Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abefeso 5:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Naho ibyerekeye ubusambanyi, ubwandavure iyo buva bukagera, kimwe n’ubugugu, ibyo ntibikanavugwe muri mwe; ni ko bikwiye mu batagatifujwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Ariko gusambana n'ibyonona byose no kurarikira ntibikavugwe rwose muri mwe nk'uko bikwiriye abera,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Muri intore z'Imana, bityo rero ubusambanyi no kwiyandarika kose cyangwa irari ry'ibintu, ntibikigere bivugwa muri mwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Muri intore z'Imana, bityo rero ubusambanyi no kwiyandarika kose cyangwa irari ry'ibintu, ntibikigere bivugwa muri mwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abefeso 5:3
58 Iomraidhean Croise  

Umugiranabi yirata ko yageze ku ntego ye, kuba yabonye icyo yifuzaga bigatuma atuka Uhoraho akamusuzugura.


Werekeze umutima wanjye ku byemezo byawe, aho kohoka ku maronko.


Ahasigaye, utoranye muri rubanda rwose abantu b’inyangamugayo kandi batinya Imana, abantu b’intabera kandi batikanyiza; maze ubagire abatware bategeka abantu igihumbi, n’abatware bategeka abantu ijana, n’abatware bategeka abantu mirongo itanu, n’abatware bategeka abantu cumi.


Ntuzararikire inzu ya mugenzi wawe, ntuzararikire umugore wa mugenzi wawe, cyangwa umugaragu we cyangwa umuja we cyangwa inka ye cyangwa indogobe ye, mbese ikintu cya mugenzi wawe icyo ari cyo cyose.»


Muzitondere ibyo nababwiye byose: ntimuziyambaze izina ry’imana z’inyamahanga, ntihazagire n’uwumva muzivuga.


Umutware utagira ubwenge akunda guhuguza, uwanga indamu mbi ni we uzaramba.


Amaso n’umutima byawe birarikiye inyungu gusa, icyawe ni ukumena amaraso y’indacumura, ukabikorana ubuhubutsi n’ubunyamaswa.


Kuva ku muto kugera ku mukuru, bose bararuwe n’inyungu zabo, abahanuzi n’abaherezabitambo bose bakifata nabi.


Nuko rero abagore babo ndabaha abandi, imirima yabo nyiteze abayigabiza; kuko bose, ari umuto n’umukuru, bararuwe n’inyungu zabo; abahanuzi n’abaherezabitambo bose, bakifata nabi.


Nuko bakagusanga ari imbaga, umuryango wanjye ukicara imbere yawe, bagatega amatwi amagambo yawe, ariko ntibayakurikize. Ibyo bashyize imbere ni ibinyoma biri mu kanwa kabo, n’umutima wabo ukihambira ku rwunguko ruturutse ku buriganya.


Umugore naryamana n’umugabo, baziyuhagire kuko baba banduye kugeza nimugoroba.


Bararikira imirima bakayinyaga, amazu bakayambura bene yo; nuko bagafata umugabo n’urugo rwe, bagatwara umuntu n’umurage we.


Israheli igeze i Shitimu irahatura, maze rubanda batangira gusambana n’abakobwa b’Abamowabu.


Koko rero, mu mutima ni ho haturuka ibitekerezo bibi, ubwicanyi, ubusambanyi, ingeso mbi, ubujura, ububeshyi n’ubutukanyi.


Yungamo ati «Muramenye, mwirinde kugira irari ry’ibintu, kuko n’aho umuntu yatunga ibintu byinshi bite, nta bwo ari byo byamubeshaho.»


Abafarizayi bikundiraga amafaranga, bumvise ibyo byose baramukwena.


Ahubwo tubandikire gusa ngo birinde guhumanywa n’ibigirwamana n’ubukozi bw’ibibi, birinde kandi kurya inyamaswa zanizwe, n’amaraso.


Nta kintu cy’umuntu uwo ari we wese nararikiye, cyaba feza, cyaba zahabu, cyangwa umwambaro.


Buzuye icyitwa inabi cyose, ubugome, umururumba, ububisha; buzuye ishyari, ubwicanyi, intonganya, uburiganya, ubugambanyi; barasebanya,


kugira ngo mumwakire muri Nyagasani nk’uko bikwiriye abatagatifujwe, kandi ngo muzamufashe mu byo yabakeneraho byose, kuko na we yatabaye benshi, barimo jye.


Kandi imibiri yanyu ntimukayegurire icyaha ngo ibe intwaro z’ukugira nabi, ahubwo nimugandukire Imana nk’abazima bavuye mu bapfu, imibiri yanyu muyegurire Imana ibe intwaro z’ubutungane.


Twirinde gusambana, nk’uko bamwe muri bo babikoze, maze bagapfamo abageze ku bihumbi makumyabiri na bitatu umunsi umwe.


Inkuru yaramamaye hose y’uko muri mwe hari ubusambanyi, ndetse ubusambanyi bukabije, butaraboneka no mu banyamahanga: baravuga ko umwe muri mwe atunze muka se!


Ibiribwa byagenewe inda, inda na yo igenerwa ibiribwa, simbihakana; nyamara byombi Imana izabisenya. Cyakora umubiri ntiwagenewe gusambana, ni uwa Nyagasani; Nyagasani akaba ari we uwugenga.


Ubusambanyi nimubugendere kure. Icyaha cyose umuntu akoze, usibye icyo, ntikigera ku mubiri we; ariko usambana aba acumuriye umubiri we bwite.


Ndatinya rwose ko, igihe nzagaruka iwanyu, Imana yanjye izankoza isoni imbere yanyu, nkarizwa na benshi muri mwe bacumuye, ariko ntibisubireho ngo biyake ingeso mbi, ubusambanyi n’ubuhabara.


kuko ibyo bene abo bakora rwihishwa, yewe ndetse no kubivuga biteye isoni.


Koko rero mubimenye neza: nta musambanyi, cyangwa uwandavuye, cyangwa umunyabugugu — we uhindura iby’isi ikigirwamana cye —, abo bose, nta wuzagira umugabane mu Ngoma ya Kristu n’Imana.


Nyamara rero, nimukore ibikwiranye n’Inkuru Nziza ya Kristu. Bityo, nindamuka nje maze nkababona, cyangwa se nintahaba, nzumve ko mukomeye mufite ubumwe, kandi ko muhuje umutima mugafatanyiriza hamwe kurwanira ukwemera mukesha Inkuru Nziza.


Nimucike rero ku bibarimo byose bibatera gutwarwa n’iby’isi, nk’ubwiyandarike n’ubusambanyi, ingeso mbi n’irari ribi, ibyifuzo bibi n’ubugugu butuma musenga ibintu nk’ibigirwamana!


Dore icyo Imana ibashakaho: ni uko mwaba intungane, mukirinda ubusambanyi.


Koko rero, Imana ntiyaduhamagariye kwandavura, ahubwo yaduhamagariye kuba intungane.


ahubwo bakihunda ibikorwa byiza, bya bindi bibereye abagore biyemeje kuyoboka Imana.


ntabe umunywi cyangwa umunyamahane, ahubwo agahorana ineza, akazira gushotorana kandi ntabe umunyabugugu.


Ni koko, umuzi w’ibibi byose ni irari ry’imari. Kubera ko bamwe bayohotseho, byatumye bitandukanya n’ukwemera, maze umutima wabo ushengurwa n’imibabaro itabarika.


Koko hazagwira abantu bikunda ubwabo, n’abafite inyota nyinshi y’ibintu, n’abirasi, n’abikuza, n’abanyarubwa, n’ibyigomeke ku babyeyi, n’indashima, n’inkorashyano,


Abo ngabo ni ngombwa kubaziba akanwa, kuko bahubanganya ingo nyinshi, igihe baba bigisha ibidakwiye kugira ngo bibonere inyungu mbi.


Koko rero, umwepiskopi, kubera ko ari umugabuzi w’ibintu by’Imana, agomba kuba indakemwa, ntabe umwirasi n’umunyamwaga, ntabe umunywi n’indwanyi, ntabe n’umuntu ukurikiranye inyungu itanyuze mu mucyo,


N’abakecuru ni uko, na bo bagomba kwifata nk’uko bikwiriye abatagatifujwe: nibirinde amazimwe no gutwarwa n’akayoga, ahubwo bajye batoza abandi ingeso nziza;


Muramenye ntimukabemo inkozi y’ibibi n’imwe cyangwa umusebyamana, nka Ezawu waguranye imbehe icyubahiro cye cyo kuba imfura ya se.


mu minyago nabonyemo igishura cy’i Shineyari cyiza bitangaje, amasikeli magana abiri ya feza, n’akabumbe ka zahabu gapima amasikeli mirongo itanu, narabikunze maze ndabitwara. Dore nabibitse hariya mu gitaka mu ihema ryanjye rwagati, kandi feza ni yo iri hasi.»


Nimukenure ubushyo bw’Imana mwaragijwe, mutabikoreshejwe n’agahato, ahubwo mubigiranye ubwende, nk’uko Imana ibishaka; mukabyemera atari ukwishakira amaronko, ahubwo ari ukugira ngo mwitangire abandi.


abo aheraho mbere na mbere, ni abatwarwa n’irari ribi ry’umubiri, maze bagahinyura ubutegetsi bw’Imana. Abo biyemera, bagashira isoni, ntibatinya no gutuka Abakujijwe;


Amaso yabo yatwawe n’ubusambanyi gusa, ntibahage ibyaha; bagashukashuka bene imitima idafashe; bakaba aba mbere mu kurarikira ibibi, bityo bakaba ibyohe.


Ubugugu bwabo buzabatera kubashakaho inyungu, babarye imitsi, babashukisha akarimi keza. Nyamara kuva kera urubanza rwabo rwaraciwe, n’ubucibwe bwabo ntiburi kure.


Nyamara mfite icyo nkugayaho: ni uko iwawe hari bamwe bakihambira ku nyigisho za Balamu, wa wundi wagiraga inama Balaki ngo ashuke Abayisraheli, ngo barye inyama zatuwe ibigirwamana, kandi ngo bohoke mu buhabara.


Namuhaye igihe kugira ngo yisubireho, ariko ntashaka kwisubiraho ngo areke ubuhabara bwe.


Naho abanyabwoba, abahemu, abakora ibizira, abicanyi, amahabara, abarozi, abasenga ibigirwamana, n’ababeshyi bose, umurage wabo uri mu nyenga igurumana y’umuriro kandi yuzuye amahindure. Ngurwo urupfu rwa kabiri.»


Kuko ab’imbwa n’abarozi, n’amahabara, n’abicanyi, n’abasenga ibigirwamana, n’umuntu wese ukunda ibinyoma kandi ubikoresha, abo bazahera hanze.


Banze kwisubiraho ngo bareke ubwicanyi bwabo n’ubupfumu, ubukozi bw’ibibi n’ubujura bwabo.


Ariko abahungu be ntibakurikize amatwara ye, ahubwo bashukwa n’inyungu, bakakira ruswa mu manza kandi bakarenga ku mategeko.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan