Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 8:23 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

23 Musa arayisogota, hanyuma yafashe ku maraso yayo, ayasi ga Aroni ku kireberebe cy’ugutwi kw’iburyo, ku gikumwe cy’ikiganza cy’iburyo, no ku ino rinini ry’ikirenge cy’iburyo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

23 Mose arayibīkīra, yenda ku maraso yayo, ayakoza hejuru ku gutwi kw'iburyo kwa Aroni, no ku gikumwe cye cy'iburyo, no kw'ino rye ry'iburyo rinini.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

23 Musa arayica afata ku maraso yayo, ayasīga ku gutwi kw'iburyo kwa Aroni no ku gikumwe cy'iburyo cy'ikiganza cye n'icy'ikirenge.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

23 Musa arayica afata ku maraso yayo, ayasīga ku gutwi kw'iburyo kwa Aroni no ku gikumwe cy'iburyo cy'ikiganza cye n'icy'ikirenge.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 8:23
18 Iomraidhean Croise  

Uzabage iyo mpfizi y’intama, maze wende ku maraso yayo, uyarabe ku gikobokobo cy’ugutwi kw’iburyo kw’Aroni, no ku gikobokobo cy’ugutwi kw’iburyo kw’abahungu be, no ku gikumwe cy’ikiganza cyabo cy’iburyo, no ku ino rinini ry’ikirenge cyabo cy’iburyo, maze usese amaraso ku mpande zose z’urutambiro.


Uzende amaraso azaba ari ku rutambiro, n’amavuta yo gusiga, maze ubimishe kuri Aroni no ku myambaro ye, ku bahungu be no ku myambaro yabo. Bityo, azaba yeguriwe Uhoraho, we n’imyambaro ye, kimwe n’abahungu be n’imyambaro yabo.


Umuherezabitambo akoza urutoki mu maraso y’igitambo cy’indishyi y’akababaro, agasiga uwisukurisha ku kireberebe cy’ugutwi kw’iburyo, ku gikumwe cy’ikiganza cy’iburyo, no ku ino rinini ryo ku kirenge cy’iburyo.


Amavuta asigaye ku rushyi, umuherezabitambo ayasiga uwisukurisha ku kireberebe cy’ugutwi kw’iburyo, ku gikumwe cy’ikiganza cy’iburyo, no ku ino rinini ryo ku kirenge cy’iburyo. Ubwo nyine asiga ayo mavuta aho yasize ya maraso y’igitambo cy’indishyi y’akababaro.


Namara kwica umwana w’intama w’igitambo cy’indishyi y’akababaro, amaraso yawo azayasiga uwisukurisha ku kireberebe cy’ugutwi kw’iburyo, ku gikumwe cy’ikiganza cy’iburyo, no ku ino rinini ryo ku kirenge cy’iburyo.


Naho ayo mavuta ari ku rushyi, umuherezabitambo ayasiga uwisukurisha ku kireberebe cy’ugutwi kw’iburyo, ku gikumwe cy’ikiganza cy’iburyo, no ku ino rinini ry’ikirenge cy’iburyo. Ubwo nyine asiga ayo mavuta aho yasize ya maraso y’igitambo cy’indishyi y’akababaro.


Ngiryo rero itegeko rigenga umuhango w’ibitambo by’impongano y’icyaha, iby’indishyi y’akababaro hamwe n’iby’ubuhoro. Ni na ryo kandi rigenga umuhango wo gushyiraho umuherezabitambo mushyashya.


Bavandimwe rero, mbinginze ku bw’impuhwe z’Imana: nimuture imibiri yanyu, ibe igitambo nyabuzima, gitagatifu kandi kinyuze Imana; ngiryo iyobokamana ryabava ku mutima.


Kandi imibiri yanyu ntimukayegurire icyaha ngo ibe intwaro z’ukugira nabi, ahubwo nimugandukire Imana nk’abazima bavuye mu bapfu, imibiri yanyu muyegurire Imana ibe intwaro z’ubutungane.


Ndavuga ku buryo bw’abantu mbitewe n’intege nke zanyu. Ubwo mwari mwareguriye imibiri yanyu gukora ibiterasoni n’ubwigomeke, noneho rero nimuyegurire ubutungane butanga ubutagatifu.


kuri Kiliziya y’Imana iri i Korinti, ari yo mwebwe abatagatifurijwe muri Yezu Kristu, mugahamagarirwa kuba intungane hamwe n’abandi bose biyambaza, aho bari hose, izina rya Nyagasani Yezu Kristu, Umwami wabo n’uwacu:


Ni yo mukesha kuba muri Kristu Yezu, we watubereye ku bw’Imana ubuhanga n’ubutungane, akaba ari we kandi udutagatifuza akanaturokora.


Mwacungujwe igiciro gihambaye! Nimusingirize rero Imana mu mubiri wanyu.


Icyo ntegereje kandi nizeye ndashidikanya, ni uko ntazakorwa n’isoni ahubwo ubu n’iteka ryose nzahesha Kristu ikuzo nta mususu, haba mu bugingo bwanjye, haba mu rupfu rwanjye.


Kandi n’aho byaba ngombwa ko mena amaraso yanjye, akamishwa ku gitambo no ku ituro ry’ukwemera kwanyu, byanshimisha, kandi nasangira namwe mwese ibyo byishimo.


naho ikibi cyose mucyirinde.


Mu by’ukuri, byari bikwiye ko Imana, Yo irema byose ikabibeshaho, igira ikirenga Umwana wayo — ari we uburokorwe bwose buturukaho —, imunyujije mu bubabare, ngo ibonereho kwigarurira abana batabarika basangira ikuzo ryayo.


Nubwo yari Mwana bwose, ibyo yababaye byamwigishije kumvira;


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan