokuruza bawe. Uyu muryango uzatangira ube ihabara, wohoke ku mana z’abanyamahanga bari mu gihugu ugiye kwinjiramo; uzampararukwa umene igihango cy’Isezerano nagiranye na wo.


Icyo gihe uburakari bwanjye buzawugurumanira, mbatererane, mbahishe amaso, bapfe bashire, ibyago n’imibabaro myinshi bibibasire. Nuko icyo gihe bazavuge bibaza bati ’Igituma ibi byago byadusaritse, aho si uko Imana yacu itakiri muri twe?’


n’abagome, n’abazirampuhwe, n’abanyamazimwe, n’abatihanganira abandi, n’indakoreka, n’abanzi b’ibyiza,


Muramenye ntihazagire n’umwe usaguka ku ngabire y’Imana, ntihazamere kandi muri mwe ingemwe isharira yabatera imidugararo maze ikanduza imbaga yose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan