Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abefeso 1:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 ngo izawuzuze ibihe bigeze: umugambi wo gukoranyiriza ibintu byose ku Mutware umwe rukumbi, Kristu, ari ibiri mu ijuru, ari n’ibiri ku isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 kugira ngo ibihe nibisohora ibone uko iteraniriza ibintu byose muri Kristo, ari ibiri mu ijuru cyangwa ibiri mu isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 kugira ngo igeze byose ku gihe yagennye, isohoze umugambi wayo wo kwegurira Kristo ibintu byose abibere Umutware, ari ibiri mu ijuru cyangwa ibiri ku isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 kugira ngo igeze byose ku gihe yagennye, isohoze umugambi wayo wo kwegurira Kristo ibintu byose abibere Umutware, ari ibiri mu ijuru cyangwa ibiri ku isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abefeso 1:10
29 Iomraidhean Croise  

Inkoni y’ubwami ntizatirimuka mwa Yuda, n’inkoni y’ubutware ntizajya kure y’ibirenge bye, kugeza igihe Uwo igenewe azazira, Uwo amahanga azayoboka.


Muri iyo minsi, nzegura inzu ya Dawudi yari igiye kugwa, nzasane ibyuho byayo, nzegure ahari harasenyutse; nzayihagarika nyisubize uko yahoze kera,


Ngaha ngiye kohereza intumwa yanjye kugira ngo intunganyirize inzira. Ni bwo Umutegetsi mushaka azaza mu Ngoro ye abatunguye; koko rero, Umumalayika w’isezerano mwifuza, nguyu araje! Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga.


Ibihugu byose bizakoranyirizwe imbere ye, maze azatandukanye abantu nk’uko umushumba asobanura intama n’ihene.


«Igihe kirageze, none Ingoma y’Imana iregereje. Nimwisubireho maze mwemere Inkuru Nziza!»


Ibyababayeho biraducira amarenga, kandi byandikiwe kutuburira, twe twegereje amagingo ya nyuma.


Nyamara dore icyo mukwiye kumenya: Kristu ni we mugenga wa buri mugabo, umugore na we akagengwa n’umugabo; na we Kristu akagengwa n’Imana.


ariko igihe cyagenwe kigeze, Imana yohereje Umwana wayo, avuka ku mugore, kandi avuka agengwa n’amategeko,


«Ishyira rero byose mu nsi y’ibirenge bye». kandi mbere ya byose imugira umutwe wa Kiliziya,


Yakuyeho itegeko n’amabwiriza ariherekeza, kimwe n’imigenzo yabyo, kugira ngo bombi, ari Umuyahudi, ari n’utari we, abahindure umuntu umwe mushya muri We, bityo agarure amahoro,


Yo icyitwa ububyeyi cyose gikomokaho, ari mu ijuru, ari no ku isi,


Ngira ngo mwamenye ingabire Imana yampaye ku buntu, ari mwe ibigirira, kugira ngo isohoze umugambi wayo,


kuko byose byaremewe muri We, ari ibiri mu ijuru, ari n’ibiri ku isi. Ibigaragara n’ibitagaragara, Ibinyabubasha n’Inganji, Ibikomangoma n’Ibihangange: byose byaremwe na We, kandi ni We byaremewe;


kandi muri We yiyunga n’ibiriho byose, ndetse ari We ibigirira, ari ibiri ku isi, ari n’ibiri mu ijuru, byose ibisakazaho amahoro aturutse ku maraso ye yameneye ku musaraba.


Icyo gihe rero ntihaba hakivugwa Umugereki cyangwa Umuyahudi, uwagenywe cyangwa utagenywe, umunyeshyanga cyangwa Umushiti, umucakara cyangwa uwigenga; ahubwo haba havugwa gusa Kristu, uba byose muri bose.


natwe muri iyi minsi turimo, ari na yo y’imperuka, yatubwirishije Umwana wayo, ari We yageneye kwegurirwa byose, akaba ari na We yabiremesheje byose iyo biva bikagera.


kuko Imana yari iduteganyirije ibyiza biruseho, ntiyashatse kubageza ku ndunduro yabyo, tutari kumwe.


Ubwo ishingiye ku biribwa, ku binyobwa no kwisukurisha amazi, ni imihango iringaniye n’intege nke z’abantu, yemewe kuzageza igihe Imana izavugururira byose.


Kristu ni We watoranyijwe mbere y’ihangwa ry’isi, kandi agaragazwa mu bihe by’indunduro ku mpamvu yanyu.


Baririmba rero indirimbo nshya, bavuga bati «Ukwiriye guhabwa igitabo no guhambura ikashe zigifunze, kuko wishwe, maze ku bw’amaraso yawe ugacungurira Imana abantu bo mu miryango yose, mu ndimi zose, mu bihugu byose, no mu mahanga yose, maze


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan