Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abefeso 4:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Kuba yarazamutse bivuga iki atari uko yabanje kumanuka akagera ku isi yacu?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Ariko iryo jambo ngo “Yazamutse mu ijuru” risobanurwa rite? Ntirigaragaza yuko yabanje kumanuka ikuzimu?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Ariko iryo jambo “yazamukaga” rivuga iki? Ese si ukuvuga se ko yabanje kumanuka akagera ikuzimu?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Ariko iryo jambo “yazamukaga” rivuga iki? Ese si ukuvuga se ko yabanje kumanuka akagera ikuzimu?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abefeso 4:9
22 Iomraidhean Croise  

Uhoraho aramanuka, aza kureba uwo mugi n’uwo munara bene Muntu bubakaga.


Amagufwa yanjye ntiyakwikinze, igihe naremerwaga mu ibanga, nkaremwaremwa mu nda ya mama.


Nkwizirikaho n’umutima wanjye wose, ukuboko kwawe kw’indyo kukandamira.


ndibaza nti «Umuntu ni iki kugira ngo ube wamwibuka? Mwene muntu ni iki kugira ngo ube wamwitaho?»


Uhoraho rero amanukira ku musozi wa Sinayi, mu mpinga yawo, maze Uhoraho ahamagara Musa ngo aze mu mpinga y’umusozi; nuko Musa azamuka umusozi.


Ni nde wazamutse mu ijuru akagaruka? Ni nde wapfumbase umuyaga mu biganza bye? Ni nde wapfunyitse amazi mu gishura cye? Ni nde washinze imbago z’isi? Izina rye ni irihe kandi umuhungu we yitwa nde? Wowe uramuzi!


Ijuru nirisabwe n’ibyishimo, kuko Uhoraho yakoze, ikuzimu mu nsi y’isi nihirangire, imisozi ndetse n’ishyamba kumwe n’ibiti byaryo byose nibitere urwamo rw’ibyishimo, kuko Uhoraho yacunguye Yakobo, akagaragaza ikuzo rye muri Israheli.


Nuko rero, ntihazagire igiti na kimwe cyegereye amazi cyongera kureshya gityo, ntihazagire icyongera kugeza ubushorishori bwacyo mu bicu, cyangwa ngo igiti cyavomerewe cyongere kugira uburebure bureshya butyo; kuko byose byagenewe gupfa bikajya mu kuzimu, bigasanga abarambitswe mu rwobo.


Nk’uko Yonasi yamaze mu nda y’igifi iminsi itatu n’amajoro atatu, ni na ko Umwana w’umuntu azamara mu nda y’isi iminsi itatu n’amajoro atatu.


Yezu ahita amubwira ati «Ntushake kungumana, kuko ntarazamuka njya kwa Data. Ahubwo genda, usange abavandimwe banjye maze ubabwire ko ngiye kwa Data ari we So, ku Mana yanjye ari na Yo Mana yanyu.»


Nta wigeze azamuka ajya mu ijuru, uretse Umwana w’umuntu wamanutse aturutse mu ijuru.


Kuko umugati Imana itanga ari umanuka mu ijuru, kandi ukazanira isi ubugingo.»


Namanutse mu ijuru ntazanywe no gukora ibyo nshaka, ahubwo nje gukora ibyo Uwantumye ashaka.


Nuko Abayahudi barijujuta, bitewe n’uko yari yavuze ati «Ndi umugati wamanutse mu ijuru.»


Ni jye mugati muzima wamanutse mu ijuru. Urya uwo mugati azabaho iteka; kandi umugati nzatanga, ni umubiri wanjye, kugira ngo isi igire ubugingo.»


Nguyu umugati wamanutse mu ijuru: si nk’uwo ba sogokuruza banyu bariye bakarenga bagapfa; urya uyu mugati azabaho iteka ryose.»


Noneho ubwo hacura iki mubonye Umwana w’umuntu azamutse ajya aho yahoze mbere hose?


Yezu arabasubiza ati «N’ubwo ari jye uhamya ibinyerekeyeho, ibyo mpamya ni ukuri, kuko nzi aho nturuka n’aho ngana, naho mwe ntimuzi aho nturuka n’aho ngana.


Wamucishije bugufi y’abamalayika ho gato; umutamiriza ikamba ry’ikuzo n’icyubahiro;


nyamara dore icyo tubona: Yezu uwo, wagizwe muto ku bamalayika mu gihe kigufi, ubu kubera ko yababaye agapfa, tumubona atamirije ikamba ry’ikuzo n’icyubahiro. Bityo, ku bw’ineza y’Imana, urupfu yigabije rwagiriye buri muntu akamaro.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan