Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 8:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nyuma y’ibyo ukoranyirize imbaga yose y’Abayisraheli imbere y’umuryango w’ihema ry’ibonaniro.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 uteranirize iteraniro ryose ku muryango w'ihema ry'ibonaniro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 uhamagaze Abisiraheli bose bateranire imbere y'Ihema ry'ibonaniro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 uhamagaze Abisiraheli bose bateranire imbere y'Ihema ry'ibonaniro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 8:3
16 Iomraidhean Croise  

Dawudi akoranya imbaga yose, kuva ku mugezi wa Misiri kugeza i Lebo‐Hamati, kugira ngo bavane Ubushyinguro bw’Imana i Kiriyati‐Yeyarimu.


Dawudi akoranyiriza Abayisraheli bose i Yeruzalemu kugira ngo bazamure Ubushyinguro bw’Uhoraho babujyane ahantu yabuteganyirije.


Mu kwezi kwa kabiri abantu benshi bateranira i Yeruzalemu kugira ngo bizihize iminsi mikuru y’imigati idasembuye; ryari ikoraniro rinini cyane.


Umwami, n’abanyacyubahiro be, n’ikoraniro ryose ry’i Yeruzalemu bemeranya gutagatifuza Pasika mu kwezi kwa kabiri.


Ikoraniro ryose ry’Abayuda ririshima, hamwe n’abaherezabitambo, n’abalevi, n’ikoraniro ryavuye muri Israheli, n’abaturage bavuye mu gihugu cya Israheli kandi batuye muri Yuda.


Nuko Salomoni akoranyiriza i Yeruzalemu abakuru ba Israheli, abatware bose b’imiryango n’ibikomangoma byose byo mu mazu y’Abayisraheli, kugira ngo bazamure Ubushyinguro bw’Isezerano ry’Uhoraho, babuvane mu Murwa wa Dawudi, ari wo Siyoni.


Umwami Salomoni n’ikoraniro ryose rya Israheli rimukikije imbere y’Ubushyinguro, batura ibitambo by’amatungo magufi n’amaremare adashobora kubarwa no kurondorwa kubera ubwinshi bwayo.


maze imbaga yongera gukoranira ku kibuga cy’imbere y’Irembo ry’Amazi, bose bashyize hamwe. Nuko babwira Ezira, umwanditsi, ngo azane igitabo cy’Amategeko ya Musa, Uhoraho yari yarahaye Israheli.


Kuko atigeze yirengagiza cyangwa ngo yinube umunyabyago wazahajwe n’ubutindahare, ngo amuhishe uruhanga rwe, ahubwo akamwumva igihe amutakiye.


Umuherezabitambo urangiza uwo muhango, amurika uwo muntu ugomba gusukurwa hamwe n’amaturo ye, imbere y’Uhoraho ku muryango w’ihema ry’ibonaniro.


«Hamagara Aroni n’abahungu be, kandi wiyegereze imyenda y’umuherezabitambo, amavuta yo gusiga, ikimasa cyo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha, amasekurume y’intama abiri, hamwe n’igitebo cyuzuye imigati idasembuye.


Musa agenza uko Uhoraho yari yamutegetse, maze imbaga yose ikoranira imbere y’umuryango w’ihema ry’ibonaniro.


«Tora inkoni yawe, wowe n’umuvandimwe wawe Aroni, mukoranye imbaga, maze mu maso yayo mubwire urutare rubahe amazi. Urwo rutare urarubyaza amazi, uyahe imbaga inywe hamwe n’amatungo yabo.»


Bavuyeyo, bagera ahitwa i Beri ari byo kuvuga ’Iriba’. Aho kandi ni ho Uhoraho yabwiriye Musa, ati «Koranya imbaga yose maze nyihe amazi.»


Uzajyana Abalevi imbere y’ihema ry’ibonaniro, maze ukoranye imbaga yose y’Abayisraheli.


Umunsi wa Pentekositi uragera, bose bakaba bakoraniye hamwe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan