Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abefeso 1:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Ni we kandi twatorewemo tugenwa mbere y’igihe ku buryo buhuye n’umugambi w’Ugenga byose,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Ku bw'uwo natwe twarazwe umurage tubitoranirijwe kera nk'uko Imana yabigambiriye, ikora byose nk'uko ibishaka mu mutima wayo

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Muri we Imana yaradutoranyije ngo tube umwihariko wayo, ikurikije imigambi yayo yo gukora byose uko ishaka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Muri we Imana yaradutoranyije ngo tube umwihariko wayo, ikurikije imigambi yayo yo gukora byose uko ishaka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abefeso 1:11
40 Iomraidhean Croise  

Ariko we, ni Nyir’ubuhanga n’ububasha, ni we mujyanama w’ukuri, agashyira mu gaciro koko!


Ibyo ni byo Imana ihora ikora, kabiri gatatu, igirira muntu,


Uhoraho ateganya iminsi y’ab’indakemwa, n’umugabane wabo uzahoraho ubuziraherezo.


Ndangwa n’inama n’ubushishozi, ndi ubwenge, mfite n’ububasha.


Ndagusingiza Uhoraho, uri Imana yanjye, ndamamaza izina ryawe, kuko wakoze ibitangaza bikomeye kandi bidahinduka, wagambiriye kuva kera na kare.


Ibyo na byo bikomoka kuri Uhoraho, Umugaba w’ingabo, wigaragaza nk’umujyanama mwiza, n’umuhanga mu kumenya gukora.


Nuko bakavuga bati «Ngaho natebuke, agire bwangu icyo ashaka gukora tukibone. Umugambi wa Nyirubutagatifu wa Israheli niwigaragaze, niwuzuzwe maze tuwumenye.»


Ese hari uwigeze ajya mu nama y’Uhoraho, ngo yitegereze kandi yumve ijambo rye? Ni nde witondeye ijambo rye maze akaryumva?


Imigambi yawe irahebuje kandi urangwa n’ibikorwa bikomeye. Witegereza imyifatire ya buri muntu, maze buri wese ukamuhemba ibihwanye n’imyifatire ye, mbese ibikwiranye n’ibikorwa bye!


Ni we uzubaka Ingoro y’Uhoraho, ni we uzambara imyambaro y’icyubahiro, akicara ku ntebe ya cyami kugira ngo ategeke. Umuherezabitambo azicarana na we ku ntebe ye ya cyami, maze bombi bazahamye icyizere nyakuri hagati yabo . . . ’


Abanyamahanga babyumvise barishima, basingiza ijambo rya Nyagasani, n’abari baragenewe ubugingo bose baremera.


uwo muntu rero, bikurikije umugambi udakuka w’Imana, amaze gutangwa, mwaramwishe mumubambisha ku musaraba amaboko y’abagome.


kuko nabamenyesheje umugambi wose w’Imana, nta cyo mbakinze.


Ubu rero mbaragije Nyagasani kugira ngo abababarire, maze abakomereshe ijambo rye, kandi ku bwa ryo abahe umurage hamwe n’abatagatifujwe bose.


kugira ngo ubahumure amaso, ubahindure bave mu mwijima bagane urumuri, bave mu ngoma ya Sekibi bagarukire Imana; kugira ngo nibanyemera bagirirwe imbabazi z’ibyaha, kandi bahabwe umurage hamwe n’abatagatifujwe.’


Barangiza batyo imigambi yawe yose wari waragennye kuva kera, ku bw’ububasha bwawe n’ubushake bwawe.


«Koko rero, ni nde wamenye igitekerezo cya Nyagasani, cyangwa ni nde wamubereye umujyanama,


Kandi ubwo turi abana, turi n’abagenerwamurage; abagenerwamurage b’Imana, bityo n’abasangiramurage ba Kristu niba ariko tubabarana na We ngo tuzahabwe ikuzo hamwe na We.


Tuzi kandi ko byose bihira abakunda Imana, ari bo yihamagariye ku bwende bwayo.


Abo yamenye kuva kera, yanabageneye guhabwa isura y’Umwana wayo ngo abe umuvukambere mu bavandimwe benshi.


Abo yabigeneye kandi, abo ngabo yarabahamagaye; abo yahamagaye kandi, abo ngabo yabahaye kuba intungane; abo yahaye kuba intungane, abo ngabo yanabahaye ikuzo.


Igihe abana bataravuka, nta cyiza cyangwa ikibi barakora, kugira ngo umugambi w’Imana ukomeze ushingire ku butore,


Kuko iyaba umurage watangwaga ku bw’itegeko, ntibyaba bikibaye ku bw’isezerano. Nyamara ineza Imana yagiriye Abrahamu, yayigiriye isezerano.


ari na We musogongero w’umugabane twagenewe, ubanziriza icungurwa ry’umuryango Imana yironkeye, ngo ihore isingirizwa ikuzo ryayo.


Ubonye yamurikiye amaso y’umutima wanyu, mugasobanukirwa n’ukwizera mukesha ubutorwe bwanyu, n’ikuzo rihebuje muzigamiweho umurage hamwe n’abatagatifujwe,


Igena ityo mbere y’igihe, ko tuzayibera abana yihitiyemo, tubikesheje Yezu Kristu. Uko ni ko yabyishakiye ku buntu bwayo,


ikaba yarabudusesekajemo ibigiranye ubuhanga n’ubumenyi bwose.


Yaduhishuriye ibanga ry’ugushaka kwayo, wa mugambi wuje urugwiro yari yifitemo kuva kera,


nk’uko yabigambiriye kuva kera na kare muri Kristu Yezu Umwami wacu.


ariko mwebwe Uhoraho yarabafashe, abakura mu itanura rishongesha ubutare ari ryo Misiri, kugira ngo mumubere umuryango, ubukonde bwe, nk’uko mumeze ubu ngubu.


Nimunezerwe kandi mushimire Imana Data watumye mugira umugabane ku murage w’abatagatifujwe bari mu mucyo.


muzirikana ko muzahembwa na Nyagasani umurage yageneye abe. Nyagasani Kristu ni We mukorera.


witanze kubera twebwe, kugira ngo aturokore ubugome bwose kandi yuhagire umuryango ugenewe kuba ubukonde bwe no kugira ishyaka ryo gukora icyiza cyose.


kugira ngo tube intungane, kandi twiringire kuzahabwa umurage w’ubugingo bw’iteka, tubikesha ubuntu bwayo.


Ni cyo cyatumye Imana ubwayo ikoresha indahiro ngo igaragarize abo yageneye isezerano ko umugambi wayo udakuka.


Nimwumve, bavandimwe nkunda! Mbese nyine, Imana si Yo yahisemo abakene muri iyi si, kugira ngo babe abakungahazwe mu kwemera, n’abagenerwamurage b’Ingoma Imana yasezeranyije abayikunda?


no kugira ngo dutunge umurage udashobora gushanguka, kwandura cyangwa guserebera, ari wo ubazigamiwe mu ijuru,


Ntimukiture undi inabi yabagiriye, cyangwa ngo nabatuka mumusubize; ahubwo mwifurizanye umugisha, kuko ari cyo mwahamagariwe, kugira ngo muzahabwe umugisha ho umurage.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan