Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 10:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Nimubiba mukurikije ubutungane, muzasarura imyaka myiza. Nimwitongorere imirima ikiri mishyashya; kuko ari cyo gihe cyo gushakashaka Uhoraho, kugeza ubwo azaza akadusesekazaho ubutungane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Mwibibire mukurikiza gukiranuka, musarure mukurikiza imbabazi, murime imishike yanyu kuko ari igihe cyo gushaka Uwiteka, kugeza igihe azaza akabavubira gukiranuka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Mwa Bisiraheli mwe, nimuhinge ahatigeze hahingwa, nimwibibire ubutungane muzasarura ineza. Koko iki ni igihe cyo kunyambaza, jyewe Uhoraho, nimunyambaze mugeze ubwo nzaza nkabahundazaho ubutungane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Mwa Bisiraheli mwe, nimuhinge ahatigeze hahingwa, nimwibibire ubutungane muzasarura ineza. Koko iki ni igihe cyo kunyambaza, jyewe Uhoraho, nimunyambaze mugeze ubwo nzaza nkabahundazaho ubutungane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 10:12
33 Iomraidhean Croise  

Nimugarukire Uhoraho Nyir’ububasha, mushakashake uruhanga rwe ubudahwema.


amere nk’imvura igwa mu rwuri, mbese nk’imvura y’umurindi ibobeza ubutaka!


Umugiranabi aronka inyungu idafashe, naho ubiba ubutungane agahabwa igihembo gishyitse.


Ururimi ni rwo rugenga urupfu n’ubuzima, abarwishinga bazabona ingaruka zabyo.


Ujye uhera mu gitondo ubiba imbuto yawe, ugeze nimugoroba utaruhutse, kuko utazi ikizaguhira, ari iki cyangwa kiriya, cyangwa se niba byombi ari mahire.


Uhoraho azagusha imvura mu myaka uzaba wabibye mu butaka, buzarumbuke umusaruro utubutse kandi ushimishije. Uwo munsi, amatungo yawe azabona inzuri ngari arishamo,


Baragowe! Abamanuka bajya mu Misiri gutabaza! Barishingikiriza amafarasi, bakiringira amagare y’intambara kuko ari menshi, n’abanyamafarasi kuko ari abanyamaboko, ariko ntibite kuri Nyirubutagatifu wa Israheli, ntibashakashake Uhoraho.


Murahirwa mwe muzaba mwarabibye imbuto ahari amazi hose, mukareka ibimasa n’indogobe bikishyira bikizana.


kuko uwishwe n’inyota nzamuha amazi, uwumiranye mubere isoko idudubiza; nzasendereza umwuka wanjye mu rubyaro rwawe, n’umugisha wanjye ku nkomoko yawe.


Ijuru niritonyange nk’ikime, ibicu bigushe ubutabera, isi nibumbuke, maze umukiro usagambe, ubutabera buhere ko buba umumero! Ngibyo ibyo jye Uhoraho, nihangiye.


Nyamara iyo ujya kwita ku mategeko yanjye, amahoro yawe aba asendereye nk’uruzi, n’ubutungane bwawe bukamera nk’imivumba yo mu nyanja;


Nzawureka ube ikigunda, ntuzicirwa cyangwa ngo uhingirwe, uzameremo amahwa n’imifatangwe, nzabuze n’ibicu kuwugushaho imvura.


Uzashingira imizi ku butabera, ubwo ukize ugushikamira, nta cyo uzatinya; kuko ukize uwagukangaranyaga, akaba atazongera kukwegera.


Nimushakashake Uhoraho igihe agishobora kubonwa, nimumwiyambaze igihe akiri hafi.


Icyo gihe nyine — uwo ni Uhoraho ubivuze — Abayisraheli n’Abayuda bazazana barira, bashakisha Uhoraho Imana yabo.


Nzabatuza impande z’umusozi wanjye, nzagushe imvura igihe cyayo maze bazayibonereho umugisha.


«Uhoraho, Umugaba w’ingabo», ni ryo zina ryayo!


Samariya igomba guhanwa kuko yigometse ku Mana yayo. Bazarimburwa n’inkota, abana babo b’ibitambambuga bazicwe, abagore babo batwite babakuremo inda.


Nidushishikarire kumenya Uhoraho, nta shiti, azatunguka nk’umuseke ukebye, azatugeraho ameze nk’imvura yuhira imyaka, mbese nk’uko imvura y’umuhindo isomya ubutaka.»


Babibye umuyaga, bazasarura serwakira; bameze nk’ingano zitagira amahundo, ntizivemo n’ifu, n'aho kandi yabonekamo yaribwa n’abanyamahanga.


Nimwange ikibi, mukunde icyiza, nimusubize ubucamanza umwanya wabwo mu rukiko, wenda ahari Uhoraho, Umugaba w’ingabo, yazababarira agasigisigi ko mu muryango wa Yozefu.


Uhoraho abwiye inzu ya Israheli atya : Nimunshakashake, muzaronka ubugingo,


Nimushakashake Uhoraho, muzaronka ubugingo. Naho ubundi, azagwa gitumo inzu ya Yozefu nk’inkongi y’umuriro, ayihindure umuyonga, kandi i Beteli nta muntu wo kuyizimya uzahaboneka.


Uwaremye urujeje rw’inyenyeri z’ibihangange n’izitwa Oriyoni, we uhindura umwijima mo igitondo gitangaje, agahindura umunsi mo ijoro ryijimye, agahamagara amazi yo mu nyanja ngo ayasandaze ku isi; izina rye ni Uhoraho!


«Muharanire kwinjirira mu muryango ufunganye; ndabibabwiye: benshi bazagerageza kwinjira, ariko boye kubishobora.


Koko muri iyo minsi, abagaragu banjye n’abaja banjye, nzabasenderezamo Umwuka wanjye maze bahanure.


Uha umuhinzi imbuto zo kubiba, akanamuha umugati wo kurya, azabaha namwe imbuto, azirumbure, kandi agwize umusaruro w’ubutungane bwanyu.


Imbuto y’ubutungane ibibwa mu mahoro, ku baharanira amahoro.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan