Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abefeso 2:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 igihe mwakurikizaga imigenzo y’iyi si, n’Umugenga w’ibyo mu nsi y’ikirere, wa mwuka ukorera mu bagomera Imana . . .

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 ibyo mwagenderagamo kera mukurikiza imigenzo y'iyi si, mugakurikiza umwami utegeka ikirere, ari we mwuka ukorera mu batumvira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Ni byo mwabagamo, mukurikije imigenzereze y'iyi si, mukurikije n'Umugenga w'ibinyabutware byo mu kirere, ari we mwuka ukorera mu bantu batumvira Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Ni byo mwabagamo, mukurikije imigenzereze y'iyi si, mukurikije n'Umugenga w'ibinyabutware byo mu kirere, ari we mwuka ukorera mu bantu batumvira Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abefeso 2:2
64 Iomraidhean Croise  

Umwanya akibivuga, undi aba ashinze aho, ati «Inkongi y’umuriro w’Imana yamanutse ku ijuru, itwika intama n’abagaragu iratsemba; ni jye jyenyine warokotse, nza kubikumenyesha!»


nuko inkubi y’umuyaga ituruka hakurya y’ubutayu, ihirika inkuta z’inzu zose uko ari enye, na yo irarindimuka ibagwa hejuru barapfa; ni jye jyenyine warokotse, nza kubikumenyesha!»


Uhoraho abaza Sekibi ati «Uturutse he?» Sekibi aramusubiza ati «Mvuye kuzerera isi no kuyitambagira.»


Niba narayobye inzira nyayo, umutima wanjye ugatomerera aho amaso awujyanye, none nkaba narahindanye ibiganza,


Uhoraho, ukuboko kwawe nikubameneshe, bave mu bantu, bacike mu bantu no ku isi. Uwo ni wo mugabane ubagenewe muri ubu bugingo! Inda yabo niyuzure ibyo wabazigamiye, n’abahungu babo babiboneho babyijute, basigarize n’abana babo bakiri ku ibere.


Uhoraho avuze atya: Baragowe, abana b’ibirara! Bo bacura imigambi itanturutseho, bakagirana amasezerano anyuranyije n’ayanjye, bityo bakagereka icyaha ku kindi.


Uwo muriho museka ni nde? Uwo mwasamiye mukaba mumunegura, ni nde? Aho ntimuri abana b’ibyigomeke, n’inyoko y’abatekamutwe?


Mu gihugu, bose ni abasambanyi; igihugu cyose kiri mu cyunamo, kandi cyuzuye imivumo; none inzuri zo mu butayu zagwengeye; nta kindi kibashishikaje uretse ikibi, n’umwete wo gusenya.


Mbese Israheli, i Gibeya si ho watangiriye gucumura, kandi kuva ubwo ntiwisubireho! None se intambara yareka ite gutera abagiranabi aho i Gibeya?


mbuni, igishihanyi, rushorera, agaca n’amoko yako yose,


Naho Umwana w’umuntu aje arya kandi anywa, bati ’Ni igisambo, ni umusinzi, ni incuti y’abasoresha n’abanyabyaha!’ Nyamara ubuhanga bw’Imana bwagaragajwe n’ibikorwa byayo.»


Naho imbuto ibibwe mu mahwa, yo isobanura umuntu wumva neza ijambo, ariko imihihibikano y’isi n’ibishuko by’ubukungu bigapfukirana iryo jambo, rigapfa ubusa.


umurima ni isi; imbuto nziza ni abana b’Ingoma; urumamfu ni abana ba Nyakibi;


ariko imihihibikano y’isi, n’ibishuko by’ubukungu, n’ibindi byifuzo bibi bibatwara umutima, bigapfukirana iryo Jambo, ntiryere imbuto na busa.


Nuko shebuja atangarira uwo mugaragu w’umuhemu, kuko yamenye kwiteganyiriza. Koko, abana b’iyi si mu mibanire yabo barusha ubwenge abana b’urumuri.»


Nuko Yezu aravuga ati «Simoni, Simoni! Dore Sekibi yabasabye ngo abashungure nk’ingano,


Ubu igihe cyo gucira isi urubanza kirageze; ubu umutware w’iyi si agiye gusukwa hanze.


Nuko nimugoroba igihe bafunguraga, Sekibi akaba yashyize mu mutima wa Yuda mwene Simoni Isikariyoti igitekerezo cyo kumugambanira,


Yuda ngo amare kwakira uwo mugati, Sekibi amwinjiramo. Nuko Yezu aramubwira ati «Ibyo ugiye gukora, bigire vuba.»


Sinkivuganye namwe byinshi, kuko umugenga w’iyi si aje.


Iyo muba ab’isi, isi yakunze ikiri icyayo; ariko kuko mutari ab’isi, kandi nkaba narabatoye mbakura mu isi, ni cyo isi izabaziza.


azabereka uko urubanza ruteye kuko Umutware w’iyi si yaciriwe urubanza.


Isi ntishobora kubanga, ariko jye iranyanga, kuko mpamya ko ibyo ikora ari bibi.


Yezu arababwira ati «Mwe muri abo hasi, jye nkaba uwo hejuru; mwe muri abo kuri iyi si, jye sindi uwo kuri iyi si.


Ubabyara koko ni Sekibi, none murashaka gukora ibyo so yifuza. Kuva mu ntangiriro yamye ari umwicanyi, kandi ntiyigeze aba mu kuri, kuko atigeze atunga ukuri. Igihe avuga ibinyoma, aba avuga ibiri ibye, kuko yamye ari umubeshyi, ndetse akaba na Sekinyoma.


Umunyamabanga w’umugi amaze kubacecekesha, abwira rubanda ati «Banyefezi, ni nde utazi ko umurwa wacu wa Efezi ari umugi weguriwe Aritemisi w’igihangange, ukarinda n’ishusho rye ryamanutse mu ijuru?


Petero aramubwira ati «Ananiya, ni iki cyatumye Sekinyoma agutaha mu mutima? Wabeshye Roho Mutagatifu maze usigarana igice cy’ikiguzi cy’isambu yawe.


Kandi ntimukigane ibi bihe turimo, ahubwo nimuhinduke, mwivugururemo ibitekerezo, kugira ngo muzajye mumenya neza ugushaka kw’Imana, ikiri cyiza, icyashimisha n’ikiboneye.


sinashakaga kuvuga abasambanyi bose iyo bava bakagera, cyangwa se abanyabugugu, abambuzi, n’abasenga ibigirwamana, kuko bibaye ibyo mwagombye kuva kuri iyi si.


Nguko uko bamwe muri mwe bari bameze. None, mwarasukuwe, mwaratagatifujwe muba intungane ku bw’izina rya Nyagasani Yezu Kristu, no ku bwa Roho w’Imana yacu.


n’abemeragato imana y’iyi si yahumye ubwenge, ku buryo batagerwaho n’umucyo w’Inkuru Nziza n’ububengerane bwa Kristu, We buranga nyakuri bw’Imana.


witangiye ibyaha byacu ngo aturokore iyi si mbi, akurikije ugushaka kw’Imana, ari Yo Umubyeyi wacu.


hejuru y’ibyitwa Ibikomangoma, Ibihangange, Ibinyabubasha n’Ibinyabutegetsi byose, ndetse no hejuru y’irindi zina ryose ryashobora kuvugwa ubu no mu bihe bizaza.


Nuko rero, mwebwe b’abanyamahanga, mwebwe abasuzugurwaga n’Abayahudi kubera umubiri wanyu utagenywe warangaga ukutemera kwanyu, naho bo bakiratana iryo genywa ryabo ryakozwe n’abantu,


Naho ubu ngubu, muri Yezu Kristu, mwebwe abari kure y’Imana kera, mwigijwe bugufi yayo mubikesha amaraso ya Kristu.


Kandi natwe twese kera twari tumeze nka bo, dukurikira irari ry’umubiri wacu, dukora gusa ibyo umubiri ushaka n’ibyifuzo byawo bibi; yewe, ku bwacu twari twikururiye uburakari bw’Imana kimwe na bo.


Dore rero icyo mbabwira kandi mbashishikariza muri Nyagasani: ntimuzongere kugenza nk’abatazi Imana, bikurikirira ubupfu bwabo.


Mugomba rero guca ukubiri n’imibereho yanyu yo hambere, mukivanamo imigenzereze ya muntu w’igisazira ugenda yiyangiza mu byifuzo bibi bimuroha.


Kandi ntihazagire ubahendesha amagambo atagira aho ashingiye, kuko ari ibyo ngibyo bitera Imana kurakarira abayigomera.


Koko rero, kera mwigeze kuba umwijima, naho ubu ngubu mwagizwe urumuri muri Nyagasani; nimugenze nk’abana b’urumuri.


Erega abanzi turwana si abantu, ahubwo abo turwana ni Ibikomangoma, n’Ibihangange, n’Abagenga b’iyi si y’umwijima, n’izindi roho mbi zo mu kirere.


Namwe ubwanyu, kera mwari mwaraciye ukubiri n’Imana, mwari n’abanzi bayo kubera ibitekerezo n’ibikorwa byanyu bibi,


kuko Demasi yantaye, abitewe no gukunda iyi isi: yigiriye i Tesaloniki; Kirisensi na we yagiye mu Bugalati, Tito ajya muri Dalimatiya,


Iyobokamana risukuye kandi ritagira amakemwa mu maso y’Imana Data ni iri ngiri: ni ugusura imfubyi n’abapfakazi mu magorwa yabo, kwirinda ubwandu bwose bwo kuri iyi si, kugira ngo ube umuziranenge.


Bene uwo muntu ntakibwire ko hari icyo Nyagasani yakwihera


Mwa basambanyi mwe, ntimuzi se ko kuba incuti y’isi ari ukuba umwanzi w’Imana? Ushaka kuba incuti y’isi, aba abaye umwanzi w’Imana.


Nimube nk’abana bumvira, mureke gukurikiza irari mwari mufite kera, mukiri mu bujiji;


Koko rero, igihe cyahise cyari kibahagije kugira ngo mukore ibyo abatemera Kristu bifuza, mubeho mu ngeso mbi, mu byifuzo bibi, mu businzi, mu irari ryo kurya no kunywa no mu mihango igayitse y’ibigirwamana.


Amaso yabo yatwawe n’ubusambanyi gusa, ntibahage ibyaha; bagashukashuka bene imitima idafashe; bakaba aba mbere mu kurarikira ibibi, bityo bakaba ibyohe.


Dore ikigaragaza abana b’Imana n’abana ba Sekibi: umuntu wese udakora ibitunganye, cyangwa ntakunde umuvandimwe we, ntakomoka ku Mana.


Naho ukora icyaha, aba ari uwa Sekibi, kuko Sekibi ari umunyabyaha kuva mu ntangiriro. Ngicyo icyatumye Umwana w’Imana yigaragaza: ni ukugira ngo arimbure ibikorwa bya Sekibi.


Mwebweho, twana twanjye, mukomoka ku Mana, kandi mwatsinze abo bahanurabinyoma, kuko Ubatuyemo asumbye kure umugenga w’isi.


Tuzi yuko turi ab’Imana, naho ab'isi bose bakagengwa na Sekibi.


kuko icyabyawe n’Imana cyose gitsinda isi. Intsinzi kandi yaganje isi, ni ukwemera kwacu.


Cya kiyoka nyamunini kirahananturwa: ya Nzoka ya kera na kare, ari yo bita «Sekibi na Sekinyoma», wa wundi uyobya isi yose. Nuko gihananturirwa ku isi hamwe n’Abamalayika bacyo.


Bityo kiyobya abatuye isi kubera ibyo bitangaza cyari cyahawe gukora mu maso y’Igikoko cya mbere; kibwira abatuye isi kwimika ishusho yubahiriza cya Gikoko cyari cyakomerekejwe n’inkota, none kikaba ari gitaraga.


Nuko abatuye isi bose baragisenga, abo bose kuva isi yahangwa, bafite amazina atanditswe mu gitabo cy’ubugingo cya Ntama wishwe.


Nuko umumalayika wa karindwi na we acubanurira inkongoro ye mu kirere, maze mu Ngoro, ku ntebe y’ubwami haturuka ijwi riranguruye, riravuga riti «Birarangiye!»


Afata cya Gikoko, Inzoka ya kera na kare, ari yo Sekibi na Sekinyoma, maze arakiboha ngo kigume ku ngoyi imyaka igihumbi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan