Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Amosi 3:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Ihembe se ryo, ryavugira mu mugi, abantu ntibaryamire amajanja? Hari ubwo se ibyago byatera mu mugi, atari Uhoraho ubiteye?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Mbese impanda yavugirizwa mu mudugudu abantu ntibagire ubwoba? Hari ibibi byatera umudugudu Uwiteka atari we ubizanye?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Mbese impanda y'imbūzi yarangururira mu mujyi, abawutuye ntibamarwe n'ubwoba? Ese hari icyago gitera mu mujyi atari Uhoraho ugiteje?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Mbese impanda y'imbūzi yarangururira mu mujyi, abawutuye ntibamarwe n'ubwoba? Ese hari icyago gitera mu mujyi atari Uhoraho ugiteje?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Amosi 3:6
17 Iomraidhean Croise  

Inabi mwari mwangiriye, Imana yayihinduyemo ibyiza, kugira ngo imbaga nyamwinshi irokoke, uko mubiruzi none.


Akivuga ibyo, umwami ubwe aba arahageze, maze aramubwira ati «Ko ibi byago twabitejwe n’Uhoraho, namwizeraho iki kindi?»


Mbeshaho urumuri, nkarema umwijima, ntanga amahirwe, ngateza n’amakuba: ni jye Uhoraho ukora ibyo byose.


Ni nde utakubaha, mwami w’amahanga? Ibyo ni wowe bikwiye, kuko mu bahanga bose b’amahanga no mu bihugu byose, nta n’umwe muhwanye.


Ayiwe we, ayiwe, ndashize! Mfite ubwoba, nkutse umutima, uradiha, sinahora, kuko numvise impuruza y’ihembe n’akamu k’intambara!


Nimubitangaze muri Yuda, mubyamamaze muri Yeruzalemu, nimuvuze ihembe hose mu gihugu, murangurure amajwi muti «Nimukoranire hamwe mwese, twinjire mu bigo bikomeye.


Ese ntimuzanyubaha? — Uwo ni Uhoraho ubivuze — Ese nta bwo muzahinda umushyitsi imbere yanjye, jye washyizeho umusenyi ngo ube urubibi rw’inyanja, urugabano itazigera irenga? Ibyutsa umuhengeri ariko ntigire icyo ishobora, imivumba yayo irasuma ariko ntirurenge.


Nimuve i Yeruzalemu, mwebwe bene Benyamini, mujye gushakira ubuhungiro ahandi. Nimuvugirize ihembe i Tekowa, kuri Betikeremu muhashinge ibendera: mu misozi yo mu majyaruguru, hari icyago kibubikiye, ishyano ry’icyorezo!


iyo abonye inkota ije iteye igihugu avuza ihembe kugira ngo aburire rubanda.


Nimuvugirize ihembe i Gibeya, i Rama havugire akarumbeti, muvugirize induru i Betaveni, muti «Benyamini we, ngaho baguturutse inyuma!»


Mbese inyoni igwa mu mutego nta cyo bayishukishije? Umutego se washibuka ari nta cyo ufashe?


umunsi w’urusaku rw’ihembe n’induru y’intambara, kuko ari bwo bazatera imigi ikomeye n’iminara miremire yo ku nkike zayo.


Kuko mbere y’iyi minsi, abantu nta cyo bari bafite, n’amatungo nta cyo yari abamariye. Uwagendaga ntiyizeraga kugaruka amahoro ku mpamvu y’uwamusagarira; kuko abantu bose nabaretse bagasubiranamo.


uwo muntu rero, bikurikije umugambi udakuka w’Imana, amaze gutangwa, mwaramwishe mumubambisha ku musaraba amaboko y’abagome.


Barangiza batyo imigambi yawe yose wari waragennye kuva kera, ku bw’ububasha bwawe n’ubushake bwawe.


Ubwo dufitiye Nyagasani igitinyiro; turashishikariza abantu kumwemera, kandi rwose, nta buryarya dufite imbere y’Imana. Nizeye ko namwe mutabunziho.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan