Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Amosi 4:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Ni jye watumye mu migi yanyu yose nta cyo kurya kihaboneka, inzara igatera aho muri hose, nyamara ariko ntimwangarukira! Uwo ni Uhoraho ubivuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 “Nanjye nabategetse ko akanwa kanyu kicara ubusa mu midugudu yanyu yose, mubura ibyokurya aho mutuye hose, ariko ntibyatuma mungarukira. Ni ko Uwiteka avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 “Mu mijyi yanyu yose nabateje gusonza, aho mutuye hose nabateje inzara, nyamara ntimwigeze mungarukira.” Uko ni ko Uhoraho avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 “Mu mijyi yanyu yose nabateje gusonza, aho mutuye hose nabateje inzara, nyamara ntimwigeze mungarukira.” Uko ni ko Uhoraho avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Amosi 4:6
31 Iomraidhean Croise  

Eliya Umutishibi, wo mu baturage b’i Gilihadi, abwira Akabu ati «Ndahiye Uhoraho, Imana ya Israheli nkorera, ko nta rume cyangwa imvura bizagwa muri iyi myaka, keretse jye mbitegetse!»


Eliya aragenda ajya kwiyereka Akabu. Ubwo inzara yacaga ibintu i Samariya.


Elisha asubira i Giligali, ubwo inzara yacaga ibintu mu gihugu. Kubera ko abahanuzi bo mu itorero ry’aho bari bicaye imbere ye, yabwiye umugaragu we, ati «Shyira inkono nini ku ziko, maze uteke isupu y’abahanuzi.»


Elisha yari yarabwiye wa mugore yazuriye umwana, ati «Haguruka ugende, wowe n’umuryango wawe, musuhukire aho muzabona hose, kuko Uhoraho ateje inzara izamara imyaka irindwi mu gihugu!»


Umwami Akhazi, amaze gushoberwa, arushaho gucumura kuri Uhoraho:


Wabanguye ukuboko kwawe, Uhoraho, ntibakubona, nyamara bazabona ishyaka urwanirira umuryango wawe, bakorwe n’isoni, kandi batwikwe n’umuriro wagenewe abanzi bawe.


Dore Nyagasani, Imana, Umugaba w’ingabo, azima Yeruzalemu na Yuda inkunga iyo ari yo yose, abime icyitwa umugati n’amazi cyose,


Ariko Israheli ntirakagarukira uwayihannye, ngo ishakashake Uhoraho, Umugaba w’ingabo.


Ni cyo cyatumye, mu munsi umwe gusa, Uhoraho yatemaguye muri Israheli, umutwe n’umurizo, imikindo n’imfunzo.


Ngana mu mirima nkahasanga abishwe n’inkota, nagaruka mu mugi ngahura n’abahonyorwa n’inzara. Abahanuzi n’abaherezabitambo barazenguruka igihugu, ariko ntibasobanukirwe.» (Rubanda:)


Niko se Uhoraho, ukuri si ko amaso yawe ashaka kureba? Urabahana ariko ntibabikangwa, urabatsemba ariko bakanga kukumva, bigira ba rutare, banga kukugarukira.


Nyagasani Uhoraho aravuze ati «N’ubwo Yeruzalemu nayiteje ibi byago bine bikomeye: inkota, inzara, ibikoko by’inkazi n’ibyorezo, nkayitsembamo abantu n’amatungo,


None rero, dore nkuramburiyeho ikiganza cyanjye, ibyagutungaga ndabigabanyije. Nkweguriye abanzi bawe, ari bo bakobwa b’Abafilisiti bakugenze uko bashaka, kuko na bo ubwabo batewe isoni n’imyifatire yawe.


Nuko rero, Israheli ntizasubira mu gihugu cya Misiri, ahubwo izategekwa n’umwami wa Ashuru, kuko yanze kungarukira!


Nzagenda nigumire iwanjye kugeza ko bazumva igicumuro cyabo, maze bagashakashaka uruhanga rwanjye; koko kandi igihe bazaba bari mu mubabaro, ni bwo bazanshakashaka.


None se ntitwabyiboneraga n’amaso yacu ko ibiribwa bivanyweho, ibyishimo n’umunezero bikabura mu Ngoro y’Uhoraho?


Ibyo bihano na byo nimwanga kubyumva mukansuzugura,


Nzabanyaga imigati mwaryaga, ku buryo abagore cumi bazajya batekera imigati yanyu mu ziko rimwe. Iyo migati bazabazanira na yo bazayipima ku munzani; ntimuzajya muyirya ngo muhage.


Narabahannye, nangiza ibyo mwakoresheje amaboko yanyu byose mbiteza nkongwa, kagungu n’urubura, ariko mwanga kungarukira, uwo ni Uhoraho ubivuze.


Uzabiba imbuto nyinshi mu mirima, ariko usarure bike cyane, kubera ko inzige zizabyona byose.


Namuhaye igihe kugira ngo yisubireho, ariko ntashaka kwisubiraho ngo areke ubuhabara bwe.


Kera, igihugu kigitegekwa n’abacamanza, inzara yarateye, maze umugabo wari utuye i Betelehemu muri Yuda arasuhuka, we n’umugore we, n’abahungu be babiri. Basuhukira mu gihugu cy’i Mowabu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan