Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 6:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Ku rutambiro, hagomba guhora haka umuriro ubutazima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Umuriro wake ku gicaniro urudaca, ntugasinzire.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Umuriro ujye uhora waka ku rutambiro, ntukigere uzima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Umuriro ujye uhora waka ku rutambiro, ntukigere uzima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 6:6
8 Iomraidhean Croise  

barahirira ko bemeye kwirukana abagore babo, kandi bagatura na rugeyo imwe ho impongano y’icyaha cyabo;


Dukoresheje ubufindo, twagennye igihe cyo mu mwaka buri muntu, yaba umuherezabitambo, umulevi cyangwa se undi wo muri rubanda, azajya agemura inkwi mu Ngoro y’Imana yacu; igihe cyabo nikigera abantu bo muri buri nzu, bazajya bazizana, kugira ngo zitwikirwe ku rutambiro rw’Uhoraho Imana yacu, nk’uko byanditswe mu Mategeko.


naho icyumba giteganye n’amajyaruguru, kikaba cyaragenewe abaherezabitambo bashinzwe imirimo yo ku rutambiro. Abo rero, ni bene Sadoki bo mu muryango wa Levi, bagenewe kwegera Uhoraho ngo bamukorere.»


Umuherezabitambo afata umwana w’intama wa mbere akawuturaho igitambo cy’indishyi y’akababaro, kigaherekezwa na rwa rwabya rw’amavuta. Ibyo byose umuherezabitambo abimurika imbere y’Uhoraho.


«Umuntu nakora ishyano biturutse ku burangare akabigira yima Uhoraho ibyamugenewe, indishyi y’akababaro azazanira Uhoraho igomba kuba ari imfizi y’intama idafite inenge, itoranyiiwe mu matungo magufi, kandi ifite agaciro k’umubare uringaniye w’amasikeli y’ifeza, apimiye kuri sikeli y’Ingoro, maze ayitureho igitambo cy’indishyi y’akababaro.


azazanire umuherezabitambo imfizi y’intama idafite inenge itoranyijwe mu matungo magufi, bikurikije igiciro cyagenwe ku bitambo by’indishyi y’akababaro. Umuherezabitambo namara gukorera kuri uwo muntu umuhango wo kumuhanaguraho icyaha yakoze biturutse ku burangare cyangwa ubujiji, ubwo azaba akibabariwe.


Niba umuntu afite amikoro make, akaba adashobora kubona rimwe mu matungo magufi, nashaka gutura igitambo cy’impongano y’icyaha, azazanire Uhoraho intungura ebyiri cyangwa inuma ebyiri, imwe izaturweho igitambo cy’impongano y’icyaha, indi ibe iy’igitambo gitwikwa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan