Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 1:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Intangiriro y’amagambo Uhoraho yabwiye Hozeya. Uhoraho abwira Hozeya, ati «Genda ushake umugore w’indaya, uzakubyarira abana bameze nka we, kuko iki gihugu kigize indaya, kikirengagiza Uhoraho.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Igihe Uwiteka yatangiye kuvugana na Hoseya ubwa mbere aramubwira ati “Genda ucyure umugore wa maraya ufite abana b'ibinyandaro, kuko iki gihugu cyakabije ubusambanyi bwo kureka Uwiteka.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Ngubu ubutumwa Uhoraho yabanje kugeza ku Bisiraheli abunyujije kuri Hozeya. Uhoraho yabwiye Hozeya ati: “Genda urongore indaya, nyuma izabyara abana b'ababyarirano. Koko abatuye iki gihugu baranyimūye, ubwo ni bwo buraya bukabije.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Ngubu ubutumwa Uhoraho yabanje kugeza ku Bisiraheli abunyujije kuri Hozeya. Uhoraho yabwiye Hozeya ati: “Genda urongore indaya, nyuma izabyara abana b'ababyarirano. Koko abatuye iki gihugu baranyimūye, ubwo ni bwo buraya bukabije.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 1:2
24 Iomraidhean Croise  

ahubwo ukaba waragendeye mu nzira z’abami ba Israheli kandi ukaba warakururiye Abayuda n’abatware b’i Yeruzalemu ubusambanyi, nk’uko ab’inzu ya Akabu babigenje, ndetse ukaba warishe abavandimwe bawe bo mu nzu ya so, n’ubwo bakurushaga umutima,


Barihumanyije kubera ibyo bakora, imigenzereze irabandarika;


Ngaha abakujya kure bararimbuka, abaguhungaho ukabatsemba.


Koko, umuryango wanjye wakoze amahano abiri: barantaye, jye soko y’amazi afutse, bifukurira amariba yabo bwite, amariba yatobotse adashobora no kuregamamo amazi.


Kuva kera, washatse kwigobotora ubuhake, uca ingoyi zawe, ugira uti «Sinshaka kuba umuja ukundi.» Nuko urambarara kuri buri musozi no mu nsi ya buri giti gitoshye, boshye umugore w’indaya.


Watinyuka ute kuvuga ngo «Sinanduye», cyangwa uti «Sinayobotse za Behali»? Ibuka imyifatire yawe aho wanyuze mu kabande, maze wemere icyo wakoze. Wari umeze nk’ihene y’ishashi yariye isoni, itana igana impande zose,


bituma igihugu cyose gihumana kubera ubuhabara n’ingeso mbi ze; asambanya ibyo abonye byose, ari igiti, ari n’ibuye.


maze bazanyibukire mu mahanga aho bazaba ari imbohe, kuko nzaba namenaguye umutima wabo wararutse ukanyanga, n’amaso yabo yohotse inyuma y’ibigirwamana byabo. Bazizinukwa na bo ubwabo kubera ibibi byose bakoze n’ayo mahano yabo.


Koko rero, nyina ubabyara yigize indaya, uwabatwise yikojeje isoni igihe avuze ati «Ngiye kwiruka inyuma y’amacuti yanjye, kuko ari bo bampa umugati n’amazi, hamwe n’ubwoya bw’intama n’ihariri, bakanyihera amavuta n’ibyo ninywera.»


Uhoraho arambwira ati «Genda, wongere ukunde wa mugore w’umusambanyi kandi ukunda undi mugabo. Jya umukunda nk’uko Uhoraho akunda Abayisraheli, ariko bo bakamwirengagiza bayoboka izindi mana, zikunda utugati tw’imbuto z’imizabibu batura.»


Efurayimu ndayizi neza, na Israheli sinyiyobewe; kubera ko Efurayimu yoramye mu buraya, Israheli na yo yarandavuye.


Intangiriro y’Inkuru Nziza ya Yezu Kristu, Umwana w’Imana.


Nuko Uhoraho abwira Musa ati «Dore wowe ugiye gupfa, usange abasogokuruza bawe. Uyu muryango uzatangira ube ihabara, wohoke ku mana z’abanyamahanga bari mu gihugu ugiye kwinjiramo; uzampararukwa umene igihango cy’Isezerano nagiranye na wo.


Amaso yabo yatwawe n’ubusambanyi gusa, ntibahage ibyaha; bagashukashuka bene imitima idafashe; bakaba aba mbere mu kurarikira ibibi, bityo bakaba ibyohe.


ku gahanga ke handitswe iri zina ry’urujijo ngo ’Babiloni, umurwa w’icyamamare, nyina w’ubuhabara n’amahano y’isi.’


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan