Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 10:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Umutima wabo ni ibinyoma bisa, none bagiye kubiryozwa. Uhoraho ubwe agiye gusenya intambiro zabo no guhirika inkingi zabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Bagira imitima ibiri: noneho bazasanganwa igicumuro, Imana izasenya ibicaniro byabo, izarimbura za nkingi zabo z'ibigirwamana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Buzuye uburiganya, none dore bagiye kubihanirwa. Uhoraho azasenya intambiro zabo, azarimbura n'inkingi z'amabuye basenga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Buzuye uburiganya, none dore bagiye kubihanirwa. Uhoraho azasenya intambiro zabo, azarimbura n'inkingi z'amabuye basenga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 10:2
24 Iomraidhean Croise  

Eliya yegera rubanda rwose maze aravuga ati «Muzahereza he gucumbagirira ku maguru yombi? Niba Uhoraho ari we Mana, nimumukurikire; niba kandi ari Behali, abe ari we mukurikira!» Ariko abantu ntibagira ijambo na rimwe bamusubiza.


Ntuzapfukame imbere y’imana zabo kandi ntuzaziyoboke; ntuzagenze uko bagenza, ahubwo uzasenye amashusho yazo kandi uhirike amabuye ashinze yazeguriwe.


Umugiranabi aronka inyungu idafashe, naho ubiba ubutungane agahabwa igihembo gishyitse.


Bene abo bantu nta kenge na mba, ntibazi gusesengura ibintu, kuko amaso yahumye, ku buryo batabona na busa, imitima yabo na yo iranangiye nta cyo yumva.


Mu Misiri hose azahamenagura amabuye manini bashinze bukingi akegurirwa izuba, anatwike n’ingoro zose z’ibigirwamana by’aho.»


kugira ngo mbashe gushyikira bundi bushya umutima w’umuryango wanjye Israheli, kuko bose uko bangana banyimuye babitewe n’ibyo bigirwamana.’


Nzavugana n’abahanuzi, ngwize amabonekerwa, kandi mbabwirire mu migani, nifashishije abahanuzi.


Koko rero, n’Abayisraheli bazamara igihe kirekire batagira umwami, nta mutware, nta n’igitambo, nta nkingi, nta n’uruhago cyangwa amabuye y’ubufindo.


Dore Efurayimu yivanze n’indi miryango, imeze nk’umutsima utabirinduwe wahiye uruhande rumwe.


Ahirengeye muturira ibitambo byanyu hamwe na za nkingi zanyu z’amabuye zeguriwe izuba, byose nzabisenya mbimareho. Muzatuma mbazinukwa, maze intumbi zanyu nzigereke hejuru y’ibimene by’ibigirwamana byanyu.


Nzarimbura iwawe ibiti weguriye ibigirwamana, n’imigi yawe nzayisenye.


Nzatsemba aburira hejuru y’amazu kugira ngo bapfukamire ingabo zo mu ijuru, kimwe n’abapfukamira Uhoraho, bakirahira imana yabo Milikomu.


Kuri uwo munsi — uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuze — nzatsemba amazina y’ibigirwamana mu gihugu, ntibazayibuka ukundi; abahanuzi n’umutima wabo wahumanye, mbirukane mu gihugu.


Nta wushobora gukorera ba shebuja babiri: azanga umwe akunde undi, cyangwa azibanda kuri umwe, asuzugure undi. Ntimushobora gukorera Imana na Bintu.


Nta mugaragu ushobora gukorera ba shebuja babiri: azanga umwe akunde undi, cyangwa azibanda kuri umwe asuzugure undi. Ntimushobora gukorera Imana na Bintu.»


umuntu w’imberabyombi, uhindagurika mu nzira ze zose.


Mwa basambanyi mwe, ntimuzi se ko kuba incuti y’isi ari ukuba umwanzi w’Imana? Ushaka kuba incuti y’isi, aba abaye umwanzi w’Imana.


Ntimugakunde isi n’ibyo ku isi. Niba umuntu akunze isi, urukundo rw’Imana Data ntirumubamo,


Bukeye bw’uwo munsi mu gitondo cya kare, basanga Dagoni yongeye kwitura hasi, imbere y’Ubushyinguro bw’Uhoraho. Umutwe n’ibiganza byombi byayimanyutseho byaguye ku gitabo cy’inzu yayo; hari hasigaye igihimba cyayo gusa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan