Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 7:21 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

21 Nanone kandi, uzaziryaho yakoze ku muntu wahumanijwe, ku nyamaswa yahumanijwe, na we azacibwe mu muryango we.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

21 Kandi umuntu nakora ku kintu cyose gihumanya, igihumanya kiva mu muntu, cyangwa itungo rihumanya, cyangwa inyamaswa ihumanya, cyangwa ikindi cyose gihumanya kikazira, akarya ku nyama z'igitambo cy'uko umuntu ari amahoro, kandi nyiracyo ari Uwiteka, uwo muntu azakurwe mu bwoko bwe.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

21 Uzaziryaho yakoze ku muntu uhumanye cyangwa inyamaswa ihumanye cyangwa ku kintu cyose kizira, ajye acibwa mu bwoko bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

21 Uzaziryaho yakoze ku muntu uhumanye cyangwa inyamaswa ihumanye cyangwa ku kintu cyose kizira, ajye acibwa mu bwoko bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 7:21
31 Iomraidhean Croise  

Ariko utazagenywa wese, umwana w’umuhungu batazakuraho agahu ko ku mubirigabo we, uwo muntu azacibwe mu muryango wamubyaye, azaba yarishe Isezerano ryanjye.»


Uhoraho yungamo ati «Mu minsi irindwi, muzajya murya imigati idasembuye. Guhera ku munsi wa mbere, muzavane mu mazu yanyu icyitwa umusemburo cyose. Kandi nihagira urya umugati usembuye, kuva ku munsi wa mbere kugeza ku munsi wa karindwi, uwo azaba aciwe muri Israheli.


Mu minsi irindwi ntihazagire imisemburo iba mu mazu yanyu. Kandi nihagira urya umugati usembuye, uwo muntu azaba aciwe mu ikoraniro rya Israheli; yaba umusuhuke, yaba umwenegihugu.


Babwire rero uti ‘Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze: Muraryana inyama n’amaraso yazo, murubura amaso mukitegereza ibigirwamana byanyu, mukamena amaraso, none ngo muzatunga iki gihugu?


Nuko ndavuga nti «Nyabuneka, Nyagasani Uhoraho, nta bwo nigeze nandavura na rimwe. Kuva mu bwana bwanjye kugeza ubu, nta bwo ndigera ndya inyamaswa yanizwe cyangwa yatanyaguwe n’izindi, ndetse n’inyama zahumanye ntizigeze zingera ku munwa.»


Igisimba cyose kiguruka kandi kikagira amaguru ane, ni umuziro kuri mwe.


Uhoraho abwira Musa, ati


Umuntu wese wo mu nzu ya Israheli cyangwa umunyamahanga ubatuyemo nibanywa amaraso, nzabarakarira maze mbace mu muryango wabo.


Impamvu ni uko, igihe cyose ikiremwa kiba kigihagaze, amaraso yacyo aba ari yo buzima bwacyo. Ni cyo gituma nabwiye Abayisraheli ko batazanywa amaraso y’ikiremwa icyo ari cyo cyose, kuko amaraso yacyo aba ari yo buzima bwacyo. Uzayanywa, azacibwe mu muryango we.


Ariko rero, umuntu wese uzakora na rimwe muri ayo mahano, azacibwe mu muryango we.


ndetse ahubwo icyaha cyo kuba yandaritse igitambo cy’Uhoraho, cyamuhama. Uwakora ibyo rero, yacibwa mu muryango we.


Jyewe, nzarakarira uwo muntu, muce mu muryango we, kuko azaba yatuye Moleki umwe mu bana be, akanduza Ingoro yanjye, kandi agasuzugura izina ryanjye ritagatifu.


Umuntu wo mu nkomoko yanyu naba arangwaho ubwandure, azirinde kwegera amaturo matagatifu Abayisraheli bantura. Uzabirengaho bazamwigiza kure yanjye. Kuva mu gisekuruza kugera mu kindi, ibyo bizababere itegeko ridakuka. Ndi Uhoraho.


Umuntu wo mu nkomoko ya Aroni naba arwaye ibibembe cyangwa aninda igitsina, azirinde kurya ku maturo matagatifu mbere y’uko yisukura. Umuntu wese wahumanye agomba kubigenza atyo, yaba uwandujwe no gukora undi wakoze intumbi, yaba uwatakaje intanga,


Bityo rero, utazasiba kurya ku munsi nk’uwo, azacibwa mu muryango we.


Naho rero, umuntu wese uzaba yifitemo ubwandure, maze akarenga akarya kuri izo nyama z’igitambo cy’ubuhoro gituwe Uhoraho, uwo nyine azacibwa mu muryango we».


Uhoraho abwira Musa, ati


Koko rero, umuntu wese uzarya ibinure by’itungo ryakongokeye Uhoraho, uwo nguwo azacibwe muri bene wabo.


Umuntu uzabicaho akanywa amaraso ayo ari yo yose azacibwe muri bene wabo.»


Icyo umuntu uhumanijwe azakoraho cyose, kizaba cyanduye, kandi umuntu uzakora kuri icyo kintu azaba ahumanijwe kugeza nimugoroba.


naho idafite amababa yogesha, kimwe n’isharankima, muzirinde kuyirya; yabahumanya.


Ntuzarye ikintu cyose kizira.


Uwo munsi umwami ntiyagira icyo avuga, kuko yibwiraga ati «Wenda hari icyamugwiririye, cyangwa se birashoboka ko yabonye adatunganye.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan