Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Amosi 1:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Amagambo ya Amosi, wari umwe mu borozi b’i Tekowa, yerekeye ibyo yabonye bireba Israheli, mu gihe cya Oziya, umwami wa Yuda, na Yerobowamu, mwene Yowasi, umwami wa Israheli, igihe umutingito w’isi wari ushigaje imyaka ibiri ngo ube.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Amagambo ya Amosi, wari umwe mu bashumba b'i Tekowa, y'ibyo yabonye byerekeye ku Bisirayeli, ku ngoma ya Uziya umwami w'u Buyuda, no ku ngoma ya Yerobowamu mwene Yehowasi, umwami wa Isirayeli, hari hasigaye imyaka ibiri cya gishyitsi cy'isi kikaba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Dore amagambo ya Amosi, umwe mu borozi b'i Tekowa. Aravuga ibyo yeretswe ku gihugu cya Isiraheli ku ngoma ya Uziya umwami w'u Buyuda, no ku ngoma ya Yerobowamu mwene Yehowasi umwami wa Isiraheli. Hari hasigaye imyaka ibiri kugira ngo habe wa mutingito w'isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Dore amagambo ya Amosi, umwe mu borozi b'i Tekowa. Aravuga ibyo yeretswe ku gihugu cya Isiraheli ku ngoma ya Uziya umwami w'u Buyuda, no ku ngoma ya Yerobowamu mwene Yehowasi umwami wa Isiraheli. Hari hasigaye imyaka ibiri kugira ngo habe wa mutingito w'isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Amosi 1:1
23 Iomraidhean Croise  

Aherako atuma intumwa i Tekowa, kuzanayo umugore w’umunyabwenge, maze aramubwira ati «Ndagusabye ngo wihindure nk’umuntu ubabaye, wambare imyambaro y’akababaro, ntiwisige imibavu; mbese muri make, umere nk’umugore umaze igihe kirekire mu kababaro k’umugabo we wapfuye.


Eliya ava aho ngaho aragenda, asanga Elisha mwene Shafati ahinga. Yahingaga umurima we ari kumwe n’abagaragu be; buri wese uko bari cumi na babiri ahingisha ibimasa bibiri, ari we ubwe uyoboye bibiri by’inyuma. Eliya amunyura iruhande, maze amujugunyira igishura cye.


Imbaga yose ya Yuda ifata Hoziya wari umaze imyaka cumi n’itandatu avutse, baramwimika ngo azungure se Amasiya.


Mu mwaka wa cumi n’itanu w’ingoma ya Amasiya mwene Yowasi, umwami wa Yuda, Yerobowamu mwene Yowasi, aba umwami wa Israheli i Samariya, amara imyaka mirongo ine n’umwe ari ku ngoma.


Yubaka Betelehemu, Etamu, Tekowa,


Bukeye, abantu bazinduka kare, basohoka bajya mu butayu bwa Tekowa. Bagiye kugenda, Yozafati arahaguruka, arababwira ati «Nimunyumve, Bayuda namwe baturage b’i Yeruzalemu! Nimwizera Uhoraho Imana yanyu muzabaho! Nimwizera abahanuzi be muzatsinda!»


Musa yari aragiye ubushyo bwa sebukwe Yetero umuherezabitambo w’i Madiyani. Ayobora ubushyo hirya y’ubutayu, maze agera ku musozi w’Imana, i Horebu.


Ibyo Izayi mwene Amosi yabonye byerekeye Yuda na Yeruzalemu ku ngoma ya Oziya, iya Yotamu, iya Akhazi n’iya Hezekiya, abami ba Yuda.


Ngaya amagambo ya Yeremiya, mwene Hilikiyahu, wari umwe mu baherezabitambo babaga i Anatoti mu ntara ya Benyamini,


Kuva kera na kare, abahanuzi batubanjirije jye nawe, bahanuriye ibihugu byinshi n’ingoma zikomeye, bakabamenyesha intambara, amakuba n’ibyorezo.


Nimuve i Yeruzalemu, mwebwe bene Benyamini, mujye gushakira ubuhungiro ahandi. Nimuvugirize ihembe i Tekowa, kuri Betikeremu muhashinge ibendera: mu misozi yo mu majyaruguru, hari icyago kibubikiye, ishyano ry’icyorezo!


Ubasobanurira ayo magambo yose, ariko ntibakumve. Urabahamagara, ariko ntibakwitabe.


Dore ijambo ry’Uhoraho ryabwiwe Hozeya, mwene Beyeri, mu gihe Oziya, Yotamu, Akhazi na Hezekiya bari abami ba Yuda, no mu gihe Yerobowamu, mwene Yowasi, yari umwami wa Israheli.


Amosi asubiza Amasiya, ati «Sinari umuhanuzi, sinari n’umwe mu itorero ry’abahanuzi; nari umworozi, ngakonora n’ibiti byera imbuto.


Dore ijambo Uhoraho yabwiye Mika w’i Moresheti, mu gihe cya Yotamu, Akhazi na Hezekiya, abami ba Yuda. Dore ibyo yeretswe byerekeye Samariya na Yeruzalemu.


Nuko muzahungire mu kibaya cy’imisozi yanjye, kuko ikibaya cy’imisozi kizagera i Yasali. Muzahunga nk’uko mwahunze umutingito w’isi ku gihe cya Oziya, umwami wa Yuda. Hanyuma Uhoraho, Imana yanjye azaza, ari kumwe n’abatagatifu be bose.


Nuko igihe yagendaga ku nkombe y’inyanja ya Galileya, abona abavandimwe babiri, Simoni bita Petero na Andereya murumuna we; bariho baroha inshundura mu nyanja, kuko bari abarobyi.


Ahubwo rero ibyo abantu bita ibisazi, ni byo Imana yihitiyemo ngo irindagize abiyita abahanga; kandi ibinyantege nke ku bantu, ni byo Imana yitoreye ngo isuzuguze abanyamaboko;


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan