Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Amosi 4:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Nabateje icyorezo nka kimwe cyo mu Misiri, nicisha inkota abasore banyu, njyana amafarasi yanyu ho iminyago, ntuma umunuko w’intumbi zo mu ngando zanyu ubazamukira mu mazuru, ariko ntimwangarukira! Uwo ni Uhoraho ubivuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 “Nabateje icyorezo nk'icyo nateje muri Egiputa: abasore banyu nabishije inkota, njyana amafarashi yanyu ho iminyago, natumye umunuko mu ngerero zanyu ubajya mu mazuru, ariko ntibyatuma mungarukira. Ni ko Uwiteka avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 “Nabateje ibyorezo nk'ibyo nateje Abanyamisiri, abasore banyu narabaretse bashirira ku rugamba, amafarasi yanyu narayaretse ajyanwa ho iminyago, nabateje umunuko w'intumbi mu nkambi zanyu, nyamara ntimwigeze mungarukira.” Uko ni ko Uhoraho avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 “Nabateje ibyorezo nk'ibyo nateje Abanyamisiri, abasore banyu narabaretse bashirira ku rugamba, amafarasi yanyu narayaretse ajyanwa ho iminyago, nabateje umunuko w'intumbi mu nkambi zanyu, nyamara ntimwigeze mungarukira.” Uko ni ko Uhoraho avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Amosi 4:10
42 Iomraidhean Croise  

Muri iyo minsi, Uhoraho atangira gutubya igihugu cya Israheli. Hazayeli, umwami w’Abaramu, atsinda Abayisraheli aho barwaniraga hose;


Uhoraho yarakariye cyane Abayisraheli, akajya abagabiza Hazayeli, umwami w’Abaramu, n’umuhungu we Beni‐Hadadi.


Ingabo Yowakazi yari asigaranye, bari abagabo mirongo itanu bagendaga ku mafarasi, amagare cumi, n’abagabo ibihumbi cumi bagendaga ku maguru, kuko abandi bose, umwami w’Abaramu yari yabatsembye abagira nk’umukungugu banyukanyutse.


Hazayeli arabaza ati «Databuja ararizwa n’iki?» Elisha aramusubiza ati «Ndarizwa n’uko menye ibibi uzakorera Abayisraheli: uzatwika amazu yabo, wicishe inkota abana babo b’abasore, utwana duto uduhonyore, abagore babo batwite ubafomoze.»


Nyamara Uhoraho atera umutima wa Farawo kunangira, yanga kubarekura.


Musa na Aroni basanga Farawo, maze baramubwira bati «Uhoraho Imana y’Abahebureyi aravuze ngo: Uzanga kwiyoroshya imbere yanjye uzahereze hehe? Rekura umuryango wanjye kugira ngo ujye kunsenga;


Ubwo nzatera umutima wa Farawo kunangira, maze azabakurikirane. Nyamara nzagaragaza ikuzo ryanjye, nkorere ishyano Farawo n’ingabo ze zose, maze Abanyamisiri bazamenyereho ko ari jyewe Uhoraho.» Nuko Abayisraheli babigenza batyo.


Hanyuma aravuga ati «Niwumva neza ibyo Uhoraho Imana yawe akubwira, ugakora ibitunganye mu maso ye, ugatega amatwi amategeko ye kandi ugakurikiza amateka ye yose, nta bwo nzaguteza icyago na kimwe mu byo nateje Abanyamisiri; kuko ari jye Uhoraho ugukiza.»


Nzaca urugabano hagati y’imbaga yanjye n’iyawe; kandi icyo kimenyetso kizaba ejo.’»


Nyamara Uhoraho atera umutima wa Farawo kunangira, maze Farawo ntiyumva Musa na Aroni, nk’uko Uhoraho yari yabibwiye Musa.


Niba rero ukomeje kuziga umuryango wanjye, ukawubuza kugenda,


Abapfuye babo bazajugunywa ku gasozi, imirambo yabo izatungure umunuko, n’imisozi itembeho amaraso yabo.


Naho mwebwe abacana umuriro, mukitwaza imyambi igurumana, nimujye mu gishyito cy’umuriro wanyu, rwagati mu nkongi y’umuriro mwicaniye. Kuko ibyo muzabigirirwa n’ikiganza cyanjye, mukazapfana umubabaro.


Ariko Israheli ntirakagarukira uwayihannye, ngo ishakashake Uhoraho, Umugaba w’ingabo.


Ni cyo cyatumye, mu munsi umwe gusa, Uhoraho yatemaguye muri Israheli, umutwe n’umurizo, imikindo n’imfunzo.


Koko ubugome bugurumana nk’umuriro utwika amahwa n’imifatangwe, ugakongeza ibihuru by’ishyamba, maze umwotsi ugatumbagira ikirere.


Uhoraho Umugaba w’ingabo avuze atya: Ngiye kubahagurukira: urubyiruko rwabo ruzicwa n’inkota, abahungu n’abakobwa babo bamarwe n’inzara.


Mbateganyirije ibi bintu bine — uwo ni Uhoraho ubivuze — : inkota izabica, imbwa zizabakurubana, inyoni zo mu kirere n’ibisimba byo mu ishyamba bizabatanyagura, bibatsembe.


Bazamarwa n’inzara, ntibazaririrwa cyangwa ngo bahambwe; bazahinduka ifumbire y’ubutaka. Bazarimburwa n’inkota n’inzara; intumbi zabo zizaribwa n’inyoni zo mu kirere, n’inyamaswa zo mu ishyamba.


None rero, abana babo, bananguze inzara, unabarimbuze ubugi bw’inkota! Abagore babo ubacuze abana n’abagabo; abagabo na bo bicwe na nyamunsi, naho abasore barimburwe n’inkota ku rugamba!


Umurimbuzi wa Mowabu arazamutse ateye imigi yayo; ab’intwari mu basore bayo ngabo baramanuka bajya mu ibagiro — uwo ni Umwami ubivuze, ari we Uhoraho Umugaba w’ingabo!


Uwo munsi nyine ingabo zawo z’insoresore zizawugwamo, maze abawurwaniriraga bose baceceke, — uwo ni Uhoraho Umugaba w’ingabo ubivuze.


Niko se Uhoraho, ukuri si ko amaso yawe ashaka kureba? Urabahana ariko ntibabikangwa, urabatsemba ariko bakanga kukumva, bigira ba rutare, banga kukugarukira.


Nuzuye uburakari, jyewe Uhoraho singishoboye kubuzinzika. Bucuranurire ku bana bari mu nzira, no ku ikoraniro ryose ry’abasore, buzagere no ku bagabo, n’abagore, ku bakuru n’abasaza.


Uhoraho avuze atya: Umuhanga ntaziratane ubuhanga bwe! Umunyembaraga ntaziratane ingufu ze! Umukungu ntaziratane ubukire bwe!


Nuko rero, Israheli ntizasubira mu gihugu cya Misiri, ahubwo izategekwa n’umwami wa Ashuru, kuko yanze kungarukira!


Uje aturutse mu majyaruguru, nzamunyuza kure yanyu; nzamuhinda mwerekeza mu gihugu cyumaganye kandi kitera. Ingabo ze z’imbere nzaziganisha mu nyanja y’iburasirazuba, iz’inyuma nziganishe mu nyanja y’iburengerazuba, maze umunuko uzatongore kubera ububore bwazo, kuko Uhoraho azaba yakoze ibintu bikomeye!»


Dore rero uko nzabagenzereza nimukora mutyo: Kugira ngo mbakange, nzabahuramo indwara y’ubuhahamuke cyangwa iyo gushishira, maze zibahondobereze amaso n’ubuzima bwanyu bukendere. Muzajya muhingira ubusa, kandi mubibire abanzi banyu birire.


Nzabahuramo inkota yo guhorera Isezerano mwishe, maze muhungire mu migi yanyu. Ubwo naho nzabaterereza icyorezo, maze umubisha wanyu abonereho kubatsemba.


Ni jye watumye mu migi yanyu yose nta cyo kurya kihaboneka, inzara igatera aho muri hose, nyamara ariko ntimwangarukira! Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Uwo munsi mu ngoro bazaririmba indirimbo z’amaganya, uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze, intumbi zizaba nyinshi, aho bazazijugunya, bose bazumirwa.»


Narabahannye, nangiza ibyo mwakoresheje amaboko yanyu byose mbiteza nkongwa, kagungu n’urubura, ariko mwanga kungarukira, uwo ni Uhoraho ubivuze.


Uhoraho azaguteza indwara y’icyorezo izashyira ikaguhitana, ikagutsemba mu gihugu ugiye kwinjiramo ngo ukigarurire.


Uhoraho azaguteza kuma uhagaze, ubuganga, ubupfurute, uburibwe, amapfa, ubugwangare na kagungu; bizagukurikirane kugeza igihe uzimiye.


Azaguteza nawe bya byago by’icyorezo yateje Misiri, bikagukura umutima, maze bizakwibasire.


Uhoraho azakurinda indwara zose, na bya byorezo bya Misiri uzi neza; ntazabiguteza, ahubwo azabyoherereza abakwanga bose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan