Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Amosi 6:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Mushaka guhigika umunsi w’amagorwa, hanyuma mukigiza bugufi igihe cy’imidugararo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Mwa bashyira kure umunsi w'amakuba, mukigiza bugufi intebe y'urugomo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Mwanga kwemera ko igihe cy'akaga cyegereje, nyamara ibyo mukora birakurura ingoma y'urugomo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Mwanga kwemera ko igihe cy'akaga cyegereje, nyamara ibyo mukora birakurura ingoma y'urugomo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Amosi 6:3
19 Iomraidhean Croise  

Mbese waba icyitso cy’urukiko rurenganya, rutera amakuba runyuranya n’amategeko?


Kubera ko icyemezo cyo guhana ikibi kitaziraho, umutima w’abantu urarikira kugira nabi.


Waribwiraga uti «Nzabaho iteka, nzahora nganje!» Ntiwatekereje uko ibintu bizagenda, ngo uzirikane amaherezo yabyo.


Baravuga bati «Nimuze, tujye gushaka divayi, tunywe ku kayoga gakaze, n’ejo bizagende bityo, ibinyobwa ntibibuze.»


Abari basanzwe barya bakijuta, ngabo baguye umudari mu mayira; abarerewe mu mihemba, barigaragura mu myanda.


«Mwana w’umuntu, mushaka kuvuga iki iyo muca uyu mugani mu gihugu cya Israheli ngo: Ibihe birahita, ibindi bigataha, ariko nta bonekerwa na rimwe ryujujwe ?


«Mwana w’umuntu, dore umuryango wa Israheli uriho uravuga ngo: Ibyo uriya muntu abona nta bwo ari ibya vuba, arahanura ibizaba bitinze mu bihe bizaza.


Iwabo humvikanaga urusaku rw’imbaga nyamwinshi y’abantu batagize icyo bitayeho; bari benshi cyane bakabamo n’abantu b’abasinzi baturutse mu butayu, bambitse abo bagore bombi ibitare ku maboko n’ikamba ritagira uko risa ku mutwe wabo.


Ntibazi gukora ibitunganye, bashimishwa n’urugomo no gusahura.» Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Nimubyamamaze mu ngoro zo muri Ashuru, no mu ngoro zo mu gihugu cya Misiri, muvuge muti «Nimuteranire ku misozi ya Samariya, mwitegereze imvururu zihari n’ubutsikamirwe buhiganje.


Kuko nzi umubare utabarika w’ibicumuro byanyu, n’ububi bw’ibyaha byanyu, mwe murenganya intungane, mukakira indishyi z’amahugu, mugatera ijanja abakene babatakambiye mu rukiko.


Bariyimbire abarambirije ku munsi Uhoraho azaziraho! Bimaze iki? Umunsi w’Uhoraho uzaba umeze ute ku bwanyu? Uzaba ari umunsi w’umwijima, si uw’urumuri.


Hari ubwo se amafarasi yiruka mu mabuye ashinyitse ? Hari ubwo se bahingisha inyanja ibimasa, kugira ngo mubonereho guhumanya ubutabera, maze ubucamanza mukabuhindura umwanda ?


Abanyabyaha bo mu muryango wanjye bose bazicishwa inkota, bo bavuga bati «Ntuzatwegereze ikibi, ntuzatume kidushyikira.»


Wa mugi we, abakungu bawe buzuye urugomo, abaturage bawe bakavuga ibinyoma, n’ururimi rwo mu kanwa kabo rukabeshya!


Naho niba ari umugaragu mubi, wibwira ati ’Databuja aratinze’,


Igihe rero bazaba bavuga ngo ’Mbega amahoro n’umutekano!» ni bwo icyorezo kizabatungura, nk’uko ibise bitungura umugore utwite, kandi nta mahungiro.


maze bakazabakwena bagira bati «Mbese isezerano ry’uko azaza ryaba rigeze he? Kuko kuva igihe ababyeyi bacu bapfiriye, byose bikomeza kuba uko byari bimeze mu ntangiriro y’iremwa ry’isi.»


None ubwo bukungu bwawe bukaba bwazimiye mu isaha imwe!» Nuko abasare bose, n’abagendera mu mato hafi aho bose, n’ababeshwaho n’inyanja bose, bakaba bahagaze ahitaruye,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan