Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abefeso 1:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Igena ityo mbere y’igihe, ko tuzayibera abana yihitiyemo, tubikesheje Yezu Kristu. Uko ni ko yabyishakiye ku buntu bwayo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Kuko yagambiriye kera ku bw'urukundo rwayo ko duhinduka abana bayo, tubiheshejwe na Yesu Kristo ku bw'ineza y'ubushake bwayo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Imana yari yariyemeje kutugira abana bayo tubiheshejwe na Yezu Kristo, nk'uko yabishatse ikabyishimira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Imana yari yariyemeje kutugira abana bayo tubiheshejwe na Yezu Kristo, nk'uko yabishatse ikabyishimira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abefeso 1:5
32 Iomraidhean Croise  

Jyewe nahoze nibwira nti «Icyampa ngo nshobore kugutandukanya n’abandi bana, nguhe igihugu gitoshye, n’umurage uhebuje andi mahanga ubwiza.» Naribwiraga nti «Muzajya munyita ’Dawe’, kandi ntimuzongera kwitandukanya nanjye ukundi.»


Nyamara na n’ubu uracyatinyuka kuntakira uti «Dawe, ni wowe ncuti y’amagara yo mu buto bwanjye!


Ariko ntiyamwegera kugeza igihe Mariya abyariye umwana w’umuhungu nuko amwita Yezu.


Koko, Dawe, ni ko wabyishakiye.


Ako kanya, Yezu ahimbazwa na Roho Mutagatifu, maze aravuga ati «Dawe, Mutegetsi w’ijuru n’isi, ngushimiye ko ibyo wabihishe abanyabwenge n’abahanga, ukabihishurira abaciye bugufi. Koko, Dawe, ni ko wabyishakiye.


Kuri uwo munsi w’urubanza, Abanyaninivi na bo bazahagurukira ab’iyi ngoma maze babatsinde, kuko bumvise inyigisho za Yonasi maze bakisubiraho, kandi hano hari uruta Yonasi.


Mwitinya, bushyo bukiri mbarwa, kuko Umubyeyi wanyu yishimiye kubaha Ingoma.


Nyamara abamwakiriye bose, yabahaye ububasha bwo guhinduka abana b’Imana, abo ni abemera Izina rye.


Bitari no gupfira rubanda gusa, ndetse no gukoranya abana b’Imana batatanye, akababumbira hamwe.


Yezu ahita amubwira ati «Ntushake kungumana, kuko ntarazamuka njya kwa Data. Ahubwo genda, usange abavandimwe banjye maze ubabwire ko ngiye kwa Data ari we So, ku Mana yanjye ari na Yo Mana yanyu.»


Abanyamahanga babyumvise barishima, basingiza ijambo rya Nyagasani, n’abari baragenewe ubugingo bose baremera.


Nyamara si byo byonyine, ndetse natwe abahawe Roho Mutagatifu ho umuganura, turaganyira mu mutima, dutegereje kugirwa abana b’Imana, ugucungurwa kw’imibiri yacu.


Jyewe Pawulo, watorewe kuba intumwa ya Yezu Kristu, uko Imana yabishatse, hamwe n’umuvandimwe wacu Sositeni,


Koko rero, isi ku bwenge bwayo ntiyashoboye kumenyera Imana mu bigaragaza ubuhanga bwayo; ni yo mpamvu Imana yihitiyemo gukiza abemera, ikoresheje ubusazi bw’iyamamazabutumwa.


Nzababera umubyeyi, namwe mumbere abahungu n’abakobwa, uwo ni Nyagasani ubivuze.»


kuko mwese muri abana b’Imana mubikesha kwemera Kristu Yezu.


Ni we kandi twatorewemo tugenwa mbere y’igihe ku buryo buhuye n’umugambi w’Ugenga byose,


Yaduhishuriye ibanga ry’ugushaka kwayo, wa mugambi wuje urugwiro yari yifitemo kuva kera,


kuko Imana ari yo ibatera gushaka no gukora ikiyishimisha.


kuko Imana yizihijwe no kumusenderezamo ibyiza byose,


Ni yo mpamvu ituma tubasabira iteka, kugira ngo Imana yacu ibahe gutunganya ibyo yabatoreye, kandi ngo ku bubasha bwayo, ibahe gukora ibyiza byose mwiyemeje, mugire n’ukwemera kwigaragaza mu bikorwa.


kandi Imana ubwayo iwukomeresha ibimenyetso, ibitangaza n’ibikorwa by’impangare by’amoko yose, n’ingabire Roho Mutagatifu atanga nk’uko abishaka.


Nimurebe urukundo ruhebuje Imana Data yadukunze, kugeza n’aho twitwa abana b’Imana, kandi tukaba turi bo koko! Dore impamvu isi idashobora kutumenya: ni uko itamenye Imana.


Uzatsinda azatunga ibi ngibi ho umurage, kandi nzamubera Imana, na we ambere umwana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan