Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 10:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Ndaje nzanywe no kubahana! Abanyamahanga bazakoranira kubarwanya, igihe bazahanirwa bya bicumuro byombi byahakorewe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Nzabahana uko nshaka, kandi abanyamahanga bazateranira kubarwanya, igihe bazaba baboshywe ku bicumuro byabo uko ari bibiri.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Niyemeje guhana Abisiraheli. Amahanga azishyira hamwe abarwanye, azabashyira ku ngoyi kubera ibicumuro byabo byinshi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Niyemeje guhana Abisiraheli. Amahanga azishyira hamwe abarwanye, azabashyira ku ngoyi kubera ibicumuro byabo byinshi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 10:10
20 Iomraidhean Croise  

Umwami Yerobowamu yigira inama akora amashusho abiri y’inyana za zahabu, abwira abantu, ati «Mwakabije kuzamuka i Yeruzalemu! None rero, Israheli, ngizi imana zawe zagukuye mu gihugu cya Misiri.»


cyangwa ko uyishumika ikiziriko mu ijosi? Hari ubwo se washobora kuyihingisha imirima yawe?


Ni cyo gitumye Nyagasani, Umugaba w’ingabo, Umunyembaraga wa Israheli, avuze atya: Muragowe! Kuko nzaruhuka nihimuye abandwanya, kandi abanzi banjye, nzabahore.


Ni wowe wanyanze, untera umugongo. Uwo ni Uhoraho ubivuze! Nakuramburiyeho ikiganza ngo nkurimbure, kuko narambiwe guhora nkugirira imbabazi!


Nzohereza imbaga y’abarobyi — uwo ni Uhoraho ubivuze — maze bazabarobe; nzohereze kandi imbaga y’abahigi, bazabahige ku misozi yose no ku tununga twose, bagere no mu masenga yo mu bitare.


«Dore uko muzabwira Sedekiya: Uhoraho Imana ya Israheli avuze atya: Intwari ziri inyuma y’inkike ziharwanyiriza umwami w’i Babiloni n’Abakalideya babateye, nzazigarura nziteranyirize muri uyu mugi rwagati.


ngiye kugukoranyirizaho abakunzi bawe bakunyuze, abo wakunze bose ndetse n’abo wanze, nkwambike ubusa imbere yabo babone ubwambure bwawe bwose uko bwakabaye.


Nzakurangirizaho uburakari bwanjye, mperukire aho kukugirira ishyari, nzacururuka ubutazongera kukurakarira ukundi.


Nuko Nyagasani Uhoraho aravuga ati «Nibahamagaze igitero cy’abantu benshi, babahahamure umutima kandi babasahure;


Ni cyo cyatumye mwegurira ibiganza by’abakunzi be b’Abanyashuru yari yarihebeye,


Nzimara ntyo uburakari, n’umujinya wanjye nywubarangirizeho maze nihorere; bityo bazamenya ko ndi Uhoraho, kandi ko mu burakari bwanjye navuze, kugeza ubwo mbarangirijeho umujinya wanjye.


Mbese Israheli, i Gibeya si ho watangiriye gucumura, kandi kuva ubwo ntiwisubireho! None se intambara yareka ite gutera abagiranabi aho i Gibeya?


Ariko umuyaga w’inkubi uzabagurukana, bakozwe isoni n’ibitambo byabo.


Uko bizagendekera umuherezabitambo, bizagenda bityo no kuri rubanda; nzabaryoza imyifatire yabo, mbahanire n’ibikorwa byabo.


Nimuvuze ihembe ! Icyago kiguye nka kagoma hejuru y’inzu y’Uhoraho, kuko bishe Isezerano ryanjye kandi bagahemuka ku mategeko yanjye.


N’ubwo baha amaturo atagira ingano abanyamahanga, ngiye kubakoranya bidatinze, maze mu gihe gito bazashengurwe n’umutwaro umwami w’abami agiye kubagerekaho.


Umwami ararakara, yohereza ingabo ze zirimbura abo babisha, kandi zitwika umugi wabo.


Kandi nk’uko Uhoraho yahimbarirwaga kubitaho kugira ngo abahe gutunganirwa no kugwira, ni ko Uhoraho nanone azahimbarirwa kubihata kugira ngo abakindagure maze mushireho. Muzirukanwa mu gihugu mugiye kwinjiramo ngo mukigarurire.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan