Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 7:18 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

18 Nihagira umuntu urenga kuri ibyo, maze ku munsi wa gatatu akarya ku nyama z’igitambo cye cy’ubuhoro, icyo gihe, nta bwo icyo gitambo cyakwakiranwa ishimwe kandi n’uwagituye na we ntiyagishimirwa. Inyama zacyo ziba zanduye; uwaziryaho wese yaba yihamije icyaha.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

18 Ariko nihagira inyama z'igitambo cy'uko ari amahoro ziribwa ku wa gatatu ntikizemerwa, ntikizabarwa ku wagitambye, kizaba ikizira ukiriyeho azagibwaho no gukiranirwa kwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

18 Nibazirya nyuma y'iyo minsi ibiri, Uhoraho ntazemera icyo gitambo, n'uwagituye kizamubera impfabusa kuko inyama ziba zihumanye. Uwaziryaho wese aba akwiriye kubihanirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

18 Nibazirya nyuma y'iyo minsi ibiri, Uhoraho ntazemera icyo gitambo, n'uwagituye kizamubera impfabusa kuko inyama ziba zihumanye. Uwaziryaho wese aba akwiriye kubihanirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 7:18
31 Iomraidhean Croise  

Igitambo cy’abagiranabi gitera Uhoraho ishozi, ariko amasengesho y’intabera akamushimisha.


bibera mu marimbi, bakarara amajoro mu buvumo, barya inyama z’ingurube, bagashyira ku mbehe zabo ibyahumanye!


Kugira ngo bature igitambo, bica ikimasa, ariko kandi bakica n’umuntu! Basogota umwana w’intama, bagahotora n’imbwa! Bahereza ituro, rikaba ari amaraso . . . y’ingurube! Bagira urwibutso rw’ububani, nyamara bakosa . . . ikigirwamana ! Koko rero, abo bantu bihimbiye inzira zabo bwite, bishimira kuguma mu mahano yabo.


Uhoraho abwiye atya uwo muryango: Koko bakunda kubungera, ntibitondere ingendo zabo. Kubera ko badashimisha Uhoraho, ubu arabibutsa ububi bwabo, akabahanira amakosa yabo.


N’iyo basiba, sinakumva amaganya yabo, n’iyo bantura ibitambo bitwikwa n’andi maturo, nta bwo byanshimisha. Nzabatsembesha inkota, inzara n’icyorezo.»


Uwacumuye ni we uzapfa. Umwana ntazazira ibicumuro bya se cyangwa ngo umubyeyi azire ibicumuro by’umwana we; intungane izahemberwa ubutungane bwayo, n’umugiranabi ahanirwe ubugiranabi bwe.


Bakunda kuntura ibitambo, no kurya inyama zabyo, nyamara jye Uhoraho, ntibinshimisha. Kuva ubu nzakomeza kwibuka amakosa yabo, mbaryoze ibyaha byabo, basubire mu Misiri.


«Ni kuki kiriya gitambo mutakiririye ahantu hatagatifu kandi ari umugabane mutagatifu rwose? Uhoraho yari yarakibahaye kugira ngo ikoraniro ryose rikorere mu maso ye umuhango wo kwihanaguraho icyaha.


Aroni abwira Musa, ati «Umva, kuri uwo munsi Abayisraheli bamurikiye Uhoraho ibitambo by’impongano y’icyaha hamwe n’ibitambo bitwikwa, none dore ibyambayeho. Ubu se ku munsi nk’uwo Uhoraho yashima ko ndiye igitambo cy’impongano y’icyaha?»


Udusimba twose tujagata ku butaka, muratuzira, ntimuzaturye.


Utazamesa imyambaro ye, maze ngo yiyuhagire, icyaha cye kizamuhama.’»


Nimutura Uhoraho igitambo cy’ubuhoro, dore uko muzagenza kugira ngo gishimwe:


Umugabo narongora mushiki we basangiye se cyangwa nyina, maze bombi bakabonana bambaye ubusa, bizaba ari ishyano. Muzakoranya imbaga, maze mubace mu muryango wabo. Uwo mugabo aba yasambanije mushiki we, icyo cyaha cye kiba kigomba kumuhama.


Ntuzasambanye nyoko wanyu cyangwa nyogosenge. Uzabikora azaba yambitse ubusa uwo basangiye umubiri umwe; bombi rero, icyo cyaha kizabahama.


Abazarya kuri ayo maturo matagatifu batabigenewe, bazaba bihamije icyaha bagomba kwicuza. Ndi Uhoraho ubatagatifuza.»


Itungo rigufi cyangwa rirerire niriba ryararemaye cyangwa ryarazonzwe, ushobora kurituraho igitambo witangiye ku bushake bwawe. Ariko rero icyo gitambo nikiba ari icy’umuhigo wahize, iryo tungo ntirishobora kwemerwa.


Ntihazagire umunyamahanga ubaha amatungo nk’ayo ngo muyature Uhoraho ho ibiribwa. Kubera ko ayo matungo baba barayakuyeho urugingo, aba afite inenge. Muyatuye rero, nta bwo mwabishimirwa.»


Niba umuntu yakoze icyaha atabizi, agaca kuri kimwe mu byabujijwe n’amategeko y’Uhoraho, bityo agacumura, akigerekaho umutwaro w’icyaha cye,


Ubundi kandi, inyama yose izaba yakoze ku kintu cyahumanijwe ntimuzayirye, ahubwo muzayitwike. Umuntu wese usukuye ashobora kurya ku nyama z’icyo gitambo.


igihe muntura ibitambo bitwikwa, no mu maturo yanyu nta na rimwe rinshimisha; sinduha ndeba n’ibitambo byanyu by’ibimasa.


Nibura nihaboneke umwe muri mwe akinge inzugi z’Ingoro, kugira ngo mutava aho mwongera gucana umuriro w’impfabusa ku rutambiro rwanjye! Sinkibishimira na gato, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga, n’amaturo yanyu ndayanze!


Murongera muti «Uyu murimo uraruhanyije!» maze mukansuzugura, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga. Murazana itungo munyaze, iricumbagira cyangwa irirwaye, mukarintura; bene ayo maturo, nshobora se kuyakira? Uwo ni Uhoraho ubivuga.


Iryo ni ryo rizaba ituro ryanyu, nk’uko abandi Bayisraheli na bo batura divayi nshyashya cyangwa ingano bayoye ku mbuga bazihuriraho.


Yezu arababwira ati «Mukunda kwigira intugane mu maso y’abantu, ariko Imana izi imitima yanyu. Koko icyo abantu baha agaciro, ni cyo kiba kigayitse mu maso y’Imana.


Nyuma ukugenywa yaguhaweho ikimenyetso, irango ry’ubutungane akesha ukwemera yagize ataragenywa, kugira ngo abe umubyeyi w’abemera bose batagenywe, ngo bahabwe kuba intungane,


ni na ko Kristu yatuweho igitambo rimwe rizima kugira ngo avaneho ibyaha by’abantu batabarika, nyuma akazaza ubwa kabiri, bitagifite amahuriro n’icyaha, azaniye uburokorwe abamutegereje bose.


We wajyanye ibyaha byacu mu mubiri we bwite ku musaraba, kugira ngo nitumara gupfa ku byaha, tubeho mu butungane. Ni We nyir’ibikomere byabakijije.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan