Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abefeso 3:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 ikampishurira ibanga ryayo nk’uko maze kubibandikira muri make.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 ko mpishurirwa ubwiru bwayo mu iyerekwa nk'uko nabanje kwandika mu magambo make.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Yampishuriye ibanga ryayo irimenyesha neza. Namaze kubyandika mu magambo make,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Yampishuriye ibanga ryayo irimenyesha neza. Namaze kubyandika mu magambo make,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abefeso 3:3
23 Iomraidhean Croise  

Nuko ngaruka i Yeruzalemu, igihe nari mu Ngoro nsenga nza gutwarwa,


Ariko Nyagasani arambwira ati ’Genda, kuko jyewe nshaka kugutuma ku bo mu mahanga ya kure.’»


Haba urusaku rwinshi, bituma bamwe mu bigishamategeko bo mu gice cy’Abafarizayi bahaguruka, barwana ishyaka bikomeye bagira bati «Nta kibi tubona kuri uyu muntu. Mbese none roho yaba yaravuganye na we, cyangwa se umumalayika?»


Koko rero, bavandimwe, sinshaka ko muyoberwa iri banga hato mutazirata: igice kimwe cya Israheli kizanangira umutima kugeza igihe abanyamahanga bose bazaba bakoranyijwe.


Nihasingizwe Imana, Yo ifite ububasha bwo kubakomeza bihuje n’Inkuru Nziza nabashyikirije namamaza Yezu Kristu, nkurikije iyobera ryari ryaracecetswe kuva kera kose,


Mbese ni ngombwa kwirata? Ubanza ari nta cyo bimaze! Nyamara reka ngere ku ibonekerwa no ku byo nahishuriwe na Nyagasani.


si n’umuntu nyikesha, kandi si umuntu wayinyigishije: ni Yezu Kristu wayimpishuriye.


Imana y’Umwami wacu Yezu Kristu, Yo Mubyeyi wuje ikuzo, nibahe umutima w’ubwenge n’ubujijuke, maze muyimenye rwose.


Nimubisoma, muziyumvira ubwanyu ukuntu nacengewe n’ibanga rya Kristu.


None dore n’abanyamahanga na bo bemerewe gusangira umurage umwe natwe, bakaba ingingo z’umubiri umwe hamwe natwe, kandi bakabona uruhare ku isezerano rimwe hamwe natwe muri Kristu Yezu, babikesha Inkuru Nziza.


no gusobanurira bose ukuntu Imana isohoza wa mugambi wari uhishe kuva kera na kare muri Yo, Rurema wahanze ibintu byose.


Nanjye munsabire kugira ngo mpabwe imbaraga zo kuvuga nshize amanga, namamaza iyobera ry’Inkuru Nziza


Icyo mparanira ni uko imitima yabo ihumurizwa, bakibumbira mu rukundo, kandi bakagera ku bumenyi bwuzuye bw’ibanga ry’Imana, ari ryo Kristu,


Mudusabire natwe, kugira ngo Imana idutegurire uburyo bwo kwamamaza ibanga rya Kristu, ari na ryo ritumye mba imfungwa,


Bavandimwe, ndabinginze ngo mwakire iri jambo ryo kubatera umwete, bikaba byatumye mbandikira ntarambuye.


Mbandikiye muri make, nifashishije Silivani mbonamo umuvandimwe w’indahemuka, kugira ngo mbashishikaze kandi mbemeze ko ari ingabire nyakuri y’Imana mwihambiriyeho.


Kandi mumenye ko Nyagasani akomeza kubihanganira agira ngo abakize, nk’uko na Pawulo, umuvandimwe wacu dukunda, yabibandikiye akurikije ubushishozi yahawe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan