Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Amosi 7:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Uhoraho yisubiraho, arasubiza ati «Ntibizabaho.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Nuko Uwiteka arigarura ati “Ntibizabaho.” Ni ko Uwiteka yavuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Uhoraho yisubiraho ati: “Ibyo ubonye ntibizabaho!” Uko ni ko Uhoraho yavuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Uhoraho yisubiraho ati: “Ibyo ubonye ntibizabaho!” Uko ni ko Uhoraho yavuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Amosi 7:3
16 Iomraidhean Croise  

Ni ko kuvuga, ati «Ngiye gutsemba ku isi abantu naremye; kandi hamwe na bo nzatsembe amatungo n’ibikoko, ndetse n’ibiguruka mu kirere, kuko nicuza icyatumye mbirema.»


Imana yohereza malayika i Yeruzalemu kugira ngo ayirimbure. Nk’aho yayirimbuye, Uhoraho arabireba maze agira impuhwe. Abwira malayika w’umurimbuzi, ati «Birahagije! Ubu ngubu hina ukuboko!» Ubwo malayika w’Uhoraho yarahagaze ku mbuga ya Orunani w’Umuyebuzi.


yazirikana isezerano yari yarabagiriye, ubudahemuka bwe bukamutera kwisubiraho;


Nyamara yo, Nyir’ibambe, aho kubarimbura, ikabababarira; kenshi yacubije uburakari bwayo, ntiyakurikiza uko bayibabaje.


Uhoraho, tugarukire! Uzaturakarira na ryari? Babarira abagaragu bawe,


Nuko Uhoraho yisubiraho, areka inabi yari yashatse kugirira umuryango we.


Hari ubwo se Hezekiya, umwami wa Yuda n’imbaga ye bigeze bica uwo muhanuzi? Ahubwo ntibagaragarije Uhoraho icyubahiro, bagahagurukira kumwurura? Uhoraho na we areka amakuba yari yiyemeje kubateza, none twebwe twari tugiye kwikururira ishyano.»


Nimwemera kuguma muri iki gihugu, nzabubaka, ubutazongera kubarimbura; nzabatera noye kuzabarandura ukundi, kuko nicujije ikibi nabagiriye.


Efurayimu, nabasha nte kugutererana, Israheli, nayigabiza nte? Nakugira se nka Adama, cyangwa nkakugenza uko nagenje Seboyimu? Mu mutima wanjye nisubiyeho, impuhwe zanjye zirangurumanamo.


Nimushishimure imitima yanyu, aho gushishimura ibyo mwambaye, maze mugarukire Uhoraho, Imana yanyu, kuko agwa neza akanagira impuhwe; atinda kurakara akaba n’indahemuka, kandi ntakunda guteza ibyago.


Hari uwabimenya se? Ahari wenda ntiyazisubiraho! Ahari wenda icyago ntiyazagisimbuza umugisha, akongera gushimishwa n’amaturo n’ibitambo mwatura Uhoraho, Imana yanyu!


Nimwange ikibi, mukunde icyiza, nimusubize ubucamanza umwanya wabwo mu rukiko, wenda ahari Uhoraho, Umugaba w’ingabo, yazababarira agasigisigi ko mu muryango wa Yozefu.


Nya gasani Uhoraho yisubiraho, arasubiza ati «Ibyo na byo ntibizabaho.»


Imana ibonye ibyo bakoraga, n’uko bahinduye bakareka imigenzereze yabo mibi, na yo ihindura imigambi, icyago yari yabateguje ntiyakibateza.


Uhoraho agiye gucira urubanza umuryango we, akazagirira ibambe abayoboke be, nabona yuko intege zabo zishize, kandi ko nta mucakara cyangwa umuntu wigenga usigaye.


Nimwirege ibyaha byanyu bamwe ku bandi, kandi musabirane kugira ngo mukizwe. Isengesho ry’intungane rigira ubushobozi bwinshi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan