Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Amosi 7:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Amasiya ni ko kubwira Amosi ati «Ngaho genda, wa mubonekerwa we; cika ujye mu gihugu cya Yuda; ho uzashobora kwirwanaho no guhanura !

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Kandi Amasiya abwira Amosi ati “Wa bamenya we, genda uhungire mu gihugu cy'u Buyuda urireyo ibyokurya byawe kandi abe ari ho uhanurira,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Nuko Amasiya abwira Amosi ati: “Genda wa muhanuzi we! Itahire mu Buyuda ube ari ho uhanurira ubone ikigutunga!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Nuko Amasiya abwira Amosi ati: “Genda wa muhanuzi we! Itahire mu Buyuda ube ari ho uhanurira ubone ikigutunga!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Amosi 7:12
16 Iomraidhean Croise  

Asa arakarira umushishozi aramufunga, kuko yari ababajwe n’ayo magambo. Muri icyo gihe Asa arenganya abantu benshi muri rubanda.


Babwira abashishozi bati «Ntimushishoze», n’abahanuzi bati «Ntimuhanure ibiri ukuri, nimutubwire gusa ibidushimisha, muhanure ibitagira shinge.


ariko kandi ni n’imbwa z’ibisambo: ntibazi kuvuga ngo «Turahaze», ngabo abitwa abashumba! Nta cyo biyumvira na mba, buri wese atomera ukwe; buri wese yishakira inyungu ye gusa.


Muransuzuguza imbere y’umuryango wanjye, kubera amashyi y’ingano za bushoki n’utumanyu tw’umugati muhabwa; mwicisha abantu batagombaga gupfa, mukareka abatagomba kubaho; byongeye kandi mukabeshya umuryango wanjye wumva ibinyoma byanyu.


Nyamara mwebwe mwanywesheje divayi abanyiyeguriye, abahanuzi mubaha iri tegeko ngo «Ntimugahanure».


Kuko avuga ngo: Yerobowamu azazira inkota, n’Abayisraheli bajyanwe bunyago kure y’igihugu cyabo.»


Nibura nihaboneke umwe muri mwe akinge inzugi z’Ingoro, kugira ngo mutava aho mwongera gucana umuriro w’impfabusa ku rutambiro rwanjye! Sinkibishimira na gato, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga, n’amaturo yanyu ndayanze!


Nuko abatuye umugi bose basanga Yezu; ngo bamubone, baramwinginga ngo abavire mu gihugu.


Icyo gihe bamwe mu Bafarizayi begera Yezu, baramubwira bati «Haguruka, uve hano, kuko Herodi ashaka kukwicisha.»


Baraza babitwaraho, hanyuma barabarekura, babinginga ngo babavire mu mugi.


Bene abo ntibakorera Kristu Umwami wacu, ahubwo inda yabo, maze amagambo yabo y’uburyarya n’ubucakura akayobya imitima itagira iribi.


Umuntu ugengwa na kamere ye gusa ntashobora kwumva ibya Roho w’Imana; koko rero, kuri we ni nk’ibisazi, maze ntashobore kubyumva, kuko bene ibyo biserurirwa muri Roho wenyine.


Nimukenure ubushyo bw’Imana mwaragijwe, mutabikoreshejwe n’agahato, ahubwo mubigiranye ubwende, nk’uko Imana ibishaka; mukabyemera atari ukwishakira amaronko, ahubwo ari ukugira ngo mwitangire abandi.


Naho uwo mu muryango wawe uzarokoka, azamwunamira kugira ngo abone ka feza n’akagati, maze azamubwire ati ’Mbabarira, umpe akarimo k’ubuherezabitambo, kugira ngo mbone agace k’umugati ko kurya.’»


— Kera mu muco w’Abayisraheli, iyo umuntu yagiraga icyo ajya kubaza Imana, yaravugaga ati «Ngwino dusange umushishozi», kuko uwo ubu bita «umuhanuzi», icyo gihe yitwaga «umushishozi.» —


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan