Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abefeso 4:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Uwari waramanutse ni na We wazamutse mu bushorishori bw’ijuru kugira ngo aganze muri byose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Uwamanutse ni we wazamutse ajya hejuru y'amajuru yose, kugira ngo asohoze byose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Uwamanutse ni na we wazamutse ajya hejuru y'amajuru yose, kugira ngo yuzure ibyaremwe byose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Uwamanutse ni na we wazamutse ajya hejuru y'amajuru yose, kugira ngo yuzure ibyaremwe byose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abefeso 4:10
24 Iomraidhean Croise  

Ndababwira ukuri: iki gisekuru ntikizashira ibyo byose bitabaye.


Nuko arababwira ati «Ibyo ni byo nababwiraga nkiri kumwe namwe, nti ’Ni ngombwa ko huzuzwa ibinyerekeyeho byose byanditswe mu mategeko ya Musa, mu bitabo by’Abahanuzi no muri Zaburi.’»


Kandi twese twahawe ku busendere bwe, tugirirwa ubuntu bugeretse ku bundi.


«Ntituyitanyure, ahubwo reka tuyikorereho ubufindo, tumenye uri bube nyirayo.» Bityo harangira Ibyanditswe, ngo «Bigabanije imyambaro yanjye, maze kanzu yanjye bayikoreraho ubufindo.» Nguko uko abasirikare babigenjeje.


Nyuma y’ibyo, Yezu wari uzi ko byose birangiye, kugira ngo Ibyanditswe byuzuzwe, aravuga ati «Mfite inyota.»


Ibyo byabaye ari ukugira ngo huzuzwe Ibyanditswe ngo «Nta gufwa rye rizavunika.»


Barababaza bati «Yemwe bagabo b’i Galileya, ni iki kibahagaritse aho mureba mu ijuru? Yezu uwo ubavanywemo akajyanwa mu ijuru, azaza nk’uko mumubonye ajya mu ijuru.»


Amaze kuvuga atyo azamurwa mu ijuru bamureba, maze igicu kiramukingiriza ntibongera kumubona.


Aho amariye gukuzwa n’ububasha bw’Imana, no guhabwa na Se Roho Mutagatifu wasezeranywe, amusendereza mu bantu nk’uko mubibona kandi mubyumva.


Nyamara Imana yujuje ityo ibyo yari yaravugishije Abahanuzi bose mbere y’uko biba, ko Kristu yagombaga kubabara.


Hari umuntu nzi ku bwa Kristu, hashize imyaka cumi n’ine, — niba byari mu mubiri we, simbizi; niba bitari mu mubiri we, jye simbizi; Imana ni Yo ibizi —, uwo muntu rero yarajyanywe, agezwa mu bushorishori bw’ijuru.


Ni bwo muzagera ku bumenyi busumba byose bw’urwo rukundo, maze musenderezwemo mutyo ubukungahare bw’Imana.


kuko Imana yizihijwe no kumusenderezamo ibyiza byose,


Koko rero ni We ubusendere bwose bwa kamere‐Mana butuyemo mu buryo bw’umubiri,


Rwose, nta watinya kubivuga, iyobera ry’ubusabaniramana rirakomeye: Kristu yigaragarije muri kameremuntu, aba intungane ku bwa Roho, arangamirwa n’abamalayika, yamamazwa mu banyamahanga, yemerwa ku isi hose, ajyanwa mu ikuzo.


Ubwo dufite Umuherezagitambo mukuru uhebuje, watashye mu ijuru, Yezu, Umwana w’Imana, nitwikomezemo ukwemera.


Uwo ni we koko muherezagitambo mukuru twari dukeneye, w’intungane, w’umuziranenge, w’umuzirabwandu, utabarirwa mu banyabyaha, wakiriwe ahasumbye ijuru.


Ingingo y’ingenzi y’ibyo tuvuga ni uko dufite Umuherezagitambo mukuru wa bene ako kageni, wicaye mu ijuru iburyo bwa Nyirikuzo,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan