Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abefeso 4:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Nguko uko yatunganyije abatagatifujwe be, anabategurira gukomeza umurimo bashinzwe wo kungura umubiri wa Kristu,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 kugira ngo abera batunganirizwe rwose gukora umurimo wo kugabura iby'Imana no gukomeza umubiri wa Kristo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Abigenza atyo kugira ngo intore z'Imana zitegurirwe gukora umurimo wayo, maze zubake Umubiri wa Kristo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Abigenza atyo kugira ngo intore z'Imana zitegurirwe gukora umurimo wayo, maze zubake Umubiri wa Kristo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abefeso 4:12
45 Iomraidhean Croise  

ariko nagusabiye kugira ngo ukwemera kwawe kudatezuka. Nawe rero, numara kwisubiraho, uzakomeze abavandimwe bawe.»


Uwo yari umwe muri twe kandi yari yaratorewe uyu murimo wacu.


kugira ngo ahabwe umwanya mu murimo wa gitumwa Yuda yaretse, akajya ahamukwiye.»


Ngo agereyo, abona ineza Imana yari yabagiriye, biramushimisha. Nuko arabihanangiriza ngo bizirike kuri Nyagasani babikuye ku mutima.


Nyamara ku bwanjye, ndahamya ko amagara yanjye bwite nta cyo amariye; icya ngombwa ni ukurangiza isiganwa ryanjye n’umurimo Nyagasani Yezu yanshinze wo guhamya Inkuru Nziza y’ineza Imana ibagirira.


Murimenye rero ubwanyu, mumenye n’ubushyo mwaragijwe na Roho Mutagatifu, mube abashumba ba Kiliziya y’Imana, Yezu yacunguje amaraso ye bwite.


Ubwo Kiliziya yariho mu mahoro muri Yudeya yose, muri Galileya no muri Samariya, ishinga imizi kandi ikomeza kubaha Nyagasani, bityo irushaho kujya mbere ikomejwe na Roho Mutagatifu.


bityo turi benshi, ariko tugize umubiri umwe muri Kristu, buri wese ku buryo bwe akabera abandi urugingo.


uwahawe ingabire yo kwita ku bandi, abiteho; uwahawe kwigisha, niyigishe;


Nuko rero niduharanire ibishyigikira amahoro n’ibidufasha guterana inkunga.


Bavandimwe banjye, nzi neza ko namwe ubwanyu mwuje ingeso nziza, ko mwuzuye ubumenyi bwose, ko mushobora ubwanyu kujijurana.


Buri muntu muri twe nashimishe mugenzi we, akore icyiza cyose cyamukomeza.


Kandi nzi ko ninza iwanyu, nzazana umugisha wose wa Kristu.


Namwe rero muri umubiri umwe ari wo Kristu, kandi mukaba ingingo ze, buri muntu ku giti cye.


Koko rero, buri wese ahabwa kugaragaza ibyo Roho w’Imana amukoreramo, ngo bigirire akamaro bose.


Namwe rero nimuharanire ingabire za Roho, ndetse muzikenukeho cyane, ariko murarikiye gukomeza ikoraniro.


Kuko iyo nsenga mu ndimi, umutima wanjye uba usenga, ariko ubwenge bwanjye nta cyo buhungukira.


Turangirize ku ki rero, bavandimwe? Igihe mukoraniye hamwe, umwe ashobora gutera indirimbo, undi akigisha, undi agatangaza ibyo yahishuriwe, undi akavuga mu ndimi, undi akazisobanura; ibyo byose kandi bikagirirwa akamaro rusange.


Hashize umwanya mutekereza ko turiho tubireguraho? Oya da! Turavugira imbere y’Imana, muri Kristu. Kandi ibyo byose, nkoramutima zacu, bibere kubagwa neza.


Ahasigaye rero, bavandimwe, muhorane ibyishimo, mutere imbere, muterana inkunga, mushyire hamwe, mubane mu ituze, bityo Imana yuje urukundo n’amahoro izabana namwe.


Duhora twishimye iyo twe ducogoye ariko mwe mukaba mukomeye. Impamvu y’amasengesho yacu ni uko mwatera imbere.


bishoboka bite ko uwashinzwe ubutumwa bwa Roho atamutambukije kure ikuzo ?


Ku mpuhwe zayo, Imana yatweguriye uwo murimo, bigatuma tudacika intege.


Byose biva ku Mana, yo yiyunze natwe ikoresheje Kristu; nyuma idushinga umurimo w'ubwiyunge.


Nta we rero dushaka guhungabanya, kugira ngo ubutumwa bwacu butagira amakemwa.


Ncuti nkunda, ubwo twashyikirijwe ayo masezerano nitwivaneho ubwandu bwose bw’umubiri n’ubw’umutima; twirundurire ubutungane, mu gitinyiro cy’Imana.


ari yo mubiri n’umusendero w’Uwo Imana ubwayo isendereyemo ku buryo bwose.


Ni We uha umubiri wose gutera hamwe mu ngingo nyinshi ziwugize, zikawutunga, zikawucunga, buri rugingo ku rugero rwarwo, akanawuha gukura no kwiyubaka mu rukundo.


Ntihakagire ijambo ribi riva mu kanwa kanyu, ahubwo hajye hava ijambo ryiza ryahumuriza abandi, rikagirira akamaro abaryumva.


Nk’uko Umubiri ari umwe na Roho akaba umwe, ni na ko mwahamagariwe gusangira ukwizera kumwe.


Ubu rero nshimishijwe n’uko mbabara ari mwe ngirira, maze ibyari bibuze ku mibabaro ya Kristu, nkabyuzuriza mu mubiri wanjye, mbigirira umubiri we, ari wo Kiliziya.


Kristu uwo nyine ni We twamamaza, tuburira buri muntu kandi tumwigisha ubwenge bwose, kugira ngo buri wese tumuhindure intungane muri Kristu.


Mubwire Arikipo muti «Witondere umurimo wahawe muri Nyagasani, kandi wihatire kuwutunganya!»


Ndashimira cyane Kristu Yezu Umwami wacu wampaye imbaraga, kuko yasanze nkwiye kwizerwa, maze akantorera kumukorera,


Luka ni we wenyine tukiri kumwe. Shaka Mariko, muzazane, kuko amfitiye akamaro cyane mu byo kumfasha;


Wowe rero urabe maso muri byose, wiyumanganye ibitotezo, ushishikarire kogeza Inkuru Nziza, urangize neza ubutumwa bwawe.


Nimwumvire abayobozi banyu kandi mubashobokere, kuko ari bo bashinzwe roho zanyu kandi bakazazibazwa. Bityo bazashobora kubikorana ibyishimo, aho kubikora binuba, kuko ibyo nta kamaro byabagirira.


Nuko rero, tube turetse inyigisho z’ibanze zerekeye Kristu, maze tujye mu byisumbuye bikwiriye abakuze. Ntitugaruka ku mahame y’ishingiro ariyo y’aya: gutandukana n’ibikorwa bikurura urupfu, kwemera Imana,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan