Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abefeso 2:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Nuko rero, mwebwe b’abanyamahanga, mwebwe abasuzugurwaga n’Abayahudi kubera umubiri wanyu utagenywe warangaga ukutemera kwanyu, naho bo bakiratana iryo genywa ryabo ryakozwe n’abantu,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Nuko mwibuke yuko kera mwebwe abanyamahanga ku mubiri, abo abakebwe n'intoki ku mubiri bita abatakebwe,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Mwebwe abanyamahanga, abo Abayahudi bita “abatakebwe”, bo bakirata kwa gukebwa kwabo ko ku mubiri, mwibuke rero

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Mwebwe abanyamahanga, abo Abayahudi bita “abatakebwe”, bo bakirata kwa gukebwa kwabo ko ku mubiri, mwibuke rero

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abefeso 2:11
29 Iomraidhean Croise  

Aho muzahibukira imyifatire yanyu n'ibikorwa byanyu byatumye mwiyanduza, maze bibatere namwe ubwanyu kwizinukwa kubera ibyo bibi byose mwakoze.


Ubwo rero, muzibuka ko mwari mwarayobye mugakora nabi, bibatere namwe ubwanyu kwizinukwa kubera amakosa yanyu n’amahano mwakoze.


Barasubiza bati ’Ni uko nta waturaritse.’ Arababwira ati ’Namwe nimujye mu mizabibu yanjye.’


Niba amwe mu mashami yaratemwe, maze wowe, n’ubwo wari ishami ry’agasozi, ukahagemekwa maze ugasangizwa amakakama azamurwa n’umuzi w’umuzeti,


Niba se utagenywe akurikije ibitunganiye amategeko, nta bwo se ukuba atagenywe bizaba bihwanye n’ukugenywa?


Ndetse utagenywe umubiri, ariko agakurikiza amategeko, azagucira urubanza, wowe uzaba warenze ku mategeko witwaje ibyanditswe n’ukugenywa.


Mwibuke ko igihe mwari mutarayoboka Imana, mwagendaga mutwawe n’ibigirwamana bijunjamye.


Nguko uko bamwe muri mwe bari bameze. None, mwarasukuwe, mwaratagatifujwe muba intungane ku bw’izina rya Nyagasani Yezu Kristu, no ku bwa Roho w’Imana yacu.


Twebwe turi Abayahudi kavukire, ntituri abanyamahanga b’abanyabyaha.


Abashaka gushimwa biratana ibikorwa by’umubiri, abo ngabo ni bo babahatira kugenywa, gusa ngo badatotezwa bahorwa umusaraba wa Kristu.


igihe mwakurikizaga imigenzo y’iyi si, n’Umugenga w’ibyo mu nsi y’ikirere, wa mwuka ukorera mu bagomera Imana . . .


Koko rero, kera mwigeze kuba umwijima, naho ubu ngubu mwagizwe urumuri muri Nyagasani; nimugenze nk’abana b’urumuri.


Uzibuke yuko nawe wari umucakara mu gihugu cya Misiri, maze Uhoraho Imana yawe akagucungura; ni cyo gituma nguhaye iryo tegeko uyu munsi.


Uzibuke ko wari umucakara mu Misiri, ukomeze ayo mategeko kandi uyakurikize.


Ujye wibuka ko wari umucakara mu gihugu cya Misiri, maze Uhoraho Imana yawe akagukuzayo imbaraga n’umurego by’ukuboko kwe: ngicyo igituma Uhoraho Imana yawe yagutegetse kubahiriza umunsi w’isabato.


Uzajye wibuka urugendo rurerure Uhoraho Imana yawe yagukoresheje mu butayu mu myaka mirongo ine yose, kugira ngo agucishe bugufi, bityo akugerageze, amenye ikiri mu mutima wawe kandi amenye niba uzakurikiza amategeko ye cyangwa niba utazayakurikiza.


Jya wibuka, ntukibagirwe ko warakaje Uhoraho Imana yawe igihe wari mu butayu. Kuva wa munsi mwimukiyeho muva mu gihugu cya Misiri kugeza aho mugereye hano, ntimwahwemye kugomera Uhoraho.


Burya ni twe twagenywe by’ukuri, twe dusenga Imana ku bwa Roho wayo, twe dufite ikuzo ryacu muri Yezu Kristu, aho kwiringira umubiri.


Namwe ubwanyu, kera mwari mwaraciye ukubiri n’Imana, mwari n’abanzi bayo kubera ibitekerezo n’ibikorwa byanyu bibi,


Mwagenywe muri We; ariko iryo genywa si rya rindi rikorwa n’abantu, ahubwo ni igenywa mwakorewe na Kristu, ari ryo ribakiza irari ry’imibiri yanyu.


Mwebwe mwari mwarapfuye muzize ibyaha byanyu n’umubiri wanyu wandavuye, none Imana yabashubije ubugingo hamwe na We, itubabarira ibicumuro byacu byose.


Icyo gihe rero ntihaba hakivugwa Umugereki cyangwa Umuyahudi, uwagenywe cyangwa utagenywe, umunyeshyanga cyangwa Umushiti, umucakara cyangwa uwigenga; ahubwo haba havugwa gusa Kristu, uba byose muri bose.


Dawudi abaza abantu bari hafi ye, ati «Umuntu uzica uriya Mufilisiti agahanagura ikimwaro kuri Israheli, harya ngo azagororerwa iki? Mbese yaba ari muntu ki uriya Mufilisiti utagenywe, akaba asuzugura ingabo z’Imana Ihoraho?»


Ubwo umugaragu wawe yishe intare n’ikirura, uriya Mufilisiti utagenywe azamera nka kimwe muri ibyo, kubera ko yakojeje isoni ingabo z’Imana Ihoraho.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan